Israel - Palestine: Imyiyerekano y'Abisilaheri mu gace k'Abasilamu ka Jerusalem yemewe

Ishusho rusange ya Yerusalemu mu kwa gatandatu 2021

Ahavuye isanamu, Reuters

Yatangajwe

Leta ya Israel iri kuvaho yahaye uburenganzira imyiyerekano y'abanyamadini batsimbaraye ku mahame y'igihugu mu gihe yari yahagaritswe kubera gutinya ko yatuma haba indi ntambara.

Iyi myiyerekano ibera mu gice cy'Abasilamu cya Yerusalemu yagombaga kuba ku wa kane, ariko polisi yanze ko ica mu mihanda bashakaga kunyuramo.

Iyi myiyerekano ubu izaba ku wa kabiri w'icyumweru gitaha.

Hamas, ishyaka rya kisilamu rigenzura Gaza, ryaburiye ko imirwano izubura niba iyi myiyerekano ibaye.

Abantu bagera kuri 242 barapfuye muri Gaza naho 13 barapfa muri Israel mu mirwano yamaze iminsi 11 mu kwezi gushize.

Ku wa kabiri, inama y'abaminisitiri ikuriwe na Minisitiri w'intebe Benjamin Netanyahu yasohoye itangazo riha uburenganzira iyo myiyerekano.

Inteko ishinga amategeko ya Israel, Knesset, biteganyijwe ko ku cyumweru itora guverinoma nshya.

Netanyahu, Minisitiri w'intebe wamazeho igihe kinini muri Israel, ararangiza igihe cye mu gihe hakwemezwa abandi bategetsi.

Byahita biba inshingano za Naftali Bennett, byitezwe ko aba Minisitiri w'intebe mushya, zo gufata icyemezo niba iyo myiyerekano iba nyuma y'iminsi ibiri agiyeho.

Ibikorwa bizwi nka 'Jerusalem Day' ubundi biba tariki 10/05 mu kwizihiza umunsi Israel yafashe Uburasirazuba bwa Yerusalemu - ahaba umujyi wa kera n'inyubako ntagatifu - mu ntambara yo mu 1967.

Amagana y'urubyiruko azunguza amabendera ubusanzwe anyura mu mihanda iri mu gace gatuwe n'Abasilamu ka Yerusalemu aririmba indirimbo zo gukunda igihugu.

Ibi bibonwa n'abanye-Palestine benshi nk'ubushotoranyi bugambiriwe.

Uyu mwaka iyi myiyerekano yashoboraga kuba mu minsi ya nyuma y'ukwezi gutagatifu kw'Abasilamu, Ramadhan, ndetse hari mu mirwano yariho yari ishyamiranyije Israel na Gaza.