Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Rwanda: 'Abajenerali' bahoze mu bakuru ba FDLR batangiye kwiregura
Yves Bucyana
BBC Gahuzamiryango i Nyanza
Abagabo batandatu bahoze mu mutwe wa FDLR ukorera muri DR Congo urwanya leta y’u Rwanda batangiye kwiregura i Nyanza ku byaha baregwa, abumviswe uyu munsi bavuze ko bagiye muri FDLR birwanaho, bahakana uruhare mu bitero uwo mutwe wagabye ku Rwanda.
Aba bagabo baregwa ibyaha bitatu; kurema umutwe w’ingabo utemewe, ubugambanyi, no kuba mu mutwe w’iterabwoba. Ibyaha bishingiye ku bitero FDLR yagiye igaba ku Rwanda mu myaka yashize. Bose bahakana ibyo baregwa.
Aba bari bafite amapeti yo hejuru muri FDLR bafatiwe muri RD Congo mu bihe bitandukanye mbere ya 2019 bohererezwa ubutegetsi bw’u Rwanda, barafungwa.
I Nyanza mu rukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imipaka, uwo bahereyeho bumva kwiregura kwe ni Joseph Habyarimana alias Sophonie Mucebo wari ufite ipeti rya General Major muri FDLR.
Habyarimana yahoze ari umusirikare mu ngabo za FAR zatsinzwe mu 1994 afite ipeti rya Lieutenant, yavuze ko yinjiye muri FDLR mu “kwirwanaho no kurwana ku mpunzi” aho babaga i Masisi ngo kuko baterwaga n’imitwe ya Mai-Mai.
Yahakanye ibirego by’ubushinjacyaha ko yagize uruhare mu bitero bya FDLR ku Rwanda avuga ko igihe byakorwaga we yari yarafashwe n’inzego z’ubutegetsi bwa Congo zaramujyanye gufungirwa i Kinshasa aho yakuwe yoherezwa mu Rwanda.
‘Sophonie Mucebo’ yavuze ko yavuye muri FDLR mu 2016 akaba umusivile agafatwa n’inzego z’umutekano za Congo ubwo yari atahutse mu Rwanda akajya gufungirwa i Kinshasa, akoherezwa mu Rwanda mu 2018.
Yavuze ko icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba atacyemera kuko itegeko rishyiraho icyo cyaha ryagiyeho atakiri muri FDLR afungiye i Kinshasa.
Yasabye urukiko kumugira umwere kandi rugategeka ko “najyanwa mu ngando i Mutobo mbere y’uko nsubizwa mu buzima busanzwe.”