Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Ambasaderi w'Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

Yaba Amerika cyangwa Iran, nta gihugu na kimwe muri byo cyagabye ibitero mu majoro atatu ashize, nyuma y'ibyumweru hafi bibiri byari bishize bigabanaho ibitero byari biteje ibyago byo guhagarika ibiganiro byo kurangiza intambara burundu.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Ingabo za Israel: Twafashe indege ebyiri za drones hafi y'umupaka wa Yorodaniya

    Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyafashe indege ebyiri za drones hafi y'umupaka wa Yorodaniya, mu gihe gikomeje iperereza ku nkomoko yazo.

    Mu itangazo cyatanze , igisirikare cyavuze ko izo ndege zidatwarwa n'umupilote zinjira mu kirere cya Israel

    Hashize iminsi igera ku 10, Israel yatangaje ko yafashe misile yarashwe yerekeza ku cyambu cya Aqaba ibifashijwemo n'ingabo za Yorodaniya. Iki cyambu giherereye nko mu birometero bitanu uvuye ku cyambu cya Israel cya Eilat.

    Icyo gihe, igisirikare cya Israel cyavuze ko icyo gitero cyari gifitanye isano na Irani, kandi cyaburiye ko ibyo bitero bishobora gutuma imirwano ikwira hose mu gihugu cya Israel.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. DR Congo: HRW ishinja kompanyi Perenco icukura ibikomoka kuri peteroli guteza ibyago bikomeye by'ihumanya

    Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch (HRW) wasohoye raporo kuri uyu wa mbere uburira ko ibikorwa by'ubucukuzi bw'ibikomoka kuri peteroli bikorwa na kompanyi Perenco y'Abafaransa n'Abongereza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, biteje ibyago bikomeye ku buzima n'ibidukikije ku baturage batuye hafi y'aho ikorera ibikorwa i Muanda, mu ntara ya Kongo Central.

    HRW ivuga ko itwikwa rya gaze mu buryo butagenzuwe no gutwika imyanda byononnye ubwiza bw'umwuka, mu gihe ibikomoka kuri peteroli bimeneka bivuye mu mariba no mu mpombo, byahumanyije imigezi n'ubutaka.

    BBC Gahuzamiryango yandikiye kuri 'email' kompanyi Perenco iyisaba kugira icyo ivuga kuri iyi raporo, umuvugizi wayo Mark Antelme ayoherereza ibaruwa ikubiyemo igisubizo iyo kompanyi yahaye HRW ku itariki ya 29 Gicurasi (5) uyu mwaka, aho ihakana yivuye inyuma ibirego bikubiye muri iyi raporo, icyo gihe yari itaratangazwa.

    Inkuru irambuye hano

  3. Umunya-Uganda Olara Otunnu yinjiye mu bahatanira gutegeka ONU

    Umudipolomate w’Umunya-Uganda Olara Otunnu yinjiye mu guhatanira kuba umunyamabanga mukuru mushya w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters n’ibitangazamakuru byo muri Uganda.

    Abaye uwa karindwi mu bahatanira gusimbura Umunya-Portugal António Guterres, ubwo azaba avuye kuri uwo mwanya mu mpera y’uyu mwaka.

    Otunnu yahoze ari umunyamabanga mukuru wungirije wakoraga nk’intumwa yihariye ishinzwe abana n’ibibazo by'intambara.

    Leta ya Uganda yamutanze nk’umukandida ibinyujije mu ibaruwa yo ku wa gatanu yandikiye perezida w’inteko rusange ya ONU na perezida w’akanama k’umutekano ka ONU, nkuko Reuters ibitangaza.

    Ku myaka 75, ni we mukuru cyane mu myaka mu bakandida bamaze gutanga kandidatire zabo kuri uwo mwanya. Ni umwanya Guterres amazeho imyaka hafi 10, muri manda ebyiri z’imyaka itanu kuri buri manda.

    Uzasimbura Guterres yitezwe guhura n’akazi gakomeye ko kongerera imbaraga uyu muryango uri mu makuba ndetse urimo kugenda utakaza igihagararo cyawo, urimo kotswa igitutu ngo uvugurure imikorere ndetse no kunoza imikorere yawo itwara amafaranga menshi no kugabanya amashami yawo menshi arimo amwe agaragara nk’akora imirimo isa.

    Mu itangazo ry’icyerekezo cye, Otunnu yashimangiye ko bicyenewe gukomeza gukora amavugurura y’inzego ndetse yavuze ko naramuka atowe azahita ashyira imbere ibikorwa byo gufasha kurangiza intambara zikomeye ku isi.

    Yanasezeranyije gushyiraho urwego rwo kugenzura imikorere ya ONU ku bijyanye n’ubwenge buhangano (AI), anavuga ko bicyenewe ko hagira igikorwa ku ihindagurika ry’ikirere mu buryo butabangamira iterambere mu bukungu.

    Abandi bakandida kuri uyu mwanya ni Rafael Grossi wa Argentine, akaba asanzwe ari umukuru w’ikigo cya ONU gishinzwe ingufu za nikleyeri; Michelle Bachelet wahoze ari Perezida wa Chili; Rebeca Grynspan wahoze ari Visi Perezida wa Costa Rica; María Fernanda Espinosa wahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga na Minisitiri w’ingabo wa Équateur (Ecuador); Carolyn Rodrigues-Birkett wahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Guyana; na Macky Sall wahoze ari Perezida wa Sénégal.

    Biteganyijwe ko igikorwa cyo guhitamo gitangira bya nyabyo muri iki cyumweru, abagize akanama k’umutekano ka ONU kagizwe n’ibihugu 15 bagatangira kugenda bavuga, mu ibanga, icyo batekereza kuri buri mukandida, hagamijwe kugabanya umubare w’abakandida.

    Abandi bakandida na bo bashobora kwinjira muri iri hatana.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Macron yatumije inama yo mu bihe by'amage mu gihe imiriro y'agasozi yasatiriye umujyi wa Bordeaux

    Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron kuri uyu wa mbere arakoresha inama y’abaminisitiri yo mu bihe by’amage, mu gihe imiriro y’agasozi yasatiriye umujyi wa Bordeaux uri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu.

    Umukuru w’umujyi wa Bordeaux, Thomas Cazenave, yavuze ko biteganyijwe ko ubundi bushyuhe bukabije butuma ibikorwa byo guhashya uwo muriro urimo kwaguka bigorana, ukaba ugeze mu ntera ya kilometero hafi 15 uvuye muri uwo mujyi. Mbere yaho, yavuze ko nta gahunda ihari yo kwimura abaturage hafi 850,000 batuye uwo mujyi.

    Imiriro y’agasozi yashegeshe Uburayi mu cyumweru gishize, by’umwihariko mu Bufaransa no muri Espagne. Abantu barenga 330,000 bamaze kwimurwa muri ibyo bihugu byombi.

    Ku wa gatandatu, Macron yavuze ko Ubufaransa “buzongera kwiyubaka” ndetse ko leta ye izahaba kugeza igihe cyose gicyenewe.

    Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bamaze kwimurwa bakurwa mu karere gakikije Bordeaux. Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Laurent Nuñez yavuze ko ibintu “bimeze nabi cyane” kandi ko umuriro urimo “kugenda mu buryo utamenya” werekeza mu mujyi wa Bordeaux.

    Amateganyagihe yo mu gihugu yaburiye ko ku wa kabiri ubushyuhe bushobora gutumbagira bukagera kuri dogere 40C mu duce tumwe na tumwe.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Ambasaderi w'Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

    Ambasaderi w’Amerika muri ONU avuga ko Perezida Donald Trump yahagaritse ibitero kuri Iran mu ijoro rya gatatu ryikurikiranya kugira ngo ahe dipolomasi undi mwanya.

    Avugira kuri televiziyo Fox News yo muri Amerika ku cyumweru, ambasaderi Mike Waltz yavuze ko perezida arimo “guha ibiganiro umwanya runaka, arimo kubiha umwanya muto”.

    Ku cyumweru, umuvugizi w’ingabo za Iran yavuze ko ku bw’iyo mpamvu Tehran yahagaritse ibitero byo “kwihorera” yagabaga mu karere.

    Uko guhagarika imirwano gukurikiye ibyumweru hafi bibiri byari bishize Amerika igaba ibitero bya buri munsi kuri Iran ndetse na yo ikihorera, urebye ibi bikaba byari byatumye agahenge kashyizweho umukono muri Kamena (6) uyu mwaka gahirima.

    Abajijwe niba ubu Trump yafashe icyemezo cyo kudatuma ibintu bifata indi ntera, Waltz yabwiye televiziyo NBC – na yo yo muri Amerika – ati: “Sinagera kure nk’aho habe na busa. Perezida agumanye amahitamo yose ku meza.”

    Waltz yanahakanye amakuru yo mu kinyamakuru the New York Times avuga ko abategetsi bo muri leta y’Amerika baburiye ko kwagura imirwano bishobora gushegesha mu buryo buteje ibyago ububiko bwagabanutse bw’ibisasu n’intwaro by’ubwirinzi bw’ikirere.

    Yagize ati: “Ingabo z’Amerika... zifite ikintu cyose zicyeneye mu gukora iki gikorwa [cya gisirikare] neza uko bikwiye.”

    Kugeza ku mugoroba wo ku cyumweru, Trump yari ataravuga ku mugaragaro kuri izi ntambwe nshya, ariko mbere yaho yatangaje kuri konti ye yo ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social amafoto yakozwe na mudasobwa agaragaza indege za gisirikare z’Amerika zirimo kumisha ibisasu ku mato ya Iran no ku kirwa cya Kharg cyo muri Iran.

    Hagati aho, ku wa gatanu no ku wa gatandatu Iran na Oman byagiranye ibiganiro byinshi i Tehran byo mu rwego rwa tekinike byo kwiga ku micungire y’Umuhora wa Hormuz, nkuko byavuzwe n’umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran Esmail Baghaei.

    Amakimbirane ku igenzurwa ry’uwo muhora yongeye kuba intandaro y’ubushyamirane hagati y’Amerika na Iran muri uku kwezi ndetse ukomeje kuba imbogamizi ikomeye mu kuba intambara yarangira burundu.

    Muri Kamena (6) uyu mwaka, Iran n’Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (cyangwa ‘memorandum of understanding’ mu Cyongereza) yo guhagarika ibikorwa bya gisirikare no kongera gufungura uwo muhora, hamwe no kugera ku masezerano yo kurangiza intambara mu minsi 60 ikurikiyeho.

    Ariko nyuma yuko ingabo za Iran ziteye amato atwara ibikomoka kuri peteroli mu Muhora wa Hormuz ku itariki ya 13 y’uku kwezi kwa Nyakanga (7), Amerika yasubukuye ibitero byo mu kirere kuri Iran ndetse isubizaho kubuza urujya n’uruza ku byambu bya Iran.

    Iran yihimuye igaba ibitero ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, yica abasirikare bane b’Amerika. Kuva icyo gihe, ibitero by’Amerika bimaze kwica abantu babarirwa muri za mirongo muri Iran, nkuko bivugwa na minisiteri y’ubuzima ya Iran.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.