‘APR BBC iradusebeje’ - Imbere ya Paul Kagame, APR yabuze ticket ya BAL izabera i Kigali

Ntore Habimana wa APR BBC afite umupira mu mukino wo ku cyumweru

Ahavuye isanamu, Rwanda Presidency

Insiguro y'isanamu, Ntore Habimana wa APR BBC afite umupira mu mukino wo ku cyumweru
Yatangajwe

Ku mbuga nkoranyambaga Abanyarwanda bakunda basketball bagaragaje ko bababajwe no kuba APR BBC (Armée Patriotique Rwandaise Basketball Club) yabaye iya nyuma mu mikino ya BAL – Sahara conference, nyuma yo gutsindwa umukino wabereye i Dakar imbere y’abakuru b’ibihugu Paul Kagame w’u Rwanda na Bassirou Diomaye Faye wa Senegal.

Sahara Conference ni akandi gace ka Basketball Africa League (BAL) kabera muri Senegal ko gushaka ikipe zizajya ku mikino ya nyuma ya BAL izabera i Kigali mu kwezi gutaha.

Utundi duce duhuza amakipe yabaye aya mbere mu turere twa Africa, turimo Kalahari conference ibera muri Africa y'Epfo na Nile Conference ibera mu Misiri.

Izindi kipe zo mu karere nka Dynamo y’i Burundi yasezerewe muri Kalahari Conference, naho City Oilers yo muri Uganda isezererwa muri Nile Conference.

Ku mukino wo ku cyumweru nijoro APR, idafite abakinnyi bayo b’ingenzi Adonis Filer na Obadiah Noel bavunitse, yatsinzwe na AS Douanes yo muri Senegal.

Uyu mukino wari witabiriwe n’abantu benshi kuri Arena y’i Dakar, barimo Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Africa y’iburengerazuba, hamwe na Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal.

Ba Perezida Paul Kagame na Bassirou Diomaye bari mu bafana barenga 8,000 bitabiriye uyu mukino nk'uko bivugwa na BAL

Ahavuye isanamu, Rwanda Presidency

Insiguro y'isanamu, Ba Perezida Paul Kagame na Bassirou Diomaye bari mu bafana barenga 8,000 bitabiriye uyu mukino nk'uko bivugwa na BAL

Ku rubuga X (rwahoze ari Twitter) umwe yanditse ati: “Ni igisebo kubona imikino tuzakira nta Equipe yacu irimwo. Umuntu uyoboye APR BBC bamuhindure biragayitse ku gihugu cyacu, baradusebeje. Coach nizere kwihita yiyirukana”

Undi ati: “APR basketball yarifite budget irenga 2billion Rwf ariko kubera kutamenya basketball badutaye mu nama”

Undi ati: “Umuntu wazanye bano bakinyi nuno mu Coach bazitabe PAC. APR BBC iradusebeje. Equipe yariri hasi cyane babatsinze nkabadahari.”

Muri Sahara conference yaraye irangiye, APR yatsinze imikino ibiri itsindwa ine muri itandatu yakinnye, bituma iba iya nyuma muri iryo tsinda, ndetse iba iya mbere yo mu Rwanda inaniwe kubona ticket y’imikino ya nyuma ya BAL ibera i Kigali.

Aba bategetsi bombi bafashe amafoto na ba kapiteni b'aya makipe mbere y'umukino

Ahavuye isanamu, Rwanda Presidency

Insiguro y'isanamu, Aba bategetsi bombi bafashe amafoto na ba kapiteni b'aya makipe mbere y'umukino

Amakipe umunani yabonye ticket y’iyi mikino ya BAL - ihuza amakipe yabaye aya mbere muri Basketball muri Africa - iterwa inkunga na NBA, ni aya:

  • Al Ahly (Libya)
  • Al Ahly (Misiri)
  • AS Douanes (Senegal)
  • Cape Town Tigers (Africa y’Epfo)
  • Fus de Rabbat (Maroc)
  • Petro de Luanda (Angola)
  • Rivers Hoopers (Nigeria)
  • US Monastir (Tunisia)

Iyi mikino ya nyuma ya BAL izabera muri Kigali Arena kuva tariki 24 z’ukwezi gutaha.

Mu gihe indi mikino nk’iyi yabanje u Rwanda rwabaga ruhagarariwe na Patriots cyangwa REG, kuri iyi nshuro abafana ba basketball i Kigali bashobora kureba iyi mikino nta kipe yo mu rugo ihari.