Rwanda: Baribaza impamvu abatashye ubukwe bapimwa Covid-19 ku giciro 'gihenze'

Yves Bucyana/BBC Gahuzamiryango
Abantu batarenze 30 hamwe n'abagiye gushyingirwa bariyishyurira bagapimwa coronavirus kandi bakaba ari bazima kugira ngo batahe ubukwe, umuntu umwe apimwa yishyuye 50,000Frw, igiciro gikomeje guteza impaka.
Ibi byatumye hari abasubika ubukwe, n'ababukora ari abageni n'abantu bacyeya cyane kandi ntihabeho ibirori bimenyerewe.
Gusa hari n'abishoboye babangamiwe gusa n'uwo mubare mutoya w'abemerewe kubutaha.
Jules Manzi n'umugore we Solange bari mu kwezi kwa bucyi, hashize igihe gito bashyingiwe mu rusengero rwa Living Word Church Kanombe i Kigali bahita bitahira.
Nta yindi mihango n'ibirori byo kwiyakira bakoze, ikintu kidasanzwe mu bukwe mu Rwanda.
Leta ivuga ko muri ibi bihe by'icyorezo kidasanzwe icyemezo nk'icyo cyafashwe hagamijwe "kurokora ubuzima bw'abaturage".
Gusa bamwe bibaza impamvu ahandi hahurira abantu barenze 30 nko mu masoko, mu nsengero, mu nama zibaho n'ahandi abajyayo badategekwa kwipimisha ngo bishyure.
Mu magambo make, Jules Manzi yabwiye BBC ko yahisemo kwitwararika amabwiriza ya leta y'ibi bihe bidasanzwe aho gusubika ubukwe bwe.
Ati: "Twahisemo kuza mu rusengero kugira ngo tubone imigisha y'Imana. Amabwiriza yatanzwe mu gihe nari maze gukora gahunda, sinshobora gusubika ubukwe bwanjye.
"Ariko nanone ntibishoboka ko abatumirwa 30 bose bapimwa, byantwara miliyoni 1.5 y'amafaranga (hafi 1500$), ni amafaranga menshi. Tuzakora ibirori igihe nikigera."
Umugeni utifuje ko dutangaza umwirondoro we, arakora ubukwe kuri uyu wa kane i Kigali, we n'umukunzi we babashije kubona abantu 30 bazabutaha biyishyuriye ikiguzi cyo kwipimisha.
Agira ati: "Ubukwe buraba nta kundi! Ariko bitera ikibazo mu muryango kuko hari ukubwira ati 'kuki utantoranyije muri abo 30 bazaza?'.
"Icyiza kirimo ni uko ubukwe budahenze nka mbere, ikindi kibi ni uko hari amasaha bugomba kuba bwarangiye [mbere ya saa tatu z'ijoro] kandi urabizi ibirori byacu Abanyarwanda biryoha bwije".
Hakurya ya Kigali, ku Kamonyi, Wellars Kamana we yateguye ubukwe ariko aza kubusubika kubera aya mabwiriza adasanzwe.
Agira ati: "Aya mabwiriza yatanzwe hasigaye iminsi micye ngo nkore ubukwe. Nahisemo kubusubika kuko uzi ko ubukwe ari ibintu bibaho rimwe gusa mu buzima bwawe.
"Turasaba leta koroshya igapima abagiye kubukora ku buntu nkuko byagenze icyorezo kigitangira, cyangwa ikagabanya ibiciro byo kwipimisha."
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Anastase Shyaka avuga ko leta yatanze aya mabwiriza kugira ngo arokore ubuzima bw'abaturage.
Yumvikanye kuri televiziyo y'igihugu agira ati: "Mu bukwe biragoye kubuza abantu kwinezeza mu buryo ubwo ari bwo bwose, kuburyo no gusiga intera hagati y'abantu bidashoboka.
"Ndasaba abantu kugira ubukwe budasanzwe nk'uko turi mu bihe bidasanzwe."
Mu minsi ishize, imiryango yigenga yandikiye leta inenga ingamba zimwe zashyizweho zirimo no gupima abantu biyishyuriye, mu gihe ubushobozi bw'abantu bwazahajwe bikomeye n'iki cyorezo.










