Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Somaliland yafunguye ambasade i Yeruzalemu nyuma yuko Israel yemeye ubwigenge bwayo

Ibi bibaye hashize amezi atandatu Israel ibaye igihugu cya mbere cyemeye Somaliland nka leta yigenga.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Gildas Yihundimpundu

  1. Tehran irimo kugaragaza amasezerano n'Amerika nk'intsinzi – ariko ku Banya-Irani yari ngombwa

    Ubutegetsi bwa Iran burimo kugerageza kugaragaza ko inyandiko igiye gutangazwa y’ubwumvikane n’Amerika atari nko gusuna igasubira inyuma, ahubwo nk’umusaruro wo kwihagararaho n’intsinzi.

    Ariko iyo si ingingo yoroshye kuyemeza abantu, nkuko byandikwa n'umwanditsi mukuru wa BBC mu rurimi rw'Igi-perse, Amir Azimi.

    Igihugu cya Iran kimaze kunyura mu ntambara yangije byinshi, ubukungu burajegajega cyane, ndetse na bamwe mu bashyigikiye ubu butegetsi bwa Repubulika ya Kisilamu bamaze amezi bamagana ko habaho kumvikana na Washington.

    Hari n’Abanya-Iran, imbere mu gihugu no hanze yacyo, babona ko amakuba igihugu kirimo atari umwanya wo gukora dipolomasi (gushyikirana), ahubwo nk’umwanya wuko habaho impinduka y’ubutegetsi.

    Uwo ni wo mwuka wa politike icitsemo ibice Tehran ubu igerageza kumvikanishamo amasezerano yagiranye n’Amerika.

    Ku Banya-Iran benshi, ikibazo si ukumenya niba aya masezerano asobanuye intsinzi, ahubwo ni ukumenya niba agabanya ibiciro ndetse akagabanya ubwoba bwuko habaho indi ntambara.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Messi yanganyije umuhigo w'ibitego byinshi mu gikombe cy'isi ubwo Argentine yanyagiraga Algeria

    Lionel Messi yabaye umukinnyi usangiye gutsinda ibitego byinshi cyane mu gikombe cy’isi, ubwo yatsindaga ibitego bitatu igihe Argentine, yegukanye igikombe cy’isi cy’ubushize, yatangaga ubutumwa bukomeye mu kunyagira Algeria.

    Muri uwo mukino wa 200 yari akiniye igihugu cye, Messi ni bwo bwa mbere yari atsinze ibitego bitatu mu mukino w’igikombe cy’isi.

    Kandi byanditse n’amateka, kuko uyu mukinnyi w'imyaka 38, ufite umuhigo wo gutsindira ibihembo umunani bya Ballon d'Or, yagejeje ku bitego 16 amaze gutsinda mu mikino y’igikombe cy’isi – ubu akaba abinganya n’Umudage Miroslav Klose mu gutsinda ibitego bya mbere byinshi mu mateka y’igikombe cy’isi.

    Argentine, imaze gutsindira ibikombe bitatu by’isi, byayisabye gukora cyane kugira ngo igere kuri iyo ntsinzi muri uwo mukino wabereye ku kibuga cyo mu mujyi wa Kansas muri Amerika, mu gihe ishaka kuba igihugu cya gatatu gusa ku isi gishoboye kwisubiza igikombe cy’isi.

    Ni bwo bwa mbere Argentine itsinze umukino wayo ubanza w’igikombe cy’isi nk’ikipe ifite igikombe cy’ubushize, ikaba yaratsinzwe mu 1982 no mu 1990.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Somaliland yafunguye ambasade i Yeruzalemu nyuma yuko Israel yemeye ubwigenge bwayo

    Leta yitandukanyije ya Somaliland yafunguye ambasade i Yeruzalemu, amezi atandatu nyuma yuko Israel ibaye igihugu cya mbere kiyemeye nk’igihugu cyigenga.

    Ifungurwa ry’iyo ambasade mu gace kiganjemo ibikorwa by’ikoranabuhanga ko muri Yeruzalemu y’uburengerazuba, ryabaye mu gihe Perezida wa Somaliland Abdirahman Mohamed Abdullahi ari mu ruzinduko rw’akazi muri Israel.

    Mu nama yagiranye na Perezida wa Somaliland, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ku “mubano wa roho wimbitse uri hagati y’abaturage bacu”.

    Ariko Somalia, ifata Somaliland nk’ubutaka bwayo, yasobanuye ibyo biganiro n'"ubutegetsi bwitandukanyije bw’akarere k’amajyaruguru ya Somalia... [nk’] ihonyorwa ry’ubusugire bwayo".

    Kwemerwa na Israel kwa Somaliland, kwabaye mu Kuboza (12) kw’umwaka ushize, kwateje impaka. Ibihugu n’imiryango byose hamwe bibarirwa muri za mirongo birimo Ubushinwa, Turukiya, Arabie Saoudite n’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika byanenze uko kwemerwa na Israel.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.