DRC-M23: Hagiye gukurikiraho iki mu gihe M23 yanze gusubira inyuma nk'uko ibisabwa?
Mu gihe umutwe w'inyeshyamba wa M23 urwanya leta ya Republika ya Demokarasi ya Congo uvuga ko utazasubira inyuma nk'uko bisabwa, ubu haribazwa ikigiye gukurikiraho.
Inama y'abakuru b'abakarere yaraye ibereye i Luanda muri Angola yafashe umwanzura yuko M23 ihagarika ibitero kuri FARDC igasubira mu birindiro yaririmo imbere y'ibitero, bitagenze uko ikaraswaho.
Ariko uwo mutwe uvuga ko uwo mwanzuro utawureba kuko utari watumiwe muri iyo nama, kandi ko ibyo gusubira inyuma bidashoboka.
Twashatse kumenya icyaba kigiye gukurikiraho, maze mugenzi wacu Felin Gakwaya avugana na Onesphore Sematumba, ushinzwe akarere k'ibiyaga bigari mu kigo mpuzamahanga kireba ibijyanye n'amakimbirane, ICG (International Crisis Group). Wakumva icyo kiganiro aho hejuru...






