Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Abaminisitiri babiri ba Israel bakangishije kwegura kubera gahunda y'agahenge
- Umwanditsi, Jaroslav Lukiv
- Igikorwa, BBC News
- Yatangajwe
Abaminisitiri babiri b'ibitekerezo by'ubuhezanguni bwo gukomera cyane ku bya kera bo muri Israel, bakangishije kuva muri leta no gutuma urugaga ruri ku butegetsi rusenyuka, niba Minisitiri w'intebe Benjamin Netanyahu yemeye icyifuzo cy'agehenge cyatangajwe ku wa gatanu na Perezida w'Amerika Joe Biden.
Minisitiri w'imari Bezalel Smotrich na Minisitiri w'umutekano w'igihugu Itamar Ben-Gvir bavuze ko badashyigikiye kugera ku masezerano ayo ari yo yose mbere yuko Hamas isenywa.
Ariko umukuru w'abatavuga rumwe n'ubutegetsi Yair Lapid yasezeranyije gushyigikira leta niba Netanyahu ashyigikiye iyo gahunda y'agahenge.
Mbere, Minisitiri w'intebe Netanyahu na we ubwe yashimangiye ko nta gahenge gahoraho kazabaho kugeza ububasha bwa gisirikare n'ubwo gutegeka bwa Hamas bushenywe ndetse abashimuswe bose bakarekurwa.
Gahunda ya Biden, ikubiye mu byiciro bitatu, yatangirana n'agahenge k'ibyumweru bitandatu, aho ingabo za Israel (IDF) zakura abasirikare bazo mu duce dutuwemo two muri Gaza.
Amaherezo ayo masezerano yageza ku irekurwa ry'abashimuswe bose, "ihagarikwa ry'imirwano" rihoraho, ndetse na gahunda nini yo kongera kubaka Gaza.
Ariko mu butumwa yatangaje ku wa gatandatu ku mbuga nkoranyambaga, Minisitiri Smotrich yavuze ko yabwiye Netanyahu ko atazaba "muri leta yemera gahunda yatanzwe nk'icyifuzo ndetse isoza intambara hatabayeho gusenya Hamas no kugarura abashimuswe bose".
Minisitiri Ben-Gvir yunze mu rye, avuga ko "amasezerano... asobanuye isoza ry'intambara no gutererana intego yo gusenya Hamas. Aya ni amasezerano atagize icyo yitayeho, ni intsinzi y'iterabwoba ndetse ateje inkeke ku mutekano wa Leta ya Israel."
Yasezeranyije "gusesa leta" aho kwemera icyo cyifuzo.
Leta y'urugaga y'ab'ibitekerezo by'ubuhezanguni bwo gukomera ku bya kera ya Netanyahu ifite ubwiganze buto mu nteko ishingamategeko.
Icungira ku mashyaka atandukanye, arimo nk'ishyaka Otzma Yehudit (bivuze Ubutegetsi bw'Abayahudi) rya Ben-Gvir – rifite imyanya itandatu – n'ishyaka rya Smotrich rya Religious Zionism – rifite imyanya irindwi – kugira ngo igumane ubutegetsi.
Ariko Yair Lapid, umwe mu banyapolitiki bakomeye cyane batavuga rumwe n'ubutegetsi muri Israel, yihutiye kuvuga ko ashyigikiye Minisitiri w'intebe Netanyahu. Ishyaka Yesh Atid (bivuze Hari ejo hazaza) rya Lapid rifite imyanya 24 mu nteko.
Yavuze ko Netanyahu "yizere ko tumushyigikiye mu masezerano ku bashimuswe niba Ben-Gvir na Smotrich bavuye muri leta".
Uku kutumvikana kubaye mu gihe abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bateraniye i Tel Aviv ku wa gatandatu, mu myigaragambyo yo gusaba ko leta yemera gahunda yatanzwe nk'icyifuzo ya Biden.
Abigaragambya benshi banasabye ko Netanyahu yegura, ndetse bamwe babwiye abanyamakuru ko bafite ubwoba ko uyu Minisitiri w'intebe ashobora kwangiza icyo cyifuzo.
Itsinda ry'abaharanira gutahukana Abanya-Israel bose bashimuswe na Hamas, ryaburiye ko aramutse akoze ibyo, byashyira mu kaga ubuzima bw'abafungiye muri Gaza.
Ahandi, imirwano yarakomeje ku wa gatandatu mu mujyi wa Rafah wo mu majyepfo ya Gaza. Amakuru avuga ko ibitero byo mu kirere bya Israel byakubise muri uwo mujyi mu gice cyo ku mupaka na Misiri.
Ibisasu n'urusaku rw'amasasu byatangajwe ko byumvikanye no mu mujyi wa Gaza mu majyaruguru.
Minisiteri y'ubuzima ya Gaza igenzurwa na Hamas ivuga ko abantu barenga 36,000 bamaze kwicirwa muri Gaza kuva intambara yatangira.
Intambara yatangiye ku itariki ya 7 Ukwakira (10) mu 2023, ubwo abagabo bitwaje imbunda bo muri Hamas bagabaga igitero muri Israel kitari cyarigeze kibaho mbere, bica abantu hafi 1,200, bashimuta abandi 252 babajyana muri Gaza.