Kenya: Abapfuye bicyekwa ko biyicishije inzara bageze kuri 211

Yatangajwe

Indi mirambo 10 y'abayoboke bicyekwa ko ari ab'itorero ribwiriza ubutumwa bujyanye n'umunsi w'imperuka, yatahuwe mu ishyamba ryo mu karere ka Kilifi mu burasirazuba bwa Kenya.

Umukuru w'itorero aregwa kubategeka kwiyicisha inzara.

Itsinda rya leta rishinzwe gukusanya ibimenyetso bigize icyaha ryasanze muri iyo mirambo ryatahuye ku wa kabiri harimo iy'abana babiri.

Nyuma y'ikiruhuko cy'iminsi ibiri hadakorwa ishakisha ry'imirambo, polisi yasubukuye icyo gikorwa mu ishyamba rya Shakahola rifite hegitari 320.

Iyi mirambo yindi yabonetse yatumye umubare w'abamaze kumenyekana ko bapfuye bo mu itorero Good News International Church, bagera ku bantu 211.

Muri iryo shakisha, abayoboke batatu b'iryo torero batabawe barimo kwiyicisha inzara mu ishyamba. Ubuzima bwabo bumeze nabi ndetse bajyanwe ku bitaro aho barimo kwitabwaho.

Abantu 610 ni bo batangajwe ko baburiwe irengero.

Umukuru w'iryo torero, Pasiteri Paul Mackenzie, ategereje kuburanishwa. Ahakana avuga ko nta kibi yakoze.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wa Kenya, Kithure Kindiki, yavuze ko barimo gukora iperereza no ku birego byuko hari ibice bimwe by'imibiri byakuwe kuri imwe mu mirambo ngo bikoreshwe ku bandi bantu.