Burkina Faso: Imiryango y'abaheze mu kirombe ifite icyizere n'umujinya nyuma y'ibyumweru bitatu

Ahavuye isanamu, Ladji Bama
- Umwanditsi, Na Nomsa Maseko
- Igikorwa, BBC News
- Yatangajwe
Burkina Faso - Abo mu miryango y'abacukuzi umunani baheze mu kirombe cya zinc bitewe n'imyuzure mu kwezi gushize bavuga ko bafite ikizere ko baba bagihumeka.
Mubyara w'umwe mu baheze mu kirombe yabwiye BBC ati: "Hashize ibyumweru bitatu twese nta usinzira".
Nta urabasha kuvugana nabo kandi umugore w'umwe mu bagabo bahezemo avuga ko atishimiye uko ubutabazi no gutanga amakuru birimo gukorwa.
Ntabwo bizwi neza niba abo bantu barimo bakorera akazi muri 520m z'ubujyakuzimu imvura nyinshi yagwaga barabashije kujya mu byumba bibiri byo guhungiramo.
Abanya-Canada ba nyiri iki kirombe - kiri muri 100km mu burengerazuba bw'umurwa mukuru Ouagadougou - bavuga ko itsinda ry'abarimo kubashakisha rikora amasaha 24 ku munsi.
Hazanywe ibikoresho byabugenewe bivuye muri Ghana na Africa y'Epfo mu kwihutisha imirimo y'ubutabazi muri iki kirombe cy'ubujyakuzimu bwa 710m.
Ikigo Traveli Mining kivuga ko litiro miliyoni 32 z'amazi zimaze kuvanwa mu kirombe, bigafasha abatabazi kugera muri 550m mu bujyakuzimu.
Aho ni muri 30m urenze aho amazi yageraga nyuma y'imvura ikabije yo kuwa 16 Mata (4) yaciye amashanyarazi n'itumanaho.
Icyo gihe, mu gihe kitarenze isaha imwe, imvura ya 125mm yaraguye, iyo ni inshuro eshanu z'imvura isanzwe igwa mu kwezi.

Ahavuye isanamu, Ladji Bama
Umwe mu batabazi wavuganye n'ibiro ntaramakuru AFP avuga ko icyumba cyo guhungiramo bita 'survival room' kiri ku bujyakuzimu bwa 580m.
Ntabwo bizwi neza niba abo bacukuzi ariho bahungiye ndetse niba abatabazi bazagera aho hantu.
Charles Bama ni umwe mu banya-Burkina Faso batandatu, umu-Tanzania umwe n'umunya-Zambia umwe nibo baheze muri iki kirombe.
Yakouba Bama, mubyara wa Charles, yabwiye BBC ati: "Dufite icyizere, ariko tunafite umujinya."
Ibyagwiririye aba bakozi byateye uburakari muri Burkina Faso kuko ubutabazi bwatangiye ari uko habaye imyigaragambyo ku nyubako ya leta iri hafi aho nyuma y'iminsi itanu habaye imyuzure.
Yakouba avuga ku mpungenge z'umuryango ati: "Ntabwo tuzi niba hari umwuka uhagije cyangwa ibiribwa bagifite"
Brenda Mwamba, umugore wa Nune Ndonji umwe mu baheze mu kirombe, yabwiye BBC ko uburyo n'amakuru bahabwa ku bikorwa by'ubutabazi bidakwiye.
Mwamba yinubira ko byafashe iminsi itanu kugira ngo abashinzwe icyo kirombe bamugezeho amakuru y'ibyabaye aho aba muri Zambia.

Ahavuye isanamu, Ladji Bama
Mwamba ati: "Twabajije ubunini n'ubujyakuzimu bw'ikirombe, [ariko] ntibashoboye kuduha amakuru".
Gusa avuga ko agifite ikizere ko umugabo we yaba agihumeka, kandi ko igihe cyose uwo mugabo yahoranaga impungenge ku muryango we kubera aka kazi.
Ati: "Byose nabishyize mu maboko y'Imana. Niho mfite icyizere.
"Niwe byose ku muryango wacu, ku bana no kuri njyewe."
Leta yatangije iperereza ry'ubucamanza ku byabaye kandi abakuriye iki kirombe ntabwo bemerewe kuva muri iki gihugu.
Ricus Grimbeek umukuru wa Traveli avuga ko iyi kompanyi irimo gukorana n'inzego zose za leta kandi bashima ubufasha babona.
Mu itangazo, Traveli igira iti: "Twishimiye icyemezo cya leta cyo kuzana komite y'ubutabazi hafi y'ikirombe kugira ngo abo mu miryango y'ababuze babijyemo kurushaho kandi dufatanye kurushaho mu mirimo yo kubashakisha".
Mu bikorwa by'ubutabazi imbata y'ikirombe yasubiwemo, imiyoboro ya 5,000m hamwe n'imashini zipompa 24 zikoreshwa n'amashanyarazi n'izikoreshwa na mazutu byashyizweho, nk'uko Traveli ibivuga.












