Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

Twiteguye guhangana n'igikangisho' icyo ari cyo cyose kiva muri Irani - OTAN

Umuryango wa OTAN ryavuze ko ryiteguye guhangana n’igikangisho icyo ari cyo cyose cyava muri Irani kandi ko uzafata ingamba zikwiye zo kurinda ibihugu bigize uyu muryango.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Latifa Mutesi, Didier Bikorimana & Dinah Gahamanyi

  1. ha niho dusoreje aya makuru y'ikibiriraho y'uyu munsi. Mwakoze kubana natwe n'ahejo.

  2. Twiteguye guhangana n'igikangisho' icyo ari cyo cyose kiva muri Irani - OTAN

    Umuryango wa OTAN ryavuze ko ryiteguye guhangana n’igikangisho icyo ari cyo cyose cyava muri Irani kandi ko uzafata ingamba zikwiye zo kurinda ibihugu bigize uyu muryango.

    Iri tangazo ryatanzwe n'umukozi wa OTAN asubiza raporo ya Financial Times ivuga ko Irani ishobora kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri i Burayi mu gihe Perezida Donald Trump yakongera ibitero kuri Irani.

    Uyu muyobozi yavuze ko ubushobozi bwa OTAN bwo kwirinda no kwirwanaho bukomeye kandi bufite akamaro, avuga ko byabaye mu ntangiriro z'uyu mwaka aho sisitemu zo kurinda ikirere za OTAN zafashe ibisasu bya Irani byagenewe Turukiya inshuro enye zitandukanye.

    Ikinyamakuru Financial Times, kivuga ku makuru y’abantu bari hafi ya guverinoma ya Irani, cyavuze ko Tehran irimo gutekereza ku buryo bwo kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri i Burayi Trump aramutse yongeye ibitero, Irani ikaba nayo ishaka uburyo bwo kongera intambara.

    Ikinyamakuru cyanavuze ko ingabo za Irani zagiye zisuzuma imitungo n'ibikoresho bya Amerika mu bihugu bimwe na bimwe byo mu majyepfo y'uburasirazuba bw'u Burayi, harimo na Burgariya, mu kwezi gushize byemereye indege za Amerika gukoresha ibirindiro byayo bya gisirikare kugoreshwa mu kongeramo lisansi mu ndege zabo.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Israel yemeje ko yarashe imodoka yari itwaye umwana w'imyaka itanu Hind Rajab i Gaza

    Igisirikare cya Israel cyemeje ku nshuro ya mbere ko cyarashe imodoka yari itwaye umwana w’imyaka itanu Hind Rajab n’abagize umuryango we batandatu mu Mujyi wa Gaza mu gihe cy’intambara yabereye i Gaza.

    Uwo mwana w’Umunyapalestina yabanje kurokoka igitero cyo mu kwezi kwa Mbere, 2024 cyahitanye abantu benshi bo mu muryango we, ariko umurambo we wabonetse nyuma y’iminsi mike hamwe n’abavandimwe be.

    Nyuma y'igitero, Hind yashoboye gusubiza telefoni yavuye mu muryango utabara imbabare w’a Palestine Red Crescent, yamaze amasaha menshi akiriho. Imbangukiragutabara yoherejwe kugira ngo imugereho mu gikorwa cyahuje ingabo za Israel - yahitaga iraswa, abaganga babiri b’inzobere mu by’ubuvuzi barapfuye.

    Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko nyuma y'isuzuma rizatangiza iperereza ku byaha.

    “Bitewe n’uko bivugwa ko nta buryo bwo guhuza ibikorwa by’imbangukiragutabara bya Palestine Red Crescent, hafashwe icyemezo cyo gutangiza iperereza ku byaha byakozwe n’ishami rishinzwe iperereza ku byaha by'abasirikare” nk’uko byatangajwe.

    IDF yatangiye ivuga ko nta ngabo zayo n'imwe yari muri ako gace igihe Hind yicwaga. Ariko icyo gitekerezo cyahise gishidikanywaho.

    Nyuma yaho ingabo za IDF zavuze ko "zagabye ibitero ku birindiro by'iterabwoba" hamwe n'ingabo zikorera mu duce two mu Mujyi wa Gaza, harimo na Tel al-Hawa, aho Hind yari iherereye.

    Iyicwa rya Hind ryamaganywe n'amahanga.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Koreya y'Epfo yahagaritse imyitozo ya gisirikare ikorana na Amerika

    Koreya y'Epfo yavuze ko imyitozo ya gisirikare isanzwe ikorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika izarangira iminsi itandatu mbere y'igihe cyari giteganyijwe.

    Iki gikorwa gikurikira itegeko rya Perezida wa Amerika Donald Trump ryo kugabanya iyi myitozo, avuga ko idakwiye kandi ko ishobora gufatwa nk'ubushotoranyi kuri Koreya ya Ruguru.

    Amakuru ataremezwa agaragaza ko Trump yifuza guhura n'umuyobozi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un mu mpera z'uyu mwaka.

    Perezida wa Koreya y'Epfo, Lee Jae-Myung, yavuze ko igihugu cye gikeneye kubaka ubushobozi bukomeye kandi bwigenga bwa gisirikare, nk'igice cy'ingamba zo kugabanya kwishingikiriza kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n'ingabo.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Irani iraburira ibihugu byo mu kigobe nyuma y'uko Emira z'Abarabu zihagaritse imikoranire na Tehran

    Mu gitondo cyo kuwa gatatu, ingabo za Irani zaburiye ibihugu byo mu kigobe cy'inyanja gufasha igisirikare cya Amerika, umunsi umwe nyuma y'uko Emira z'Abarabu (UAE) itangaje ko ihagaritse ubucuruzi bwose na Tehran, nyuma yo kuyishinja kurasa ibisasu bibiri bya misile k'ubwato.

    Ku rundi ruhande, itsinda rya Houthi Ansar Allah ryatangaje ko ryibasiye uruganda rutunganya Aramco i Jazan rikoresheje indege za drones, nta cyemezo cya Arabiya Sawudite, mu gihe hari umwuka mubi hagati y'iryo tsinda na Arabiya Sawudite.

    hagati aho ikigo cy'amakuru cya Mehr cyasubiyemo amagambo y'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Irani, Generali Majoro Ali Abdollahi, wavuze ko "ubufasha ubwo aribwo bwose cyangwa koroherezwa kw'ingabo za Amerika zirwanya ubutegetsi bifatwa nk'ubufatanye n'ingabo za Amerika" mu bikorwa byazo byo kurwanya Repubulika ya Kiiisilamu.

    Umuburo wa Irani ku bihugu byo mu kigobe cy'inyanja wabaye umunsi umwe nyuma y'uko UAE itangaje kuwa kabiri ko ihagaritse ubucuruzi bwose n'imari na Irani kugeza igihe hazabaho ikindi cyemezo, nyuma yo gushinja Tehran kurasa ibisasu bibiri bya misile byasaga n'ibisasu byo mu mazi bikagwa mu nyanja, kimwe kiri mu mazi y'inyanja ya UAE ikindi kiri hanze yayo.

  6. Trump yasubitseho iminsi itatu imisoro mishya kuri Canada, avuga ko amasezerano ari hafi

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika Donald Trump avuga ko yasubitse gushyira mu bikorwa imisoro mishya ku bicuruzwa byinshi bituruka muri Canada, mu gihe cy'iminsi itatu, mu gihe ibihugu byombi biri kurangiza amasezerano y'ubucuruzi.

    Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Nabaye mpagaritse imisoro ya 50% kuri Canada yari iteganyijwe gushyirwa mu bikorwa ejo mu gitondo, mu gihe cy’iminsi itatu, kubera ko Canada n'Amerika, mu gihe hasigaye gusa kurangiza gutunganya inyandiko za nyuma, [ubu] bifite AMASEZERANO!"

    Iri tangazo ryatanzwe hasigaye igihe kitageze ku masaha abiri ngo umusoro wa 50% ku bicuruzwa bitumizwa muri Canada bifite agaciro ka miliyari hafi 20 z’amadolari y'Amerika utangire gukurikizwa.

    Ibihugu byombi byari byarananiwe kumvikana ku bibazo bimwe na bimwe, birimo imisoro Amerika yashyize ku modoka zituruka muri Canada, ndetse n’icyemezo cy’intara nyinshi za Canada cyo kubuza cyangwa guhagarika kugurisha inzoga zikaze (liquor) zikorerwa muri Amerika.

    Trump na Minisitiri w’intebe wa Canada Mark Carney bagiranye ibiganiro inshuro ebyiri muri iki cyumweru.

    Nanone kandi, impande zombi zimaze igihe zikora ibiganiro byimbitse by’ubucuruzi kuva muri Nyakanga (7) uyu mwaka, nyuma y'uko Trump ateguje kuzamura imisoro kandi agashyiraho itariki ya 19 Kanama (8) nk’igihe ntarengwa.

    Mu ibaruwa Minisitiri w'intebe Carney yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati: “Hari intambwe ikomeye imaze guterwa, nubwo hakiri akazi k’ingenzi kagomba gukorwa.”

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Burundi: Babiri barimo umunyamahanga batawe muri yombi bashinjwa gucuruza intwaro mu buryo butemewe

    Umushinjacyaha mukuru w’u Burundi avuga ko hatangiye igikorwa cy’ubucamanza cyo kurega ibyaha, nyuma yuko itsinda ry’abantu ritawe muri yombi rishinjwa kugira uruhare mu bucuruzi bunyuranyije n’amategeko bw’intwaro ryifashishije inyandiko mpimbano.

    Itangazo ryo ku wa kabiri ry’umushinjacyaha mukuru w’u Burundi, Rose Nkorerimana, rivuga ko iryo tsinda rigizwe n’abanyamahanga n’abaturage bamwe b’u Burundi avuga ko bakoresheje inyandiko mpimbano kugira ngo bashobore kunyuza umuzigo w’intwaro ku butaka bw’u Burundi.

    Muri iryo tangazo ntihavugwa aho izo ntwaro zivugwa zari zikuwe n’aho zajyanwaga.

    Umushinjacyaha mukuru Nkorerimana yavuze ko Umunyafurika y’Epfo watangajwe ko yitwa Du Toit Wayne Patrick n’Umurundi watangajwe ko yitwa Muco Eddie, bamaze gutabwa muri yombi ndetse ko hafashwe intwaro nyinshi, zitasobanuwe ubwoko bwazo.

    Nta cyo abashinjwa batangaje ku mugaragaro.

    Umushinjacyaha mukuru avuga ko akomeje “amaperereza ya ngombwa kugira ngo hamenyakane neza uko ibyabaye byagenze no kugira ngo umuntu wese cyangwa umuryango [ikigo] wagize uruhare mu itegurwa n’ishyirwa mu ngiro ry’ibi byaha abiryozwe hisunzwe ibiteganywa n’amategeko”.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Umutangabuhamya yarakajwe n'ibibazo yabazwaga mu rubanza ku rupfu rwa Tupac

    Umwe mu bari bagize itsinda ry’abantu ba hafi b’umuraperi Tupac Shakur yagaragaje uburakari ubwo yatangaga ubuhamya ku munsi wa kabiri w’urubanza ku rupfu rwa Tupac, avuga ko yahatiwe kujya gutanga ubuhamya no kugaragaza abari inyuma y'urupfu rw'uyu muraperi.

    James “Mob James” McDonald yavuze ko yari yaburiwe ko ashobora guhanirwa gusuzugura urukiko, iyo aramuka yanze gutanga ubuhamya ku wa kabiri.

    Duane “Keffe D” Davis aregwa ubwicanyi kandi ashinjwa kuba ari we wateguye igikorwa cyahitanye Tupac Shakur. Gusa Davis yahakanye ibi birego byose ndetse avuga ko nta cyaha yakoze.

    McDonald yabajijwe inshuro nyinshi niba ashobora kugaragaza uwagize uruhare mu rupfu rwa Tupac.

    Mu gusubiza, atunze urutoki Davis, yagize ati: “Murambaza ikintu kitamubera cyiza.

    "Jye ntabwo ndi uwo kumwohereza muri gereza, ni mwe muzabikora."

    Uru rubanza rugamije gushaka ukuri ku rupfu rwa Tupac Shakur, ni rumwe mu manza ku bwicanyi zikomeye kandi zari zimaze igihe kirekire muri Amerika zitaragera ku mwanzuro.

    Rutangiye nyuma y’imyaka 30 Tupac apfuye.

    Tupac Shakur yari afite imyaka 25 igihe yaraswaga n'abantu bari mu modoka banyuraga hafi ye ku muhanda w'i Las Vegas, muri leta ya Nevada, nyuma yo kureba umukino w'iteramakofe wari urimo Mike Tyson, ku itariki ya 7 Nzeri (9) mu 1996.

    Abashinjacyaha bavuga ko Davis, wahoze ayobora South Side Compton Crips, itsinda ry’abantu bakekwaho kugira uruhare muri icyo gitero, yateguye icyo gikorwa nyuma y’uko umwishywa we Orlando Anderson arwanye na Tupac i Las Vegas, amasaha macye mbere y'uko araswa.

    Nk'uko ubushinjacyaha bubivuga, Davis yumvaga igitero cyagabwe kuri mwishywa we kidashobora kugenda gutyo gusa kidahorewe, ari na byo byatumye hategurwa iyicwa rya Tupac.

    Izindi nkuru wasoma:

  9. Liberia yemeye kwakira abantu bagera ku 1200 bo mu bindi bihugu birukanwe n'Amerika

    Leta ya Liberia yemeye kwakira, mu mezi 12 ari imbere, abantu bagera ku 1200 bakomoka mu bindi bihugu birukanwe n’Amerika, itsinda rya mbere ry’abirukanwe 20 rikaba ryitezwe kuhagera ku wa kane, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, bisubiramo amagambo yo mu itangazo leta yasohoye ku wa kabiri.

    Kuva butangiye imirimo muri Mutarama (1) mu mwaka ushize, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwagiranye amasezerano menshi n’ibihugu byinshi byo muri Afurika kugira ngo byakire abantu Amerika yirukanye ariko idashobora kohereza, mu buryo bukurikije amategeko, mu bihugu bakomokamo.

    Akenshi abo bantu bagiye babona uburyo bwo kubarengera mu mategeko bubuza ko basubizwa iwabo, nyuma yuko abacamanza bo muri Amerika b’impuguke mu bijyanye n’abinjira mu gihugu banzuye ko bafite ibyago byo gukorerwa iyicarubozo cyangwa irindi hohoterwa baramutse basubijwe mu bihugu bakomokamo.

    Reuters itangaza ko Amerika yagiye ishyigikira ayo masezerano yo kohereza mu bindi bihugu abo yirukanye ikavuga ko akurikije amategeko, nubwo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko amakuru arambuye kuri ayo masezerano adasobanutse neza, ndetse ko benshi birukanwe amaherezo birangira basubijwe mu bihugu bakomokamo.

    Itangazo rya leta ya Liberia rivuga ko abo birukanwe n’Amerika “bazaba barimo abaturage cyangwa abakomoka mu bihugu byo muri Afurika n’abo mu bihugu byo mu gice cy’isi cy’uburengerazuba [Western Hemisphere] bafite uruhushya rwa muganga rubemerera gukora ingendo”.

    Nta makuru yahise amenyekana y’ibihugu abo birukanwe bakomokamo. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yavuze ko idatangaza amakuru nk’ayo.

    Izindi nkuru wasoma:

  10. OMS yemeje ko icyorezo cya Ebola muri RD Congo kikiri ikibazo cyihutirwa gihangayikishije isi

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryemeje ko icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) gikomeje kuba ikibazo cyihutirwa cy'ubuzima rusange gihangayikishije amahanga.

    Nyuma yo kugirana ibiganiro n'abaminisitiri b'ubuzima ba RDC na Uganda, igikorwa kidakunze kubaho, umuyobozi mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ku itariki ya 17 Gicurasi (5) mu 2026 ko ikiza cya Ebola cyari cyongeye kwaduka ari ikibazo cy'ubuzima cyihutirwa ku rwego mpuzamahanga.

    Icyo gihe hari hashize iminsi ibiri ibyo bihugu byombi bitangaje ku mugaragaro ko Ebola yagaragaye.

    Ku itariki ya 19 Gicurasi (5), icyo cyemezo cyaje kwemezwa n’itsinda rya OMS rishinzwe ibibazo byihutirwa.

    Ku wa kabiri, avugira i Genève mu Busuwisi, Dr Tedros yabwiye inama ya kabiri ya komite ishinzwe amabwiriza mpuzamahanga y'ubuzima ko iki cyorezo cya Ebola ari icya kabiri kinini cyane kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka, kandi ko kiri gukwirakwira ku “muvuduko utarigeze ubaho mbere.”

    Abantu hafi 5,000 bamaze kwandura, mu gihe abarenga 2,300 bamaze gupfa mu ntara esheshatu no mu turere tw’ubuzima 55. Ubwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, butari bwarakunze kugaragara mbere, byagaragaye ko bigoye guhagarika ikwirakwira ryabwo.

    Dr Tedros yavuze ko umutekano mucye, abantu bava mu byabo ndetse n'ingendo nyinshi z'abantu banyura mu mihanda, mu migezi no mu duce tw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, birimo gutuma Ebola ikomeza gukwirakwira.

    Yanavuze ko abantu benshi bagipfira mu ngo zabo, batageze mu bigo nderabuzima kandi batari no ku rutonde rw'abantu bazwi ko bahuye n'abarwayi. Ibi bikaba ari ikimenyetso cy'uko buri muntu upfuye ashobora kuba yerekana ko hakiri abantu banduye n’uburyo virusi yakwirakwiriye bitaramenyekana.

    Ingaruka z’iki cyorezo ntizigarukira gusa ku mipaka ya Congo. Uganda yamaze kugenzura neza ubwandu bwa mbere bwari bwahageze, ariko mu kwezi gushize umwe mu bagenzi yajyanye virusi mu gihugu cy'Ubufaransa.

    Dr Tedros yagize ati: "Imipaka ishobora gutinza igikorwa cyo guhangana n’icyorezo, ariko ntishobora guhagarika virusi."

    Izindi nkuru wasoma:

  11. Ukraine: Uwari Minisitiri w'ingabo akirukanwa yasabye ko haba amatora ya perezida

    Uwahoze ari Minisitiri w’ingabo wa Ukraine Mykhailo Fedorov yasabye ko haba amatora muri iki gihe cy’intambara, ibi benshi bakaba babona ari ko guhangana kwa mbere gukomeye n’ubutegetsi bwa Perezida Volodymyr Zelensky kubayeho kuva intambara y’Uburusiya itangiye muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022.

    Muri videwo yatangaje ku rubuga rwa YouTube ku wa kabiri, Fedorov, w’imyaka 35, yagize ati: “Demokarasi ntishobora gufatwa bugwate n’Uburusiya.” Yongeyeho ko Ukraine irimo kurwana “neza neza kuko dushaka gukomeza kuba igihugu cyisanzuye [cyigenga] cy’i Burayi”.

    Kuva Uburusiya buteye Ukraine, iki gihugu gikomeje kubaho hashingiwe ku mategeko ya gisirikare yasimbuye aya gisivile kubera ibihe bidasanzwe by’intambara, ibyo bivuze ko amatora yahagaritswe.

    Fedorov, muri iyo videwo utavuze Zelensky mu izina, yirukanwe ku mwanya we wa minisitiri w’ingabo mu buryo butunguranye mu mpera ya Nyakanga (7) uyu mwaka, hashize amezi atandatu ashyizwe kuri uwo mwanya.

    Zelensky nta cyo yari yasubiza kuri iyo videwo ya Fedorov. Iyirukanwa rye ryateje imyigaragambyo mu bice binyuranye by’igihugu.

    Ku gihe cye nka minisitiri w’ingabo, Fedorov yashimwe ku kongera imbaraga muri iyo minisiteri, ayobora gahunda yo kurwanya ruswa ndetse ashyiraho uburyo bwo gushingira ku byo imibare igaragaza, mu gusesengura no kugerageza kunoza imyitwarire y’ingabo ku rugamba.

    Iyirukanwa rye ryemewe na benshi nk’iryari rifitanye isano n’ubushyamirane hagati ye n’umugaba mukuru w’ingabo, Oleksandr Syrskyi. Ibyumweru byinshi nyuma yaho, Syrskyi na we yasimbujwe kuri uwo mwanya, nyuma y’imyigaragambyo yari imaze ibyumweru yokeje igitutu perezida wa Ukraine.

    Muri iyo videwo yo kuri YouTube, Fedorov nta kimenyetso yatanze cya gahunda ateganya muri politike, ahubwo yibanda ku kuvuga ko hacyenewe “uburyo bukurikije amategeko, butekanye kandi bushyize mu gaciro bwo gutuma Ukraine isubizaho inzira yuzuye ya demokarasi no mu gihe cy’intambara imaze igihe kirekire”.

    Izindi nkuru wasoma:

  12. Umu-influencer wo muri Nigeria yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa cocaine ya miliyoni $28 yari ijyanywe mu Bwongereza

    Umunya-Nigeria uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, ukekwaho kuba afitanye isano n’itsinda ry’abantu bari mu bihugu bitandukanye bacuruza ibiyobyabwenge, yatawe muri yombi nyuma y'uko abategetsi bafashe kokayine (cocaine) ifite agaciro ka hafi miliyoni 28 z'amadolari y’Amerika (miliyari 41 FRW) yari igiye koherezwa mu Bwongereza.

    Afolabi Kazeem Michael yafatiwe ku kibuga cy’indege i Lagos mu cyumweru gishize, ubwo yari agiye gufata indege yerekeza i Paris mu Bufaransa, nk’uko ikigo cya Nigeria gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge cyabitangaje.

    Uyu mugabo w’imyaka 49, uzwi ku izina rya “KC Luxury” ukurikirwa kuri konti ye yo kuri Instagram n’abantu bagera ku 700,000, yagaragaraga ku mbuga nkoranyambaga yivuga nk’umucuruzi ukora ubucuruzi bwa zahabu n’ibicuruzwa by’agaciro gahambaye.

    Abategetsi bavuga ko Michael yari umuntu ukomeye mu bikorwa by’urusobe rw’abacuruza kokayine, aho yayinjizaga muri Nigeria ivuye muri Amerika y’Epfo, hanyuma ikoherezwa mu Burayi no muri Aziya.

    Kugeza ubu Michael ntaragira icyo avuga ku byo ashinjwa, kandi kugeza ubu ntaragezwa imbere y’urukiko ngo agire ibyo aregwa.

    Ikigo cya Nigeria gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (NDLEA) cyavuze ko ku wa mbere tariki ya 3 Kanama (8), rwasanze ibilo (kg) 184.5 bya kokayine bihishe mu dusanduku tw’ibara ry’ikigina, ahabikwa kandi hagaturuka imizigo i Lagos.

    NDLEA yavuze ko iyo kokayine yari igiye koherezwa mu mahanga n’itsinda ry’abantu bari mu bihugu bitandukanye bacuruza ibiyobyabwenge, aho rimaze imyaka rikoresha Nigeria nk’igihugu banyuzamo ibiyobyabwenge mbere yo kubijyana mu Bwongereza, mu bindi bihugu by’Uburayi ndetse no muri Aziya.

    Michael yatawe muri yombi nyuma y’iminsi 10 ibyo biyobyabwenge bifashwe, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cy’indege cya Murtala Muhammed i Lagos, ubwo yageragezaga kuva muri Nigeria mu ndege yo mu cyiciro cya mbere (Business Class) yerekezaga i Paris.

    Izindi nkuru wasoma:

  13. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.