Rwanda: I Kigali batangiye kubahiriza kwambara udupfukamunwa

Yatangajwe

Jean Claude MWAMBUTSA/BBC Gahuzamiryango i Kigali

Ku mihanda itandukanye mu mujyi wa Kigali, ku bantu bemerewe gusohoka, haraboneka bamwe bambaye udupfukamunwa, abapolisi nabo barabaza abatatwambaye impamvu.

Ni ingingo nshya yafashwe na leta y'u Rwanda muri weekend ishize, ko abantu bose bavuye mu ngo zabo bagomba kwambara utu dukoresho mu kwirinda ikwirakwira rya coronavirus.

Mu mujyi wa Kigali muri iki gitondo, biboneka ko abantu batangiye kwitabira kwambara utu dukoresho nubwo hari n'abatatwambaye.

Leta yatangaje ko inganda zitangira kudukora no kutugeza ku masoko uyu munsi kuwa mbere.

Abapolisi ku mihanda bambaye udupfukamunwa, barabaza abatatwambaye impamvu, bamwe barasubiza ko bagiye kutugura, abandi ko batari babizi.

Ku biboneka, muri iki gitondo kwambara utu dukoresho ntibiraba itegeko cyane, nta muntu ufite impamvu yatumye ava mu rugo polisi iri kubuza gukomeza urugendo kuko atambaye aka gakoresho.

Ku nzira, hari umugore utari ukambaye wabwiye umunyamakuru wa BBC ko ategereje utwo bavuze tudahenda tugiye gukorerwa mu Rwanda.

Leta yatangaje urutonde rw'inganda zifite uburenganzira bwo gukora utu dukoresho, byavuzwe kandi ko hazakorwa n'utudahenze kandi dushobora kumeswa.

Hashize ibyumweru bine Abanyarwanda bari mu bihe bidasanzwe aho batemerewe kuva mu ngo zabo kereka abagiye kugura ibiribwa, kwivuza, gushaka serivisi z'imari cyangwa abagiye gutanga izo serivisi.

Mu ntangiriro z'iki cyorezo, ishami ry'umuryango w'abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi OMS, ryavugaga ko kwambara udupfukamunwa bireba cyane abafite ibimenyetso by'iki cyorezo n'abatanga serivisi ku bantu benshi.

Uko iminsi yagiye ishira, abahanga mu buzima bagiye bagaragaza ko utu dukoresho dushobora kurinda abantu gukwiza iyi virusi kuko abafite ibimenyetso atari bo gusa bayikwirakwiza.

Mu bihugu byo muri aka karere, muri Tanzania itegeko ryo kwambara udupfukamunwa hanze y'urugo ryatangiye kubahirizwa uyu munsi kuwa mbere, muri Kenya ho rimaze icyumweru.