Igitero cy'Uburusiya ku bitaro ni 'ubugome bukabije' – Zelensky

Inyubako irimo gushya i Dnipro muri Ukraine

Ahavuye isanamu, Telegram/Serhiy Lysak

    • Umwanditsi, James Waterhouse & Antoinette Radford
    • Igikorwa, BBC News, i Dnipro & London
  • Yatangajwe

Abategetsi bo muri Ukraine bavuga ko abantu nibura babiri bishwe naho abandi barenga 30 barakomereka mu gitero cya misile cy'Uburusiya ku ivuriro ryo mu mujyi wa Dnipro mu burasirazuba bwa Ukraine.

Umukuru w'akarere Serhiy Lysak yavuze ko abahungu babiri, umwe w'imyaka itatu n'undi w'imyaka itandatu, na bo bari mu bakomeretse muri icyo gitero cyo ku wa gatanu.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko icyo gitero ari "ubugome bukabije".

Ibitero by'Uburusiya kuri Ukraine byakajije umurego mu byumweru bya vuba aha bishize, mbere y'igitero cyitezwe cya Ukraine cyo gusubiza inyuma abasirikare b'Uburusiya.

Zelensky yatangaje videwo y'ivuriro ryangiritse igaragaza abazimya umuriro bahari, n'umwotsi uzamuka hejuru y'iyo nyubako.

Yagize ati: "Abakora iterabwoba b'Abarusiya nanone bemeje ko ari abarwanyi bibasira ikintu icyo ari cyo cyose cy'umutima wa kimuntu kandi kivugisha ukuri".

Mbere yaho, Lysak yavuze ko ku wa kane nijoro ako karere kagabweho "igitero kinini...kirimo ibisasu bya misile n'indege nto zitarimo umupilote [drone]".

Yagize ati: "Ni ijoro rigoye cyane. Hari hari urusaku rwinshi.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

"Dnipro yababaye".

Aho ku ivuriro hagabwe icyo gitero, abazimya umuriro bakase ibiti bakoresheje inkero (urukero) kugira ngo bashobore kugeza uruhombo rw'amazi ku ndimi z'umuriro wari wibasiwe iyo nyubako nini y'amagorofa atatu.

Hagati aho, mu byasenyutse, amatsinda y'abakora ubutabazi yari arimo gushakisha abantu babiri baburiwe irengero.

Abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko barashe bagahanura misile 17 na drone 31 zoherejwe n'Uburusiya.

Drone nyinshi na za misile zarashe ku hantu ho mu mujyi wa Dnipro no mu mujyi wa Kharkiv wo mu burasirazuba, harimo no ku bubiko bw'ibitoro.

Umurwa mukuru Kyiv wa Ukraine na wo warashweho, ndetse abategetsi bavuze ko ibisigazwa bya za drone zahanuwe byaguye ku gisenge cy'iduka, mu gihe inzu n'imodoka nyinshi byangiritse.

Mu Burusiya, ku wa gatanu mu gitondo igisasu cyangije inyubako yo kubamo inarimo n'ibiro byo gukoreramo mu mujyi wa Krasnodar wo mu mujyepfo.

Guverineri w'ako karere Veniamin Kondratyev, yavuze ko icyo gisasu cyatejwe na drone ebyiri za Ukraine, ati:

"Habayeho kwangirika kw'inyubako, ariko ibikorwa-remezo by'ingenzi cyane ntibyangiritse. Kandi icy'ingenzi cyane ni uko nta bapfuye cyangwa ngo bakomereke".

Akarere ka Belgorod ko mu Burusiya, muri iki cyumweru kibasiwe n'igitero kinini mu buryo butari bwarigeze bubaho mbere kivuye ku butaka bwa Ukraine, na ko karashweho mu ijoro.

Guverineri w'ako karere, Vyacheslav Gladkov, yavuze ko icyaro cya Kozinka cyarashweho inshuro zirenga 130. Yavuze ko umugore umwe yakomeretse.