Israel: Utavuga rumwe na leta yasabye Netanyahu kwisubiraho ku kwirukana Minisitiri w'ingabo

Yair Lapid yavuze ko Minisitiri w'ingabo Yoav Gallant yirukanwe kubera "kuvuga ukuri"

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Yair Lapid yavuze ko Minisitiri w'ingabo yirukanwe kubera "kuvuga ukuri"
Yatangajwe

Umukuru w'abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Israel Yair Lapid yasabye Minisitiri w'intebe Benjamin Netanyahu "kuburizamo" iyirukanwa rya Minisitiri w'ingabo Yoav Gallant.

Lapid yabwiye inama y'abadepite bo mu ishyaka rye Yesh Atid ko Israel itakwiha ibyo guhindura minisitiri w'ingabo muri iki gihe.

Yagize ati: "Mureke tujye aho perezida aba, nuko dutangire ikiganiro cyo ku rwego rw'igihugu kizarangira dufite itegekonshinga rishingiye ku Itangazo ry'Ubwigenge, na leta twese tubanamo mu bwubahane".

Yongeyeho ko Minisitiri w'intebe Netanyahu yirukanye Gallant "kubera impamvu imwe gusa - yari arimo avuga ukuri".

Uwo wari Minisitiri w'ingabo, wo mu ishyaka Likud rya Netanyahu, yari yasabye ko kuvugurura urwego rw'ubutabera bihagarara kugira ngo ibiganiro bibe ari byo bihabwa igihe kinini kurushaho.

Gallant yari yaburiye ko iyo gahunda y'amavugurura ari "ibyago bigaragara by'aka kanya kandi bifatika ku mutekano wa leta [ya Israel]".

Mu gihe hari kuba imyigaragambyo muri Israel yo kwamagana ayo mavugurura, Gallant yari yaburiye ko aya makuba arimo guteza imvururu zo mu rwego rw'imibereho kandi ko ashobora kwangiza umutekano wa Israel.

Ariko kugeza ubu Netanyahu yanze kumvira abamusaba gukuraho ayo mavugurura.

Yoav Gallant

Ahavuye isanamu, AMIR COHEN

Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'intebe wa Israel ku cyumweru yirukanye Minisitiri w'ingabo Yoav Gallant (uboneka kuri iyi foto)
Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Gallant yavuze ko abasirikare ba Israel barakaye kandi bumva baratengushywe, kandi ko ibyo biri ku kigero cyo hejuru atari yarigeze abona.

Ku cyumweru, Minisitiri w'intebe Netanyahu yatumijeho Yoav Gallant mu nama, amubwira ko atakimufitiye icyizere nka Minisitiri w'ingabo.

Iryo tegeko kuri gahunda ya leta ya Israel yateje amakimbirane ku kugabanya ububasha bw'urwego rw'ubutabera, yatumye ubu hashize amezi haba imyigaragambyo ku rwego rw'igihugu.

Ririmo nko gutuma inteko ishingamategeko yasesa ibyemezo by'urukiko rw'ikirenga - ibi abanenga leta bakaba bavuga ko bizabangamira ubwigenge bw'urwego rw'ubutabera kandi ko bishobora gukoreshwa ku nyungu za politiki.

Ariko Netanyahu avuga ko aya mavugurura agamije kubuza inkiko kurengera mu bubasha bwazo kandi ko aya mavugurura yatowe n'abaturage mu matora aherutse.

Mu yandi makuru, itegeko rishya, ryatowe ku wa kane ku majwi 61 kuri 47 y'abataritoye mu nteko ishingamategeko ya Israel (izwi nka Knesset) igizwe n'abadepite 120, nyuma y'impaka zamaze ijoro ryose, ribuza ko minisitiri w'intebe yatangazwa n'umushinjacyaha mukuru ko atagishoboye imirimo ye.

Rivuga ko minisitiri w'intebe wenyine cyangwa bitatu bya kane (3/4) by'abagize guverinoma ye ari bo bashobora gutangaza ko minisitiri w'intebe adashoboye imirimo ye ku mpamvu z'ubuzima bwo ku mubiri cyangwa mu bitekerezo.

Netanyahu arimo kuburana mu manza eshatu ku birego bya ruswa, uburiganya no kurenga ku cyizere. Ahakana ibyo aregwa akavuga ko nta kibi yakoze, ndetse ko arimo "kwibasirwa".