Arusha: Umushinjacyaha yasabye ko Kabuga yoherezwa mu Rwanda

Ahavuye isanamu, Live Event
Umushinjacyaha w'urwego rwasigaye ruca imanza zasizwe n'urukiko rwa Arusha yasabye uru rwego ko rwakwiga ku irekurwa ry'agateganyo rya Félicien Kabuga akoherezwa mu Rwanda, igihugu afitiye ubwenegihugu bw'amavuko kandi "cyonyine cyagaragaje ubushake bwo kumwakira", nk'uko inyandiko y'uru rwego ibivuga.
Kabuga ubu afungiye muri gereza y'i La Haye mu Buholandi nyuma y'uko urugereko rw'uru rwego rukorerayo muri Nzeri (9) 2024 rwanzuye guhagarika by'igihe kitazwi urubanza rwa Kabuga w'imyaka 90 ku mpamvu z'uburwayi, kandi ko azarekurwa by'agateganyo.
Kabuga yashinjwe ibyaha birimo guha inkunga y'amafaranga umugambi wa jenoside mu Rwanda mu 1994, ibyaha yarezwe we yabyise "ibinyoma".
Ku wa kabiri i Arusha muri Tanzania, inteko y'abacamanza batatu; Iain Bonomy, Mustapha El Baaj na Margaret M. deGuzman hamwe n'umwanditsi Mr. Abubacarr M. Tambadou yize ku irekurwa ry'agateganyo rya Kabuga no koherezwa kwe mu Rwanda.
Inyandiko y'urukiko ivuga ko hashingiwe ku byabaye mu myaka ibiri ishize, "niba Kabuga arekuwe, azajya gusa mu Rwanda".
Mu butumwa bwanditse, Donatien Kabuga, umwe mu bana ba Kabuga, yabwiye BBC Gahuzamiryango ko umuryango wabo "uramagana igitekerezo cyo kuba umubyeyi wacu yakoherezwa mu Rwanda".
Yongeraho ati: "Igishyize mu gaciro ni uko umubyeyi bamujyana mu gihugu kirimo abana be, nuko bakamwitaho, dore ko akeneye gufashwa".
Radio RFI y'Ubufaransa ivuga ko umwunganizi wa Kabuga yagerageje gusaba kimwe mu bihugu by'i Burayi kuba cyamwakira. Gusa ko n'Ubufaransa, igihugu yafatiwemo muri Gicurasi(5) 2020 nyuma y'imyaka 26 ashakishwa, kitabyemeye.
Ruriya rwego rufite icyicaro i Arusha ruvuga ko ibihugu by'i Burayi Kabuga yifuza kuba yarekurwa akerekezamo "byanze kumwemera kandi igihugu arimo [Ubuholandi] gishimangira ko Kabuga 'adashobora kurekurirwa ku butaka bwacyo'."
Uru rwego ruvuga ko ariko Kabuga akomeje "kwinubira ko gukomeza kumufunga bihonyora uburenganzira bwe bw'ibanze".
Uru rwego rwatangaje ko rufite amakuru ahagije yo kuba rwafata icyemezo ku kumurekura akajyanwa mu Rwanda, kandi ko kubera uko amagara ye yifashe rwahawe inama n'inzobere zigenga ku buryo yatwarwa n'indege itwara abarwayi iva mu Buholandi ikagera mu Rwanda.
Uru rwego ruvuga ko u Rwanda rwatangaje ubushake bwarwo mu kurufasha mu bikenewe ngo Kabuga yoherezweyo, no "kurengera uburenganzira n'ubwisanzure bwe", harimo ubwo kuvuzwa no gufashwa.
Abo mu muryango we mbere bagaragaje ko kohereza Kabuga mu Rwanda byaba binyuranyije n'icyifuzo cye n'impungenge zabo ko uburenganzira bwe butakubahirizwa.
Ubushinjacyaha bwa ruriya rwego burasaba ko uru rukiko rufata umwanzuro kuri uko koherezwa. Igihe uwo mwanzuro uzafatirwa ntabwo kiratangazwa.
Bimwe kuri Kabuga
Umuherwe wo mu bwoko bw'Abahutu wabarirwaga umutungo wa za miliyoni mu gihe cya Jenoside, Kabuga yavukiye mu cyari komine Mukarange mu cyahoze ari perefegitura ya Byumba, ubu ni mu karere ka Gicumbi mu ntara y'amajyaruguru y'u Rwanda.
Amakuru avuga ko ubukire bwe bwatangiriye mu bikorwa birimo n'ubuhinzi bw'icyayi mu majyaruguru y'igihugu. Nyuma yabaye umushoramari mu bushabitsi butandukanye mu Rwanda no mu mahanga.
Yari bugufi bw'ishyaka ryari ku butegetsi rya MRND ry'uwari Perezida w'u Rwanda Juvénal Habyarimana. Ndetse yari bamwana w'uwari Perezida Habyarimana.
Kabuga, ashinjwa kandi kuba yari umwe mu batangije televiziyo RTLM n'ikinyamakuru Kangura by'Abahutu b'abahezanguni. Ibirego yahakanye mu rukiko.
Nyuma ya Jenoside, ubwo FPR yari imaze gufata ubutegetsi, yarahunze, nyuma avugwa cyane i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya, mu gihe cy'ubutegetsi bw'uwari Perezida Daniel Toroitich arap Moi.
Itangazo rya minisiteri y'ubutabera y'Ubufaransa rivuga ko nyuma ya Jenoside, Kabuga yabaye mu Budage, mu Bubiligi, muri Congo-Kinshasa, muri Kenya cyangwa mu Busuwisi.













