Joe Biden yavuze ko kwinjira muri NATO kwa Sweden na Finland "ntawe biteje akaga"

Yatangajwe

Sweden na Finland "bishyigikiwe byuzuye" na Amerika ku cyemezo cyabyo cyo gusaba kwinjira muri OTAN, nk'uko Perezida Joe Biden yabivuze.

Ibi bihugu byombi byatanze ubusabe bwo kwinjira muri iri shyirahamwe ryo gutabarana mu bya gisirikare muri iki cyumweru.

Kugira ngo byemererwe, bigomba gushyigikirwa n'ibihugu byose 30 bigize iryo shyirahamwe.

Ariko Turkiya yatangaje ko izatambamira ubusabe bw'ibi bihugu.

Kuwa kane, Biden yakiriye muri White House Minisitiri w'intebe Magdalena Andersson wa Sweden na Perezida wa Finland Sauli Niinisto, ababwira ko ubusabe bwabo "ari igikorwa gikwiye kumenwaho amazi" (kwishimira).

Ahagararanye nabo, Biden yagize ati: "Ibihugu bishya kwanjira muri NATO ntawe biteje akaga."

Yongeyeho ko ibi byombi nibyinjiramo "bizongera ingufu, umutekano, n'ubufatanye bw'iryo shyirahamwe".

Uburusiya bwavuze kenshi ko bubona OTAN nk'icyago kandi bwaburiye "ingaruka" niba ikomeje imigambi yo kwaguka.

Turkiya yo ishinja ibi bihugu byombi gucumbikira abakekwaho kuba abarwanyi b'ishyaka Kurdistan Workers' Party (PKK) yita umutwe w'iterabwoba.

Ariko umunyamabanga mukuru wa OTAN Jens Stoltenberg avuga ko yizeye ko izo mpungenge ibyazo bizakemurwa.

Biden yatangaje biriya nyuma y'uko Sena ya Amerika yemeje indi nkunga ya gisirikare na gisivile ya miliyari $40 kuri Ukraine.

Niyo nkunga nini cyane kugeza ubu izaba ihawe Ukraine.

Itegeko ryemeza iyo nkunga ryatindijwe n'uko Rand Paul umurepubulikani uhagarariye leta ya Kentucky yabanje kuryanga anenga gusesagura.

Ariko umukuru w'abarepubulikani muri Sena, Mitch McConnell, yamaganye izo mpungenge abwira abanyamakuru ko Sena ifite "inshingano za kimuntu" zo gufasha "igihugu gifite ubusugire na demokarasi kwitabara".

McConnell yagize ati: "Umuntu wese ufite impungenge z'inkunga itangwa ku ntsinzi ya Ukraine akwiye kwibaza ku giciro kirenze icyo mu gihe Ukraine yatsindwa."

Mu cyumweru gishize, minisitiri w'ingabo wa Amerika Lloyd Austin yasabye Sena kwemeza iyo nkunga aburira ko igisirikare cya Amerika gisigaranye gusa amafaranga yo koherereza Kyiv intwaro kugeza tariki 19 Gicurasi(5).

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yashimagije iyo nkunga ayita "umusanzu ukomeye wa US mu kugarura amahoro n'umutekano muri Ukraine, Uburayi, n'isi."

Iyo nkunga nshya izatuma inkunga yose hamwe Amerika imaze guha Ukraine igera ku arenga miliyari $50.