Ukraine - USA: Abagore b'aba perezida bahuye mugihe America yatangaje ibihano bishya

Jill Biden na Olena Zelenska

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Olena Zelenska, ibumoso, na Jill Biden bahuriye ku ishuri mu mujyi wa Uzhhorod uri ku mupaka
Yatangajwe

Umugore wa perezida wa Amerika yahuye na mugenzi we Olena Zelenska muri Ukraine mu gihe Washington yatangaje ibihano bishya kuri Moscow.

Aba bagore bombi bahuriye ku ishuri riri mu mujyi wa Uzhhorod uherereye iburengerazuba ku mupaka na Slovakia.

Yari inshuro ya mbere Olena agaragaye mu ruhame kuva Uburusiya bwatera Ukraine tariki 24 Gashyantare (2).

Amerika yatangaje ibihano bishya - birimo kwima visa abarusiya n'abanya-Belarus - kubera ibitero by'Uburusiya.

Televiziyo eshatu zo mu Burusiya hamwe n'abakuriye Gazprombank nabo bafatiwe ibihano na Washington.

Hagati aho, abategetsi b'ihuriro ry'ibihugu bikize G7 nabo biyemeje guhagarika buhoro buhoro kugura ibitoro by'Uburusiya.

Jill Biden na Olena Zelenska ku ishuri

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Olena Zelenska yavuze ko ari "igikorwa cy'ubutwari" kuba mugenzi we wa Amerika yasuye Ukraine

Aba bagore bombi bahuriye ku ishuri ubu ririmo gukoreshwa nk'icumbi ry'abavuye mu byabo.

Jill Biden yavuze ko ashaka "kwerekana ko abaturage ba Amerika bifatanyije n'aba Ukraine", yongeraho ko iyi ntambara - yinjiye mu kwezi kwa gatatu - igomba guhagarara.

Olena Zelenska yavuze ko iki ari "igikorwa cy'ubutwari" gusura Ukraine iri mu ntambara.

Avuga kandi ko kuba abasuye ku munsi w'umubyeyi w'umugore ari ibidasanzwe.

Ati: "Turumva urukundo rwawe no kudushyigikira kuri uyu munsi ukomeye."

Aba bagore bombi nyuma bicaye bakina n'abana bacumbikiwe kuri iri shuri.

Justin Trudeau na Volodymyr Zelensky

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Justin Trudeau nawe yasuye Volodymyr Zelensky muri Ukraine

Itangazo ry'ibihano bishya ryaje nyuma y'inama abakuru ba G7 bagiranye kuri video na Perezida Volodymyr Zelensky.

Umwe mu bategetsi bakuru muri Amerika yavuze ko ibi bihano byibasira abategetsi bakuru 27 ba Gazprombank. Gusa ntabwo birimo gufatira imitungo y'iyo banki cyangwa guhagarika gukorana nayo.

Ntabwo hazwi neza abantu 2,600 bo mu Burusiya na Belarus bashyizwe ku rutonde rw'ibihano bya visa ya Amerika.

Ibihano bya Amerika bitangajwe nyuma y'uruzinduko rwa Minsitiri w'intebe Justin Trudeau wa Canada muri Ukraine.

Trudeau yatangaje ko Canada igiye kohereza intwaro n'ibikoresho bya gisirikare ku ngabo za Ukraine, ndetse nayo igatangaza ibihano ku barusiya bamwe na kompanyi zaho.

Trudeau yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: "Icyo Putin agomba kumva ni uko uburengerazuba bwiyemeje kandi bwahagarukiye kurwanya ibyo arimo gukora.

"Intambara ye itemewe, kurenga umurongo utukura agaterea Ukraine, bivuze ko tuzakora ibyo dushoboye byose nk'isi kugira ngo atsindwe."

Amerika na Canada byatangaje ibihano byabo mbere y'uko Uburusiya none kuwa mbere bwizihiza Umunsi w'Intsinzi, wo kwibuka ubwo Ubumwe bw'Abasoviyeti bwatsindaga aba-Nazi b'abadage.