Umuherwe Mohammed Dewji wo muri Tanzaniya washimuswe abaho gute?

Ahavuye isanamu, Getty Images
Mohammed Dewji, umunyemari wo muri Tanzaniya utangazwa ko ari we ukize kurusha abandi muri Afurika y'iburasirazuba, ku wa kane yashimutiwe i Dar es Salaam muri Tanzaniya.
Caroline Lewis wakoreye Bwana Dewji, avuga ko yakoranye na we bya hafi mu gihe kirenga gato umwaka umwe mu biro bya kompanyi ye MeTL biri mu nyubako y'igorofa ya Jubilee Towers i Dar es Salaam.
Avuga ko Bwana Dewji ari "icyamamare" muri Tanzaniya kandi ko bigoye cyane kubona umuntu i Dar es Salaam wavuga ko atamuzi cyangwa ko atazi abo mu muryango avukamo.
Madamu Lewis avuga ko akenshi iyo Bwana Dewji yabaga hari aho ari buze kugeza ijambo ku bantu, imbaga y'abantu yahururaga igiye kumva ijambo rye.
Ariko nkuko uyu wamukoreye abivuga, avuga ko nubwo bwose ari "icyamamare" muri Tanzaniya akaba n'umuherwe, Bwana Dewji ari umuntu "iteka uba utuje ku bijyanye n'umutekano" we bwite, cyo kimwe n'abandi bo mu muryango we.
Madamu Lewis yagize ati:
"Nta na rimwe yajyaga ahantu afite abamurinze [bitwaje intwaro] cyangwa abantu [abagabo] b'ibigango bo kumurinda uwamusagarira."

Ahavuye isanamu, EPA
"Kandi akenshi yageraga aho akorera imyitozo ngororangingo avuye gufata ifunguro rya saa sita cyangwa akajya gusura inshuti ze nyuma y'akazi."
Uyu wigeze kumukorera avuga ko Bwana Dewji w'imyaka 43 y'amavuko abaho mu buryo utacyeka ko ari umuntu utunze za miliyari z'amadolari y'Amerika.
Yagize ati:
"Ni umuntu ugira urugwiro, ushyikirana na bose, akikorera akazi ke uko bisanzwe."









