Munyenyezi 'ntiyize muri kaminuza' – Umushinjacyaha

- Umwanditsi, Yves Bucyana
- Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Nyanza
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
Mu rugereko rw'urukiko rukuru rukurikirana imanza z'ibyaha byambukirana imipaka rukorera i Nyanza mu majyepfo y'u Rwanda, umushinjacyaha yemeje ko Béatrice Munyenyezi atigeze yiga muri kaminuza nkuru y'u Rwanda.
Munyenyezi yahamwe n'ibyaha bya jenoside no gufata abagore ku ngufu akatirwa igihano cy'igifungo cya burundu ari cyo yajuririye.
Muri uru rubanza Munyenyezi yakunze kuvuga ko abatangabuhamya bamwibeshyeho kuko atigeze arangiza n'amashuri yisumbuye.
Mu iburanisha ryo ku wa gatatu, umushinjacyaha yagize ati: "Munyenyezi ntiyigaga muri kaminuza, gusa yitwaraga nk'uwiga muri kaminuza."
Umushinjacyaha yavuze ko Béatrice Munyenyezi iwe habaga umukobwa biganye mu mashuri yisumbuye wigaga muri kaminuza bakaba baragendanaga mu bihe bitandukanye.
Mu gihe cya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994, abanyeshuri ba kaminuza bafatwaga nk'abavuga rikijyana bityo byashoboraga kuborohera gushishikariza gukora jenoside, nkuko umushinjacyaha yabivuze.
Umushinjacyaha yanavuze ko ari gukora iperereza ku gushaka kumenya niba koko uregwa yarize mu ishuri ryisumbuye rya CEFOTEC, nkuko bivugwa n'uruhande rw'uregwa.
Uhagarariye ubushinjacyaha yabishingiraga ku ko batse umuyobozi w'ishuri rya CEFOTEC urutonde rw'abanyeshuri bize muri CEFOTEC Béatrice Munyenyezi ntazemo.
Munyenyezi kandi yahamwe n'icyaha cyo gusambanya abagore ku gahato nk'icyaha cyibasiye inyokomuntu.
Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko "iyo Interahamwe zamaraga kwica Abatutsi zahembwaga gusambanya abakobwa n'abagore" muri hoteli ya Munyenyezi, Paulina Nyiramasuhuko wari Minisitiri w'umuryango, n'umuhungu we Shalom Ntahobali ari we mugabo wa Béatrice Munyenyezi.
Umuhungu na nyina bombi bahamijwe ibyaha bya jenoside n'urwari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw'Arusha.
Mu kwiregura kwe, Munyenyezi, w'imyaka 55, yakunze kuvuga ko icyo azira ari ibyo umuryango yashatsemo wakoze kandi icyaha ari "gatozi".
Gusa umushinjacyaha yavuze ko ibyo avuga atari byo ngo kuko umukuru w'umuryango ari we sebukwe, Maurice Ntahobali, akiriho kandi we nta cyo abazwa n'ubutabera.
Munyenyezi ku wa kabiri yari yabwiye urukiko ko ahohoterwa na bamwe mu bafungwa muri gereza ya Mageragere mu mujyi wa Kigali mu cyo yise gutotezwa no kwimwa bumwe mu burenganzira bwe bw'ibanze aho afungiye.
Urukiko rwavuze ko ruzigira muri gereza ya Mageragere gusuzuma icyo kibazo.
Urubanza ruzakomeza mu kwezi kwa gatanu.








