Issa Ngeze, uzwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda yatabarutse

Issa Ngeze

Ahavuye isanamu, ruhago-impitagihe

Insiguro y'isanamu, Issa Ngeze wa kabiri uvuye iburyo, yapfuye mu buryo butunguranye
Yatangajwe

Issa Ngeze wahoze ari myugariro mu mupira w'amaguru mu myaka ya 1980 yapfiriye iwe mu rugo azize uburwayi butunguranye nk'uko abo mu muryango we babivuga.

Issa Ngeze yazize uburwayi butunguranye ari iwe mu rugo mu ijoro ry'ejo ku cyumweru. Idrissa, umwe mu bo mu muryango we, yabwiye BBC ko yabariye abe ko ari kubabara cyane umutwe.

Bwana Idrissa avuga ko mu gihe biteguraga kumujyana kwa muganga Issa Ngeze, wari ufite imyaka 61, yahise apfa bakiri iwe ahitwa Samuduha mu murenge wa Kanombe mu mujyi wa Kigali.

Issa Ngeze yari myugariro mu mupira w'amaguru, yakiniye amakipe nka Kiyovu Sport igihe gito, n'ikipe ya Magerwa FC yakinaga mu kiciro cya mbere, nyuma ikaza kwitwa Terminus nabwo ayikinira.

Mu myaka ya 1970 - 80, Ngeze yahamagawe kenshi mu ikipe y'igihugu Amavubi nubwo atahawe umwanya wo gukina nk'uko mwishywa we Nshimiyimana Hamdun yabibwiye BBC.

Ibyo ni ibihe by'abakinnyi bandi bazwi cyane nka Gasangwa Celestin bita Tigana, Hakizimana Sabiti bita Maitre, Rutagengwa Charles bita Runuya, Aloys Kanamugire, Kayiranga Baptiste n'abandi...

Nyuma yo gukina, Issa Ngeze yabaye 'team manager' w'ikipe ya Kiyovu Sports y'i Kigali.

Yaje kugira ibihe byiza ubwo yari umuyobozi wungirije w'ikipe ya ATRACO FC yatwaye igikombe cya CECAFA cy'amakipe mu 2009 itsinze Al Merrikh iri iwayo muri Sudan.

Issa Ngeze ubu yari umukozi w'ikipe ya Police FC.