Uwahoze ari minisitiri w'Ubutabera muri Kenya yabujijwe kwinjira muri Uganda -ishyirahamwe ry'abanyamategeko

Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 2

Umunyamategeko ukomeye wo muri Kenya wanabaye minisitiri w'ubutabera, Martha Karua, yabujijwe kwinjira muri Uganda ategekwa gusubira iwabo, nk'uko byatangajwe n'Ishyirahamwe ry'Abanyamategeko ba Uganda (Uganda Law Society).

Karua yari amaze kugera ku kibuga cy'indege cya Entebbe aje kwifatanya n'itsinda ry'abanyamategeko riri kunganira mugenzi wabo wo muri Uganda Erias Lukwago, aho bombi bari bahagarariye umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi Kizza Besigye, uri kuburanishwa ku byaha by'ubugambanyi.

Lukwago na we aherutse gushinjwa icyaha gifitanye isano n'ubugambanyi mu cyumweru gishize, kandi yari ategerejwe mu rukiko kuri uyu wa mbere mu rubanza rwe ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo.

Itangazo ryaturutse ku biro bya Karua rivuga ko yafunzwe agahagarikwa ku kibuga cy'indege, rinongeraho ko byari biteganyijwe ko agaruka i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya kuri uyu wa Mbere, ariko kugeza ubu "ntabasha kuboneka[kuri telefoni]."

Rigira riti: "Itsinda rye rikuru rivuga ko atabasha kuboneka, telefoni ze zitariho[zizimije], kandi bakaba bakomeje gutegereza amakuru aturutse mu buryo butaziguye ku bijyanye n'uko ameze n'igihe azagarukira."

Abategetsi ba Uganda ntibatangaje impamvu Karua yabujijwe kwinjira, nubwo Perezida w'Ishyirahamwe ry'Abanyamategeko ba Kenya, Charles Kanjama, bari kumwe mu rugendo yemerewe kwinjira.

Kanjama yavuze ko biteye impungenge cyane kubona Karua yabujijwe kwinjira, nyamara "bari bagiye ku kibazo kimwe kandi mu bushobozi bumwe bw'umwuga."

Yagize ati: "Biragoye gusobanukirwa impamvu umwe mu banyamategeko bunganira abaregwa yemererwa kwinjira mu gihugu, undi agasubizwa inyuma." Ibi yabivugiye mu butumwa yanyujije ku rubuga X, anasaba ubutegetsi bwa Uganda gusobanura icyabiteye.

Ubuyobozi bushinzwe abinjira n'abasohoka muri Uganda ntiburatanga igisubizo ku busabe bwa BBC bwo kugira icyo buvuze.

Lukwago yitabye urukiko ku wa Gatatu w'icyumweru gishize agaragara ameze nabi, nyuma y'iminsi mike atawe muri yombi iwe mu rugo.

Yahakanye ibyaha byo kudatangaza amakuru ajyanye n'ubugambanyi mu rubanza rwa Besigye, ariko ahita yinjizwa gereza by'agateganyo.

Besigye amaze igihe afunzwe ku byaha by'ubugambanyi kuva yashimutwa muri Kenya agasubizwa ku gahato muri Uganda mu mpera za 2024. Iryo shimutwa, hamwe n'irya Obeid Lutale umwungiriza we, ryateje impaka zikomeye mu karere ku bijyanye n'ububasha bw'inkiko n'uburenganzira bwa muntu.

Ishyirahamwe ry'Abanyamategeko muri Kenya ryagaragaje ko rishyigikiye "abanyamategeko bo mu karere ka Afurika y'Iburasirazuba bakomeje kurengera ubutabera n'uburenganzira mu bihe bikunze kuba bigoye."

Iri shyirahamwe ryanasabye inzego zibishinzwe gutanga ibisobanuro byimbitse ku mpamvu Martha Karua yabujijwe kwinjira muri Uganda.

BBC yagerageje kuvugisha guverinoma ya Kenya kugira ngo igire icyo ibivugaho, ariko ntirabona igisubizo.

Karua yahuye n'inzitizi nyinshi mbere yo guhabwa uburenganzira bwo kunganira Besigye, zirimo no kwangwa kwa mbere kw'icyifuzo cye cyo kwemererwa gukorera umwuga w'ubwunganizi muri Uganda.

Nanone, umwaka ushize yirukanywe muri Tanzania kugira ngo atitabira urubanza rw'umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi Tundu Lissu, na we uregwa ibyaha by'ubugambanyi.