Nigeria: Uwahoze ari jenerali mu ngabo yishwe umugore we arashimutwa

Ahavuye isanamu, OLUKORO OF KORO PALACE
Abagabo bitwaje intwaro bishe barashe umutware gakondo, banashimuta umugore we n’undi muntu umwe mu majyepfo ashyira uburengarazuba bwa Nigeria, nk’uko abategetsi babivuga.
Kuwa kane nijoro, abateye bamennye binjira mu ngoro y'umutware Segun Aremu – wahoze mu gisirikare cya Nigeria afite ipeti rya jenerali ubu akaba yari mu bagize ubwami gakondo bw'ahitwa Koro.
Ntiharamenyekana neza abo bitwaje intwaro abo ari bo ndetse niba bashaka ingurane kubo bashimuse.
Ubu ni ubundi bwicanyi no gushimuta bibaye nyuma y’iminsi abaturage basaba leta guhagurukira byihutirwa iki kibazo.
Imiryango igera kuri 50 ya sosiyete sivile irasaba Perezida Bola Tinubu kugira icyo akora vuba. Ivuga ko abantu barenga 1,800 bashimuswe kuva yajya ku butegetsi muri Gicurasi(5) ishize.
AbdulRahman AbdulRazaq, guverineri w’intara ya Kwara ibi byabereyemo, yamaganye iki gikorwa avuga ko ari ibintu “biteye agahinda”, yizeza ko bazafata ababikoze.
Police ivuga ko ubu irimo guhiga ababikoze.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, abantu bitwaje intwaro bashimuse abana b’abanyeshuri batanu n’abalimu bane mu ntara ya Ekiti, basaba ingurane ya miliyoni 100 z’ama-Naira (miliyoni hafi 140 Frw) kugira babarekure.
Kuwa gatatu nijoro umwe mu bategetsi bakuru muri leta yashimutiwe mu gace ka Bwari mu murwa mukuru Abuja, hafi y’aho abakobwa batandatu bavukana na se ubabyara bashimutiwe mu kwezi gushize.
Umwe muri abo bakobwa yarashwe n’ababashimuse arapfa nyuma y’uko bavuze ko barimo gutinda guhabwa ingurane bifuza.
Vuba aha abakobwa babiri nabo barashimuswe mu kandi gace ka Abuja kitwa Kubwa. Ababatwaye basabye $25,000 (miliyoni 31 Frw) kugira ngo babarekure.
Gushimuta bigamije gusaba ingurane byarushijeho kwiyongera muri Nigeria mu myaka ya vuba aho abitwaje intwaro bibasira abagenzi, abanyeshuri, hamwe n’abaturage mu byaro no mu mijyi henshi mu gihugu.









