Afurika y'Epfo: Abakorerabushake bavuga ko nta bacukuzi bagiheze muri cya kirombe

Umucukuzi unanutse cyane w'intege nkeya azanywe ku mbangukiragutabara yari imutegereje nyuma yuko atabawe agakurwa mu kirombe

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Abacukuzi batabawe bagiye bajyanwa gusuzumwa kwa muganga
    • Umwanditsi, Mayeni Jones
    • Igikorwa, BBC News, i Johannesburg
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Abakorerabushake bakorana n'amatsinda y'ubutabazi bemeza ko nta bacukuzi bandi b'amabuye y'agaciro bagiheze munsi y'ubutaka mu kirombe cya zahabu cyo muri Afurika y'Epfo.

Imirambo nibura 78 hamwe n'abarokotse barenga 200 bakuwe muri icyo kirombe kuva ku wa mbere w'iki cyumweru, nyuma yuko urukiko rutegetse leta korohereza ibikorwa by'ubutabazi kuri icyo kirombe, ahabereye bimwe mu byago bidasanzwe byibasiye urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro.

Polisi yavuze ko kuri uyu wa kane igenzura niba nta muntu n'umwe usigaye muri icyo kirombe, ubwo akazu gakoze mu byuma kaba koherejwe muri icyo kirombe.

Ihangana ry'abo bacukuzi n'inzego za leta ryatangiye mu Gushyingo (11) kw'umwaka ushize, ubwo leta yategekaga polisi guta muri yombi umucukuzi uwo ari we wese wava muri icyo kirombe, ivuga ko yiyemeje gushyira iherezo ku bucukuzi bw'amabuye y'agaciro bunyuranyije n'amategeko.

Kuburira: Iyi nkuru irimo videwo ishobora gutera abantu bamwe guhangayika.

Mu ruzinduko bagiriye kuri icyo kirombe ku wa kabiri, minisitiri ushinzwe polisi na minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro batutswe n'imbaga y'abantu barakaye ndetse basabwa kuhava, ubwo iyo mbaga yegekaga kuri leta impfu z'abapfiriye muri icyo kirombe.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko polisi yavuze ko abacukuzi barenga 1,500 bari baramaze kuva muri icyo kirombe mbere yuko iki gikorwa cy'ubutabazi gitangira.

Ariko abandi bari basigayemo, kubera ko batinyaga gutabwa muri yombi nibavamo cyangwa kubera ko ibico by'abagizi ba nabi bigenzura icyo kirombe byabahatiraga kugumamo.

Avuga ku itangazo ry'abakorerabushake ryuko nta muntu n'umwe usigaye muri icyo kirombe, umuvugizi wa polisi y'Afurika y'Epfo yagize ati: "Tuzashingira ku rwego rw'ubutabazi mu birombe kugira ngo tubone kwemeza ibi tugendeye ku bikoresho bigezweho byarwo twizera ko bizashobora kuduha ishusho y'ibirimo kubera munsi.

"Urwego rw'ubutabazi mu birombe rwemeje ko muri iki gitondo rwohereza munsi akazu k'ibyuma kureba niba nta muntu n'umwe ukora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bunyuranyije n'amategeko ugera imusozi azanwe n'ako kazu. Kugeza ubu ntidushobora kwemeza neza niba igikorwa [cy'ubutabazi] cyarangiye."

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Mu myaka 30 ishize, ibirombe byinshi byo muri Afurika y'Epfo byatereranywe (byaretswe gutyo gusa) na kompanyi z'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro nyuma yo gusanga nta nyungu zikuramo ugereranyije n'amafaranga zikoresha muri ibyo birombe.

Ibyo birombe byigaruriwe n'ibico by'abagizi ba nabi, akenshi baba barahoze ari abakozi bo muri ibyo birombe n'ubundi, ibyo bico bikagurisha ku isoko rya magendu amabuye y'agaciro biba byabonye.

Ibyo birombe birimo n'iki kirombe cy'i Stilfontein, kiri mu ntera ya kilometero 145 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw'umujyi wa mbere munini w'iki gihugu wa Johannesburg. Iki kirombe cyabaye izingiro ry'ibikorwa bya leta byo guhashya ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bunyuranyije n'amategeko.

Akazu k'ubutabazi kamaze iminsi gakoreshwa ingendo zo kumanurwa mu kirombe ngo kagere munsi ahari abacukuzi, byibazwa ko ari mu ntera ya kilometero nibura ebyiri uvuye imusozi.

Abarokotse benshi nta biribwa n'amazi bari bafite guhera mu Gushyingo kw'umwaka ushize, bituma bananuka cyane ndetse bagaragara ko bafite intege nkeya. Ubu barimo kwitabwaho kwa muganga.

Insiguro ya video, Videwo bigaragara ko yerekana abantu bananutse cyane b'intege nkeya bo muri bamwe mu bacukuzi

Abategetsi bavuga ko abo bazaregwa ubucukuzi bunyuranyije n'amategeko, kwinjira ahantu nta ruhushya no kurenga ku mategeko ajyanye no kwinjira mu gihugu, kuko benshi mu bacukuzi ari abimukira badafite ibyangombwa bo mu bihugu bituranye n'Afurika y'Epfo.

Ejo ku wa gatatu, ubwo yashyigikiraga umurongo wo gukomeza ibintu (gukarira) leta yafashe kuri abo bacukuzi, Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro Gwede Mantashe yagize ati: "Ni icyaha ku bukungu, ni igitero ku bukungu."

Mbere yuko umusaruro w'urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro ugabanuka, Afurika y'Epfo yacungiraga cyane ku bacukuzi bava mu bihugu nka Lesotho na Mozambique.

Ubushomeri muri Afurika y'Epfo ubu buri ku kigero kirenga 30% ndetse benshi bahoze ari abacukuzi bavuga ko uburyo bundi bafite bwo kubagoboka mu mibereho ari bucyeya.