Rwanda: ‘Major’ Habyarabatuma wari umukuru wa gendarmerie i Butare yashinjuye Beatrice Munyenyezi

Beatrice Munyenyezi ari mu rukiko mu 2022
Insiguro y'isanamu, Beatrice Munyenyezi ari mu rukiko mu 2022
    • Umwanditsi, Yves Bucyana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Nyanza - Rwanda
  • Yatangajwe

‘Major’ Cyriaque Habyarabatuma wari ukuriye ‘gendarmerie’ mu cyahoze ari perefegitura ya Butare mu 1994 yabwiye urukiko mu majyepfo y’u Rwanda ko nta ruhare azi Beatrice Munyenyezi yagize muri jenoside.

Urukiko rwisumbuye rwa Huye uyu munsi rwatangiye kumva abatangabuhamya bashinjura Munyenyezi woherejwe na Amerika mu Rwanda mu 2021 ngo aburane ibyaha bya jenoside ashinjwa.

Munyenyezi aregwa uruhare mu kwica Abatutsi bari abanyeshuri muri kaminuza y’u Rwanda, gushishikariza Interahamwe kwica, n’ubufatanyacyaha mu gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa bicwaga kuri za bariyeri hafi y’aho yari atuye Ku Mukoni n’ahandi mu mujyi wa Butare.

Munyenyezi w’imyaka 53, ahakana ibyaha byose aregwa, avuga ko mu gihe cya jenoside yari atwite impanga atashoboraga kujya mu bwicanyi.

Cyriaque Habyarabatuma, wakatiwe gufungwa burundu ku byaha bya jenoside, yambaye imyenda y’imfungwa imbere y’abacamanza, yavuze ko ntacyo apfana na Munyenyezi.

Ati: “Namumenye nk’umukazana wa Maurice Ntahobari wari utuye i Butare, akaba umugore wa Sharom Ntahobari. Ni uko muzi.”

Yongeyeho ko yari azi Munyenyezi kuko sebukwe na nyirabukwe [Ntahobari na Pauline Nyiramasuhuko wari minisitiri] bari abantu azi, ati: “Sebukwe nari muzi n’umugabo we twari tuziranye”.

Habyarabatuma yavuze ko yari umukuru wa gendarmerie i Butare kuva mu 1990 akahavanwa tariki 19 Mata(4) 1994 ahawe akandi kazi i Kigali, akagaruka i Butare muri Kamena(6) uwo mwaka. Yagize ati: “Ntacyo muziho muri jenoside.”

Abajijwe ko yaba yarigeze abona Munyenyezi kuri bariyeri yari hafi y’iwabo, yagize ati: “Iyo bariyeri yari iriho abagabo gusa, nta mugore nigeze nyibonaho.”

Yavuze ko ubwo yagarukaga i Butare mukwa gatandatu “aho nta bariyeri nongeye kuhabona, nta na bariyeri zari zikiri mu mujyi wa Butare”.

‘Yari atwite inda nkuru’

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Abajijwe niba Munyenyezi yarinjiye mu kigo cya gisirikare cya ESO agafata ibikoresho bya gisirikare, Habyarabatuma yavuze ko “nta muntu w’umusivili washoboraga” gukora ibyo.

Yashinjuye Munyenyezi avuga ko nk’umusivile atashoboraga guha amabwiriza yo kwica abasirikare bari kuri bariyeri, ati: “ntibyashobokaga”.

Habyarabatuma abajijwe kuvuga neza uko yamenye Munyenyezi, yavuze ko amuzi kuva mu 1993, ati: “Inzu bari batuyemo harimo agace ka Bar, namumenye ngiye gufata agacupa, ko ari umukazana wa Ntahobari.

“Namenyeko yashakanye n’umuhungu wa Ntahobari ngo bakaba barahuriye mu ishuri rya segonderi i Gitwe.

“Mu 1994 nziko yari atwite afite inda nkuru, bavuga ko yabyayemo impanga, inda yo twarayibonaga kuko inda ntiyihishira.”

Ubushinjacyaha bwavuze ko byandikwa nk’uko Habyarabatuma yabivuze ko yavuye i Butare tariki 19 Mata kandi atongeye kumenya ibyaberaga kuri za bariyeri.

Undi mutangabuhamya ushinjura wumviswe ni ‘Adjudant-chef’ Emmanuel Rekeraho wari ushinzwe ‘protection civile’ muri gendarmerie i Butare ari nayo yashyizeho za bariye mu mujyi wa Butare.

Rekeraho yavuze ko nta bariyeri n’imwe i Butare yari iriho umukobwa cyangwa umugore, bityo ko Munyenyezi atigeze agera kuri bariyeri.

Urubanza rurakomeza muri iyi minsi humvwa abandi batangabuhamya bashinjura Munyenyezi.