Syria ivuga ko igitero cya Israel hafi y'i Damascus cyahonyoye amategeko mpuzamahanga

Ahavuye isanamu, Getty Images
- Umwanditsi, Henry Moore
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 4
Syria yamaganye igitero cya Israel ku cyaro cya Beit Jinn, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw'umurwa mukuru Damascus, abategetsi bavuga ko cyarashe imodoka ya gisivile ndetse kigakomeretsa abantu benshi.
Icyo gitero ni icya kabiri kizwi kigabwe na Israel kuri Syria muri iki cyumweru gishize, Syria ikaba yavuze ko ari "ihonyorwa" ry'ubusugire bwayo n'iry'amategeko mpuzamahanga.
Mu butumwa cyatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, igisirikare cya Israel cyavuze ko cyarashe "ukora iterabwoba" wari uri "mu byiciro bya nyuma" byo gutegura ibitero byari biteje inkeke y'ako kanya ku basirikare.
Ibi bishya bibaye hashize iminsi hamenyekanye amakuru ko Israel yarashe ku kibuga cy'indege cya gisirikare cyo muri Syria kiri hafi y'umupaka na Turukiya. Icyo gihe Syria yavuze ko icyo gitero giteje inkeke yo gutuma ubushyamirane bufata indi ntera mu karere.
Nyuma y'icyo gitero cyabanje, Amerika yasohoye itangazo ry'imbonekarimwe ryo gucyaha Israel, ivuga ko ibyo yakoze ari ugutuma "ibintu bifata indi ntera bitari ngombwa kandi ntibiteza imbere umutekano wo mu karere".
Mu kiganiro cyo ku wa gatanu, ambasaderi w'Amerika muri Turukiya, Tom Barrack, yumvikanishije ko icyo gitero gishobora kuba ari uburyo bw'"Abanya-Israel bwo kugusha mu mutego Abanya-Turukiya", mu igerageza ryo gutuma Turukiya yinjira mu ntambara mbere y'amatora yimirije kuba muri Israel.
Ayo magambo ya Barrack yatumye Minisitiri w'ingabo wa Israel, Israel Katz, ugendera mu murongo w'ibitekerezo by'ubuhezanguni mu gukomera ku bya kera, avuga ko ayo magambo ye "yuzuyemo ibitari ukuri".
Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Katz yongeyeho ko ingabo za Israel zari zirimo gukora "hashingiwe ku makuru y'ubutasi asobanutse neza ajyanye n'intego za Turukiya".
Nyuma y'ibyo bitero byo ku wa kabiri ku kibuga cy'indege cya gisirikare cya Abu al-Duhur, ibiro bya Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu byasohoye itangazo bigira biti:
"Israel na Syria byemeranyije gutuma ibintu bikomeza kuba uko bimeze ku bijyanye n'umutekano, Syria ikaba yari iri hafi kubirengaho mu kwemerera ingabo za Turukiya kujya ku kibuga cy'indege cya gisirikare kiri hafi y'i Aleppo."

Ahavuye isanamu, Anadolu via Getty Images
Nyuma y'icyo gitero, Turukiya ntiyemeje niba hari ingabo zayo zagiye ku kibuga cy'indege cya gisirikare cya Abu al-Duhur, kiri mu ntera ya kilometero 70 uvuye ku mupaka wa Turukiya. Ariko Turukiya yahakanye ibyumvikanishijwe na Israel byuko iteje inkeke.
Kuva mu mwaka wa 2013, ikibuga cy'indege cya gisirikare cya Abu al-Duhur nta mirimo ya gisirikare igikorerwaho ijyanye no kuba ari ikibuga cya gisirikare. Inyeshyamba zagifashe ubwo ziraraga mu bice binyuranye by'igihugu zikabifata mu Kuboza (12) mu mwaka wa 2024.
Israel yigaruriye ubutaka bwo mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Syria yafashe nyuma y'ihirikwa ku butegetsi rya Bashar al-Assad mu 2024.
Syria imaze igihe igerageza kongera kubaka ibigo bya gisirikare byangirikiye mu gitero cyahiritse ubutegetsi bwa Bashar al-Assad.
Igisirikare cya Turukiya gikomeje guha ubufasha Syria kuva Assad ahiritswe, mu gihe Israel ikomeje kurebana amakenga menshi ibyo bihugu byombi.
Perezida w'inzibacyuho wa Syria Ahmed al-Sharaa yubatse umubano wa hafi cyane n'uburengerazuba bw'isi, by'umwihariko Amerika, kuva ageze ku butegetsi, ndetse mu Gushyingo (11) mu 2025 yabaye umutegetsi wa mbere wa Syria ugiriye uruzinduko mu biro bya Perezida w'Amerika, bizwi nka White House.














