Kenya: Minisitiri yahamwe no gusuzugura urukiko bijyanye n'ikigo cya Ebola gishyigikiwe n'Amerika

Ahavuye isanamu, Getty Images
Minisitiri w’ubuzima wa Kenya Aden Duale yahamwe no gusuzugura urukiko kubera uko yitwaye mu iyubakwa ry’ikigo cy’akato cya Ebola cyateje impaka, cyatewe inkunga n’Amerika.
Mu kwezi gushize, urukiko rukuru rwahagaritse iyubakwa ry’icyo kigo cy’akato giteganyijwe kugira ubushobozi bw’ibitanda 50 by’abarwayi, mu kigo cya gisirikare cyo mu mujyi wa Nanyuki, kugeza ubwo ikirego cyatanzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu kizaba kimaze kuburanishwa.
Ariko ku wa mbere, umucamanza yanzuye ko Duale yirengagije iryo tegeko agatuma uwo mushinga w’ubwubatsi ukomeza. Biteganyijwe ko akatirwa kuri uyu wa kabiri.
Icyo kigo cy’akato giteganyijwe kwakira Abanyamerika bacyekwaho kwandura Ebola yo mu kiza kiriho ubu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Iyo gahunda yateje urukurikirane rw’imyigaragambyo y’abarakajwe na byo yabereye i Nanyuki, umujyi uri mu ntera ya kilometero hafi 140 mu majyaruguru y’umurwa mukuru Nairobi.
Iyo myigaragambyo yapfiriyemo abantu batatu mu gihe abapolisi bageragezaga gutatanya abigaragambyaga.
Izindi nkuru wasoma:

