Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Amerika: Twaganiriye na Israel ku gutuma intambara 'ihamya' kurushaho
- Umwanditsi, Bernd Debusmann Jr na Barbara Plett Usher
- Igikorwa, BBC News, i Washington
- Yatangajwe
Minisitiri w'ingabo w'Amerika Lloyd Austin yavuze ko yashishikarije Israel kurinda abasivile muri Gaza no gutuma intambara ihakorera irushaho "guhamya".
Austin, wavuze ayo magambo amaze guhura na mugenzi we wa Israel i Tel Aviv, yongeye kuvuga ko Amerika ishyigikiye igitero cya Israel kuri Hamas.
Yavuze ko Amerika izaha Israel izindi ntwaro, imodoka z'intambara n'ibikoresho bya gisirikare.
Abategetsi b'Amerika bakomeje gushikama mu gushyigikira Israel, kuva Hamas yagaba ibitero kuri Israel byo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka.
Ariko Perezida w'Amerika Joe Biden akomeje kotswa igitutu kurushaho, harimo n'icyo yotswa na bamwe mu bo mu ishyaka rye ry'abademokarate, kugira ngo Israel igabanye igikorwa cyayo cya gisirikare.
Ku wa mbere, Minisitiri Austin yavuze ko Amerika "itazategeka [itazagena] ingengabihe cyangwa uburyo" iyo nshuti yayo ikoramo intambara.
Yagize ati: "Ubufasha bwacu ku burenganzira bwa Israel bwo kwirwanaho ntibujegajega... kandi ibyo ntibigiye guhinduka.
"Ni ingenzi cyane... ko Hamas idashobora gushyira ku nkeke Israel ivuye muri Gaza cyangwa ngo ibe yashyira ku nkeke Gaza ukundi."
Austin yavuze ko yanaganiriye na Minisitiri w'ingabo wa Israel Yoav Gallant ku ntego z'igikorwa cya gisirikare cya Israel n'"uburyo bwo kugabanya ibyago ku basivile bari mu gace kaberamo urugamba".
Ati: "Twanunguranye ibitekerezo bikomeye bijyanye n'uburyo bwo kuva ku bikorwa by'ubukana bwinshi herekezwa ku bikorwa by'ubukana bucye ndetse no ku bikorwa birimo guhamya kurushaho."
Hagati aho, Gallant yavuze ko abasirikare ba Israel "bazakomeza gukorera muri Gaza ku bigero bitandukanye by'ubukana".
Nubwo kuva intambara yatangira Austin yakomeje kugira inama Israel yo kudohora no gutuma ibikorwa byayo bya gisirikare birasa nyirizina ku hantu igambiriye, yahindutse umuntu uvuga ashize amanga kurushaho mu gihe impfu z'abasivile ziyongereye.
Mbere yari yaburiye ko Israel iri mu byago byo gusimbuza intsinzi mu mayeri y'urugamba, igasimburwa no gutsindwa mu kugera ku ntego ngari igambiriye zo mu gihe kiri imbere.
Minisiteri y'ubuzima muri Gaza, igenzurwa na Hamas, ivuga ko abantu barenga 19,400 bamaze kwicwa naho abandi 52,000 barakomereka muri Gaza kuva iyi ntambara yatangira.
Austin yavuze ko yagiranye ibiganiro n'abategetsi ba Israel, barimo na Minisitiri w'intebe Benjamin Netanyahu, ku kuntu hagabanywa umubare w'impfu z'abasivile n'abakomereka n'ibindi byangirika, mu gihe igikorwa (opération) cyayo gikomeje.
Amagambo ye ahuye n'umuvuno wa leta y'Amerika wo mu gihe cya vuba aha gishize ujyanye n'iyi ntambara.
Abategetsi b'Amerika bakomeje gushishikariza Israel "gushyira imbere ubuzima bwa muntu" no gutanga amabwiriza asobanutse kurushaho, kugira ngo abantu bashobore kwirinda kugira aho bahurira n'intambara.
Abategetsi b'Amerika bo ku rwego rwo hejuru banagaragaje ko barimo kurushaho kutanyurwa n'igikorwa cya gisirikare cya Israel.
Mu cyumweru gishize, Biden yavuze ko Israel itangiye gutakaza ubufasha bwo mu mahanga kubera icyo yise "kurasa ibisasu itarobanura" muri Gaza.
Ariko yongeye kuvuga ko Israel ishobora kwiringira ubufasha bw'Amerika, anashimangira ko ashyigikiye uburenganzira bwayo bwo kwirwanaho.
Guhangayika kwariyongereye gutewe n'umubare wiyongera w'abasivile bicirwa mu bikorwa bya gisirikare bya Israel muri Gaza, itegekwa na Hamas.
Ibyo bikorwa bya gisirikare byatangiye nyuma y'ibitero bya Hamas kuri Israel byo ku itariki ya 7 Ukwakira, byiciwemo Abanya-Israel bagera ku 1,200.
Raporo umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch, wasohoye ku wa mbere, yashinje Israel "gukoresha kwicisha inzara abasivile nk'uburyo bw'intambara muri Gaza, ibyo bikaba ari icyaha cyo mu ntambara".