Christian Atsu: Umurambo we wasezeweho bwa nyuma i Accra mbere yo gushyingurwa

Umurambo wa Atsu utwawe n'abasirikare
Yatangajwe

Abantu amagana barimo na perezida wa Ghana bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma Christian Atsu, wapfuye mu kwezi gushize mu mutingito wo muri Turkiya.

Kumusezeraho byabereye imbere y’ibiro by’umukuru w’igihugu mu murwa mukuru Accra wa Ghana.

Marie-Claire Rupio, umupfakazi yasize, yasomye ubutumwa bw’akababaro aho yagize ati: “Mu buzima ndagukunda nshuti, no mu rupfu niko bimeze.”

Marie-Claire yagize agahinda gakomeye ananirwa kurangiza ubutumwa bwe abuha mushiki wa Atsu aba ariwe ukomeza kubusoma.

Bwakomeje bugira buti: “Ntiwagiye wenyine, kuko igice cyanjye cyajyanye nawe. Inseko yawe n’urukundo rwawe mbibona mu nseko z’abana bacu.”

Mu minsi ishize abafana ba Newcastle United bafashe umunota wo kumwibuka kuri stade

Ahavuye isanamu, PA Media

Insiguro y'isanamu, Mu minsi ishize abafana ba Newcastle United bafashe umunota wo kumwibuka kuri stade

Abahagarariye ikipe y’igihugu ya Ghana n’abahagarariye ikipe ya Hatayspor yakinagamo muri Turkiya nabo bari baje kumusezeraho.

Umurambo wa Atsu wabonetse hashize ibyumweru bibiri mu bisigazwa bya ‘appartement’ yabagamo yashenywe n’umutingito.

Hashize hafi ukwezi kumwe umurambo we usubijwe iwabo. Nyuma y’uyu muhango arashyingurwa iwabo ku ivuko mu majyepfo ya Ghana.

Atsu, wari ufite imyaka 31, igihe kinini yakinnye muri shampiyona y’Ubwongereza mu makipe arimo Chelsea, Newcastle na Everton mbere yo kujya muri Arabia Saoudite na Turkiya aho yaguye.

Atsu arashyingurwa iwabo ku ivuko none kuwa gatanu nyuma y'umuhango wo kumusezeraho i Accra

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Atsu arashyingurwa iwabo ku ivuko none kuwa gatanu nyuma y'umuhango wo kumusezeraho i Accra

Yakiniye ikipe y’igihugu cye Black Stars imikino 65, anayifasha kugera ku mikino ya nyuma y’igikombe cya Africa cya 2015 muri Equatorial Guinea aho yahawe ibihembo by’igitego n’umukinnyi w’irushanwa.

Abanyaghana benshi babwiye BBC ko Atsu azibukirwa ku gukunda abantu, no gufasha abakene mu gihugu cye.

Kuwa kabiri, amagana y’abantu bitabiriye umuhango wo gutambuka baca imbere y’umurambo we mu kumusezeraho.

Abavuza ingoma n’abacuranzi bari bitabiriye uwo muhango w’akababaro no guha icyubahiro Atsu.

Abakunzi be n'abo mu muryango we bari mu gahinda

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Abakunzi be n'abo mu muryango we bari mu gahinda
Yahawe icyubahiro mu buryo butandukanye
Insiguro y'isanamu, Yahawe icyubahiro mu buryo butandukanye
Bamwe bari bambaye ingofero n'inkono zimeze nka ruhago
Insiguro y'isanamu, Bamwe bari bambaye ingofero n'inkono zimeze nka ruhago
Abavuza ingoma muri uyu muhango i Accra

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Abavuza ingoma muri uyu muhango i Accra