Henry Kissinger, wabaye Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika, yapfuye ku myaka 100

Yatangajwe

Henry Kissinger, wahoze ari Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika, yapfuye ku myaka 100 ari mu rugo iwe muri leta ya Connecticut.

Itangazo ryasohowe n'ikigo cye Kissinger Associates cy'ubugishwanama muri politiki mpuzamahanga, ntiryavuze icyateje urupfu rwe.

Kissinger yabaye umudiplomate mukuru w'Amerika n'umujyanama ku mutekano w'igihugu mu gihe cy'ubutegetsi bwa Perezida Richard Nixon (1969 - 1974) no ku butegetsi bwa Perezida Gerald Ford (1974 - 1977).

Yaharaniye ashimitse politiki yo koroshya ubushyamirane, yabyukije umubano w'Amerika n'Ubumwe bw'Abasoviyeti, n'umubano wayo n'Ubushinwa.

Uburyo bwe bw'imikorere ya diplomasi yo kuvugisha abarebwa n'ikibazo ariko badashobora kwicarana ku meza y'ibiganiro, ikizwi nka 'shuttle diplomacy', bwafashije mu gusoza intambara y'Abarabu na Israel yo mu 1973.

Ndetse n'ibiganiro bye byagejeje ku masezerano y'amahoro ya Paris, yasohoye Amerika mu ntambara ya Vietnam yari imaze igihe yarabaye akaga kuri Amerika.

Ariko ibyo abamushyigikira babona ko kwari ugushyira imbere ibishoboka mu ngiro muri politiki ("Realpolitik") aho gushingira ku murongo w'ibitekerezo, abamunenga bo babyamaganye nk'ibintu bibi.

Yashinjwe gushyigikira mu buryo buteruye ihirikwa ry'ubutegetsi ryiciwemo abantu rya guverinoma y'amatwara ya gisosiyalisti muri Chili.

Kissinger yahawe igihembo cy'amahoro cyitiriwe Nobel, anamaganwa bikomeye nk'uwakoze ibyaha byo mu ntambara.

Heinz Alfred Kissinger yavukiye mu muryango w'Abayahudi w'amikoro ari hagati na hagati, i Bavaria mu Budage, ku itariki ya 27 Gicurasi (5) mu 1923.

Umuryango we waje guhunga itotezwa Abayahudi bakorerwaga n'ubutegetsi bw'aba Nazi, ariko wifatanya (wisanga) n'Abayahudi bakomoka mu Budage b'i New York muri Amerika, mu mwaka wa 1938.

'Umwizerwa kandi w'ijwi ryihariye' – George W Bush

George W Bush wabaye Perezida w'Amerika, ni umwe mu bahaye icyubahiro Kissinger.

Mu itangazo yasohoye binyuze mu kigo cye, yavuze ko Amerika "itakaje umwe mu bizerwa cyane kandi b'amajwi yihariye mu bubanyi n'amahanga".

Iryo tangazo rikomeza rigira riti: "Maze igihe kirekire nshima umugabo wahunze aba Nazi ari umuhungu w'urubyiruko wo mu muryango w'Abayahudi, ubundi akabarwanya ari mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika].

"Nyuma yaho ubwo yabaga Minisitiri w'ububanyi n'amahanga, gushyirwa kuri uwo mwanya nk'uwahoze ari impunzi byari bivuze byinshi ku gukomera kwe no ku gukomera kw'Amerika.

"Yabaye mu butegetsi bw'abaperezida babiri ndetse agira inama abandi benshi. Ndamushimira ako kazi n'inama, ariko ndamushimira cyane ku bw'ubushuti bwe."

Bush yavuze ko we n'umugore we bazakumbura ubushishozi bwa Kissinger, urugwiro no gusetsa.

Minisitiri w'intebe w'Ubuyapani Fumio Kishida yashimye "umusanzu ukomeye" wa Kissinger ku "mahoro n'ituze" muri Aziya.

Kishida yihanganishije umuryango we, yongeraho ati: "Nifuzaga guha icyubahiro cyinshi ibikorwa bikomeye yakoze."

Kissinger yisubiyeho ku ho yari ahagaze kuri NATO na Ukraine

Mbere y'igitero cy'Uburusiya muri Ukraine muri Gashyantare (2) mu 2022, Henry Kissinger yavuze ko adashyigikiye ko Ukraine yinjira mu muryango w'ubwirinzi bwa gisirikare bw'Uburayi n'Amerika (OTAN/NATO).

Yavuze ko ibyo byaba "bitarimo ubushishozi" kandi ko bishobora gutuma ibintu bihuhuka.

Amezi macye nyuma yuko intambara itangiye, Kissinger yongeye guteza uburakari ubwo yumvikanishaga ko Ukraine ikwiye guharira ubutaka Uburusiya kugira ngo intambara irangire.

Ariko aho yari ahagaze kuri iyi ntambara hagiye hahinduka.

Muri Mutarama (1) uyu mwaka, ubwo yavugiraga mu nama y'ihuriro ry'ubukungu ku isi, yitabiriye mu buryo bw'iyakure bwa videwo, Kissinger yagize ati:

"Mbere y'iyi ntambara sinari nshyigikiye ko Ukraine iba umunyamuryango wa NATO, kuko nari mfite ubwoba ko byatuma hatangira ibintu nk'ibyo turimo kubona ubu."

Ariko yongeyeho ko ubu "muri ibi bintu igitekerezo cya Ukraine idafite uruhande ibogamiyeho nta cyo kikivuze".