CHOGM2022 –Rwanda: Abagore barifuza ijambo riruseho ahigirwa ibibazo byabo

Yatangajwe

Mu bihugu byinshi, ibibazo byugarije abagore biracyafatwaho imyanzuro n’abagabo biganje mu myanya ifata ibyemezo. 

Iki ni kimwe byo abagore babarirwa mu magana bavuye mu bihugu 54 bigize Commonwealth bari ihuriro rya Women’s Forum baganiriyeho none kuwa kabiri i Kigali.  

Stephen Twigg, wahoze ari umudepite mu Bwongereza ubu akaba ari umukuru w’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize Commonwealth avuga ko iki kibazo koko gikomeye koko ariko ibihugu  byinshi byagihagurukiye. 

Yabwiye BBC ati: “Ibihugu bitandukanye bigikemura mu buryo butandukanye, bimwe byahisemo guharira imyanya runaka abagore mu nteko, ibindi bigira amashyaka akora list y’umugore/umugabo, kugira ngo byizere ko abagore bahagararirwa.  

“Haracyari ibibazo henshi muri Africa no mu bihugu byinshi ku isi mu kuba abagore badahagarariwe ku buryo bungana neza mu nteko.”

Ibihera mu myanzuro ntibijye mu ngiro

Benshi mu bagore bo mu Rwanda, n’ubu binubira ko hashize imyaka itatu leta yameke ikurwaho ry’imwe mu misoro isabwa ibikoresho by’isuku y’imihango, ariko kugeza ubu ntibyubahirijwe ngo igiciro kigabanuke.

None kuwa kabiri, Saidath Murorunkwere, umwe mu batishimiye uko ibyo bimeze, yabwiye BBC ati:  

“Njyewe ntangira gukoresha Cotex yaguraga 450Frw ubu uyu munsi iragura 1,200Frw! Niba ikibazo kiri ku isoko nibo batureberera, [nibatubwire] tumenye ngo igiciro cya cotex ntarenga aya ngaya.”

Ingabire Divine ukuriye ikigo kitegamiye kuri leta ‘I matter Initiative’ kigamije kurwanya ubukene bw’ibikoresho by’isuku mu mihango yabwiye BBC ko batabona impamvu igiciro cyabyo kitagabanuka kandi leta yaremeje gukuraho imwe mu misoro yabyo. 

Ati: “Batubwira ko kimwe mu mpamvu zituma ibiciro bizamuka ari uko ibikoresho bakoresha [mu kubikora] bigihenze. 

“Turakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo abacuruzi bakigurisha ku mafaranga yo hejuru babigabanye nk’uko twabibonye mu itangazo ryo mu 2019.”  

Ibindi bibazo byugarije abagore nk’ihohoterwa rikorerwa mu ngo, ubushomeri, n’ubukene bwo kwihangira imirimo ni ibindi byaganiriweho muri iriya nama.