Rwanda: Beatrice Munyenyezi yongeye kwanga uyoboye inteko imuburanisha
BBC, Yves Bucyana
BBC Swahili

Mu Rwanda, Beatrice Munyenyezi yongeye kwihana (kwanga) umucamanza uyobora inteko iburanisha urubanza rwe, amushinja kubogamira ku bushinjacyaha bityo ko nta butabera abona yamuha.
Ni nyuma yaho inteko ifatiye icyemezo cyo kuzumva abatangabuhamya bamushinja batagaragara imbere y'urukiko - Beatrice Munyenyezi akurikiranyweho ibyaha bya jenoside no gufata abagore ku ngufu; ni ibyaha we aburana ahakana.
Mu rubanza rwa none urukiko rwagombaga kubanza gukuraho inzitizi zari zatanzwe n'abunganira Munyenyezi Beatrice.
Bari bavuze ko urukiko rwategeka ko abatangabuhamya bamushinja batanga ubuhamya bwabo imbona-nkubone mu rukiko.
Umushinjacyaha we avuga ko abatangabuhamya batagaragara mu rwego rwo kubarindira umutekano.
Urukiko rwo rwavuze ko abo batangabuhamya bazumvwa batagaragara mu rukiko kuko itegeko ribemerera kurindirwa umutekano igihe cyose babyifuje.
Urukiko kandi ruvuga ko rwamaze kubifataho umwanzuro mu rubanza rwabaye mu kwezi kwa 12 umwaka ushize.
Abunganira Munyenyezi kandi bari basabye ko umutangabuhamya washyizwe ku rutonde rw’abashinja Munyenyezi batabimenyeshejwe ngo bifatirwe icyemezo, yavanwa kuri urwo rutonde.
Urukiko rwemeza ko uwo mutangabuhamya atagomba kumvwa hashingiwe ku guhesha agaciro ibyamaze kwemezwa n’urukiko.
Iperereza ku bashinjura Munyenyezi
Indi nzitizi yari yatanzwe n’abunganira Munyenyezi yerekeye abatangabuhamya bamushinjura, batatu muri bo bimuriwe muri gereza ya Mpanga bavanywe muri gereza ya Huye - gereza ngo yavuze ko ari ku mpamvu 'z'imyitwarire mibi yabo' aho bari bafungiye.
Ariko abunganizi babwiye urukiko ko batewe impungenge n’iyimurwa ryabo basanga rishingiye kuko bemeye gushinjura Munyenyezi, kandi ko baterwa ubwoba aho bafungiye ndetse bigatera ingorane ku bantu bo mu miryango yabo kubasura ngo kuko bimuriwe kure, bongeraho ko hari impungenge z’uko abo batangabuhamya bashobora kwivana mu rubanza.
Umucamanza yavuzeko urukiko rugiye kubikoraho iperereza rugacukumbura ukuri kwabyo nyuma rukazatanga umwanzuro, avuga ko urubanza ruzasubukurwa ku itariki 13 z’ukwezi kwa 3.
Rukimara gusoma iyo myanzuro Beatrice Munyenyezi yatse ijambo avuga ko yihannye umucamanza - mu magambo ye ati "uburyo mumburanishamo mbona mwaramaze guca urubanza".
Avuga ko aramutse yemeye kuburanishirizwa mu muhezo byaba ari nko gutesha agaciro ukuri gushakwa muri uru rubanza ati "cyane cyane mwebwe mwambaye imyenda y’ubutabera".
Madame Mukayiza Beatrice uyoboye inteko yashoje iburanisha avuga ko batasiga urubanza mu kirere ko urubanza rugumana iyo tariki yo kuzasubukurwaho hakazamenyekana niba azakomezanya n’urwo rubanza.
Ni ku nshuro ya kabiri Beatrice Munyenyezi yihana uwo mucamanza, mbere akaba yari yihannye inteko yose ariko bagakomeza kumuburanisha.
Icyemezo ku kugarura inteko cyangwa umucamanza wihanwe n’umuburanyi gifatwa na Perezida w’urukiko.
Ariko muri uru rubanza kizafatwa n’urukiko rukuru kuko umucamanza Munyenyezi yihannye ari nawe Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Huye rumuburanisha.









