Kenya igiye kohereza abandi bapolisi 600 muri Haïti

    • Umwanditsi, Will Ross
    • Igikorwa, Umwanditsi mukuru kuri Afurika, BBC News
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Kenya yasezeranyije kohereza abandi bapolisi 600 muri Haïti mu byumweru biri imbere, gufasha kurwanya ibico by'abagizi ba nabi bigenzura igice kinini cy'umurwa mukuru, Port-au-Prince, n'uduce turi hafi yawo.

Ibyo byatuma umubare w'abapolisi ba Kenya bari muri icyo gihugu, bagiye bongerwa mu buryo buhoraho guhera muri Kamena (6) uyu mwaka ngo bafashe polisi iri mu bibazo bikomeye yo muri icyo gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes, ugera ku 1,000.

Mu ruzinduko yagiriye muri icyo gihugu, Perezida wa Kenya William Ruto yanavuze ko ashyigikiye ko ubwo butumwa bw'umutekano buyobowe na Kenya bwo muri iki gihe, bwahindurwa igikorwa cyuzuye cy'ubutumwa bw'Umuryango w'Abibumbye (ONU) cyo kubungabunga amahoro.

Ibindi bihugu bicye byasezeranyije gukusanya byose hamwe abandi bashinzwe umutekano nibura 1,900.

Urugomo muri Haïti ruracyari rwinshi, ndetse n'inzobere ya ONU ku burenganzira bwa muntu yaburiye ko ibico by'abagizi ba nabi birimo kwibasira uduce dushya, bigatuma abandi bantu bata ingo zabo.

Akanama k'umutekano ka ONU kitezwe guterana mu mpera y'uku kwezi kagafata icyemezo niba ubutumwa bwa Kenya muri Haïti bwakongererwa igihe cy'andi mezi 12, bigacira inzira kuba bwahinduka ubutumwa bwuzuye bwa ONU mu mwaka wa 2025.

Ibyo byatuma bwongererwa inkunga n'ubushobozi bwo gukora. Kugeza ubu ubwo butumwa bwakomwe mu nkokora no kutagira ibikoresho bihagije.

Ageza ijambo ku bapolisi ba Kenya mu kigo cyabo i Port-au-Prince, Perezida Ruto yabashimye ku byo bamaze kugeraho mu mezi macye ashize.

Yagize ati: "Hari abantu benshi batekerezaga ko ubutumwa bwo muri Haiti budashoboka, ariko uyu munsi bahinduye intekerezo zabo [bisubiyeho] kubera intambwe mwateye."

Yavuze ko abo bapolisi bazatsinda ibyo bico by'abagizi ba nabi ndetse abasezeranya kugerageza kubabonera ibikoresho byiza kurushaho.

Ruto yavuze ko abo bapolisi ba Kenya bagera hafi kuri 400 bari muri Haïti, bajya ku irondo "bakorana n'abashinzwe umutekano ba Haiti mu rwego rwo kurinda abaturage no kugarura umutekano".

Yongeyeho ati: "Icyiciro cyacu gikurikiyeho, 600 b'inyongera, kiri mu mahugurwa yo koherezwa. Mu byumweru bicye tuzaba twiteguye kujya mu butumwa ndetse dutegerezanyije amashyushyu ubufasha bucyenewe bwo gutuma boherezwa."

Ariko hari bamwe muri Haïti banenze kuba nta gikorwa gikomeye kirakorwa ku bico by'abagizi ba nabi.

Inzobere ya ONU ku burenganzira bwa muntu iherutseyo yavuze ko ubwo butumwa nta bikoresho bihagije bufite ndetse ko bucyeneye indege za kajugujugu, indorerwamo zo kurebesha nijoro, n'indege nto zitajyamo umupilote (zizwi nka 'drone').

Ku wa gatanu, iyo nzobere, William O’Neil, yagize ati: "Ubutumwa bw'ibihugu bitandukanye bwo gufasha mu mutekano [buzwi nka MSS], bwahawe uruhushya n'akanama k'umutekano ka UN mu Kwakira (10) mu 2023, kugeza ubu bwohereje abatageze kuri kimwe cya kane [1/4] cy'abateganyijwe."

Yavuze ko nubwo hari ikomanyirizwa ku kugura intwaro mu mahanga, intwaro n'amasasu byakomeje kwinjizwa muri Haïti mu buryo bwa magendu, bituma ibico by'abagizi ba nabi byongera ahantu bigenzura, hiyongeraho uduce dushya.

Iyo nzobere ya ONU yari yasuye amajyepfo ashyira uburasirazuba bw'icyo gihugu, aho yavuze ko abapolisi nta bikoresho n'ubushobozi bwa tekinike bafite bwo guhangana n'ibico by'abagizi ba nabi.

Yasubiyemo amagambo y'umupolisi wa Haïti witwa Jérémie avuga ati: "Uko ibintu bimeze biri hafi y'uko bidashoboka. Tugomba kwiga kugenda ku mazi [gukora ibidashoboka]."

O’Neil yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereye cyane, ndetse ko ubu abantu barenga 700,000 bataye ingo zabo.

Ati: "Aka kababaro gakomeje kagomba guhagarara. Ni ugusiganwa n'igihe."

Yavuze ko ibisubizo bisanzwe biriho ariko ko umuhate ugomba "kongerwa aka kanya".

"Ni ingenzi cyane kubuza amahwemo ibico by'abagizi ba nabi binyuze ku guha ubutumwa bwa MSS ubushobozi bwo gutuma bukora neza mu gufasha ibikorwa bya polisi y'igihugu ya Haiti, no gushyira mu bikorwa izindi ngamba zateganyijwe n'akanama k'umutekano k'Umuryango w'Abibumbye, zirimo ibihano n'ikomanyirizwa ku kugura intwaro."