Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
US: Umusore arakekwaho gutera ku ishuri yizeho yitwaje imbunda akica nawe akaraswa agapfa
Abantu bagera kuri batatu bapfuye, barimo n’ukekwa, abandi barindwi barakomereka mu gitero ku ishuri mu mujyi wa St Louis muri leta ya Missouri muri Amerika.
Umusore witwaje intwaro yinjiye mu ishuri ryisumbuye rya Central Visual & Performing Arts High School nyuma gato ya 09:00 ku isaha yaho (saa 15:00 mu Burundi n’u Rwanda) kuwa mbere.
Amarembo y’iri shuri yari afunze, ntibyamenyekanye ako kanya uko uyu ukekwa yinjiye.
Ababibonye bavuga ko abantu bakijijwe n’uko imbunda y’uyu musore yakwamye (yagize ikibazo) ageze hagati mu gitero cye.
Ririya shuri rivuga ko polisi “yahagaritse vuba vuba” uyu wari witwaje intwaro.
Polisi yavuze ko ukekwa afite imyaka 19 kandi yahoze yiga hano, ko yarasanye n'abapolisi nyuma akicwa n’ibikomere.
Impamvu zamuteye gutera kuri iri shuri ryigaho abanyeshuri 400 ntabwo ziramenyekana.
Umukobwa ukiri mu myaka cumi na…yapfiriye ku ishuri, naho undi mwalimu apfira kwa muganga, nk’uko polisi yabitangarije ibinyamakuru byaho.
Abakomeretse barindwi – abakobwa batatu n’abahungu bane – bose bafite ibikomere bidateye ubwoba, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.
Abanyeshuri barimo bakizwa n’amaguru basohoka mu ishuri ubwo abapolisi bahageraga bagasanga uwateye afite “imbunda ndende”, nk’uko Michael Sack komiseri wa polisi y’uyu mujyi abivuga.
Sack yavuze ko abashinzwe umutekano barindwi ba hano bihutiye kubwira abakozi b’ishuri no kumenyesha polisi.
Imbunda uwateye yari yitwaje basanze yari irimo amasasu amagana, nk’uko Sack yabivuze nyuma, ati: “Byashoboraga kuba bibi cyane.
“Uyu ni umunsi ubabaje cyane kuri twe twese”. Abakozi b’ibiro by’iperereza FBI barimo gufasha mu iperereza.
Umunyeshuri umwe yabwiye televiziyo ya hano yitwa KMOV ko uwateye yaje asanga umukobwa w’inshuti akamubaza ngo: “Witeguye gupfa?”.
Raven Terry ati: “Twirutse bikomeye, vuba cyane…kandi twariho turira, twese dufite ubwoba kubera ibyo.”
Taniya Gholston w’imyaka 16, yabwiye ikinyamakuru St Louis Post-Dispatch ko uwateye yinjiye mu ishuri rye akagerageza kumurasa.
Ati: “Nagerageje kwiruka biranga. Njyewe nawe twarebanye mu maso ariko mbasha kugera hanze kuko imbunda ye yakwamye.”
Taniya avuga ko yumvise uyu wateye avuga ngo: “Ndambiwe iri shuri.”
Polisi ivuga ko uyu wateye yarangije kwiga kuri iri shuri umwaka ushize ariko ko nta mateka y’urugomo azwiho.
Umwe mu bapfuye yatangajwe n’umuryango we ko ari umwalimukazi witwa Jean Kuczka.
Kuczka wari ufite imyaka 61, yigishije kuri iri shuri kuva mu 2008, nk’uko biboneka ku mwirondoro we kuri internet, kandi yari nyirakuru w’abana barindwi.
Umukobwa we Abigail Kuczka yabwiye Post-Dispatch ko “Mama yakundaga abana”, yongeraho ko yapfuye agerageza gukingira abanyeshuri be.
Abakomeretse bivugwa ko barashweho, abandi bakomerekejwe n’ibice by’ibintu, abandi bafashwe n’umutima.
Tishaura Jones umukuru w’umujyi wa St Louis yagize ati: “Abanyeshuri bacu ntibakabonye ibi. Ntibakagize umuntu uza akabarasa mu gihe hari icyabaye. Ariko birababaje ko byabaye uyu munsi.”
Amakuru y’inzego z’uburezi yerekana ko kugeza ubu muri uyu mwaka muri Amerika hamaze kuba kurasa ku mashuri 35.
Ejo kuwa mbere, muri Michigan umuntu ukiri mu myaka cumi na…yemeye ibyaha 24 birimo iterabwoba no kwica, nyuma yo gutera akarasa ku ishuri mu Ugushyingo (11) gushize.