Kenya: Miguna Miguna wari warirukanywe mu gihugu yagarutse iwabo

Ahavuye isanamu, EPA
Umunyamategeko uzwi cyane muri Kenya yagarutse mu gihugu cye kuwa kane mu gitondo nyuma y’imyaka ine akirukanywemo ku ngufu.
Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege gikuru cya Nairobi avuye mu buhungiro muri Canada, Miguna Miguna yakiriwe n’abamushyigikiye benshi, inshuti ze, na benewabo.
Mu 2018, abategetsi muri Kenya bavuze ko Miguna Miguna - ufite ubwenegihugu bwa Kenya na Canada – atari umuturage wa Kenya.
Ariko we yavuze ko kwirukanwa mu gihugu cye byari impamvu za politike.
Miguna Miguna yakomeje kuvuga kenshi ku mbuga nkoranyambaga ko yagiye yangirwa kugaruka mu gihugu cye na leta ya Uhuru Kenyatta yavuyeho.
Mu gihe cya vuba Miguna yagiye agaragaza ko ashyigikiye William Ruto mbere y’amatora aheruka, byari nyuma y’uko ashwanye n’uwahoze ari inshuti ye Raila Odinga.
Ubwo yagarukaga mu gihugu cye yavuze ko Perezida Ruto yamutumiye kwitabira ibirori by’umunsi w’intwari za Kenya biba none kuwa kane mu murwa mukuru.
Ageze ku kibuga cy’indege Miguna Miguna yabwiye abantu benshi baje kumwakira ati:
“Nishimiye kwakirwa neza mwanyeretse. Kandi nishimiye cyane kuba ngarutse mu rugo. Ndashimira abanyakenya bose bifatanyije nanjye.
“Ibyambayeho ntibikwiye kugira undi muntu bibaho. Uwavukiye muri Kenya ntakwiye gusohorwa mu gihugu cye akajugunywa ku butaka bw’ahandi.”
Televiziyo NTV ya Kenya yerekanye amashusho ya Miguna Miguna agera i Nairobi.
Iyi nkuru irimwo ivyatanzwe na X. Dukeneye uruhusha rwawe imbere yuko bigushikira, kuko birashobora kuba bikoresha cookies hamwe n'ubundi buhinga. Wobanza ugasoma aha X amategeko agenga cookie n'ayagenga ubuzima bwite imbere yuko wemera. Kugira ubibone hitamwo 'emera hanyuma ubandanye'.
Impera ya X ubutumwa












