Nigeria: Abantu 24 bapfuye nyuma yo gushyira ifumbire mu biryo bazi ko ari umunyu

Ahavuye isanamu, Getty Images
Abantu 24 bo mu muryango umwe bapfuye nyuma yo kurya ibiryo bikekwa ko byarozwe mu majyaruguru ashyira uburengarazuba bwa Nigeria.
Byabaye mu gace k'icyaro kitwa Danzanke muri leta ya Sokoto.
Ali Inname ushinzwe ubuzima muri iyi leta, yabwiye abanyamakuru ko uwo muryango wibeshye ugakoresha ifumbire isa n'umunyu mu kurunga ibiryo byabo kuwa mbere.
Inname avuga ko abaganga bagerageje kwita kuri aba bantu ariko ntibyashoboka, barapfa.
Gusa abantu babiri bo muri uyu muryango bumvise/babonje kuri ibyo biryo bo ubu baracyari kwitabwaho mu bitaro.
Kubera ibi, abategetsi bongeye gusaba abantu kubika buri gihe ibinyabutabire by'uburozi kure y'aho bashyira ibiribwa ku mpamvu zo kurinda ubuzima bwabo.
Ibindi bisa n'ibi byabaye ku miryango hambere muri Nigeria ariko umubare w'abapfuye kuri iyi nshuro ni munini bidasanzwe.
Wasoma kandi n'ibi:
- Nigeria: Umunyeshuri yashenguwe no kubona umurambo w'inshuti ye mu isomo rya 'anatomy'
- Nigeria: Igisirikare kivuga ko abajura bahanuye indege y'intambara
- Nigeria yageze ku irekurwa ry'abagore n'abana 100 bari barashimuswe
- Wa munya Nigeria Hushpuppi yerekana ko atunze cane yemeye gutunga amahera y’inkomoko mbi





