Rwanda: Urukiko rwategetse ko umunyemari Alfred Nkubiri akomeza gufungwa

Bwana Nkubiri yaburanishijwe n'urukiko rw'ibanze rwa Gasabo rukorera i Kibagabaga

Ahavuye isanamu, BBC GAHUZA

Insiguro y'isanamu, Bwana Nkubiri yaburanishijwe n'urukiko rw'ibanze rwa Gasabo rukorera i Kibagabaga
Yatangajwe

Urukiko rw'ibanze rwa Gasabo mu mujyi wa Kigali rwategetse ko umunyemari wikorera ku giti cyiwe Alfred Nkubiri akomeze agafungwa by'agateganyo iminsi 30 ategereje kuburanishwa mu mizi.

Bwana Nkubiri aregwa ibyaha byahombeje leta miliyari zirengaho gato ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda muri gahunda yo guha abahinzi ifumbire.

Urubanza rwa Nkubiri ni rumwe muri dosiye z'abantu icyenda barimo abacuruzi bakomeye, bamaze ukwezi bafunze.

Aba baregwa kunyereza umutungo wa leta urenga miliyari icyenda y'u Rwanda muri gahunda yo guha abahinzi ifumbire yakozwe mu myaka irenga irindwi ishize.

Uyu munsi kuwa kabiri, urukiko rwavuze ko Bwana Nkubiri atazakurikiranwa ku cyaha cy'ubuhemu kuko mu gihe hashize imyaka itatu atagikurikiranyweho habayeho "ubusaze bw'icyaha".

Umucamanza yavuze ko Bwana Nkubiri akomeza gukurikiranwa ku byaha byo gukoresha inyandiko mpimbano no guhisha ibyakoreshejwe icyaha.

Avuga ko hari ibimenyetso bikomeye ko ibi byaha byombi byabayeho, bityo ko aramutse arekuwe yasibanganya ibimenyetso, akotsa igitutu abatangabuhamya, akanabangamira iperereza.

Remy Muhirwa, umuhungu wa Bwana Nkubiri, wari uri ku rukiko yabwiye abanyamakuru ko batanyuzwe n'icyemezo cy'urukiko ndetse bagiye kukijuririra.