Kenya: Inzu y’amagorofa atandatu ibamo abantu yahirimye i Nairobi

Inzu igeretse gatandatu yahirimye ijya hasi
Insiguro y'isanamu, Inzu igeretse gatandatu yahirimye ijya hasi
Yatangajwe

Inzu igerekeranya y'amagorofa atandatu yahirimye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu mu gace kitwa Embakasi mu burasirazuba bw'umujyi wa Nairobi, biracyekwa ko hari benshi yagwiriye. Abantu babiri bamaze kuvanwamo bapfuye

Mu myaka ya vuba abantu babarirwa muri mirongo bapfuye mu masanganya nk'iri muri Kenya.

Umunyamakuru wa BBC uri kuri iyi nzu yahirimye avuga ko abantu batatu bakomeretse bikomeye bamaze kuvanwa munsi y'ibice by'inzu byabagwiriye ariko bagihumeka.

Muri bo harimo umugore n'umwana, undi ni umugabo, aba bahise bajyanwa ku bitaro bya Kenyatta National Hospital.

Imiryango 46 isanzwe ituye muri iyi gorofa yo guturamo (estate), igice cya mbere (niveau) cy'iyi nyubako ntabwo cyakoreshwaga. Nta bantu bari bagituyemo.

Abaturage bamwe nabo barashaka gukora ubutabazi
Insiguro y'isanamu, Abaturage bamwe nabo barashaka gukora ubutabazi

Kugeza ubu ntabwo bizwi neza umubare w'abantu bose baba bagwiriwe n'iyi nzu yahirimye iva hejuru ijya hasi.

Ibikorwa byo gutabara biri gukorwa.

Polisi ya Kenya, abatabazi bo mu muryango wa 'Coix Rouge' n'abandi bari ahabereye iri sanganya mu gihe kandi batanorohewe n'imbaga y'abantu iri aho ishaka kureba ibyabaye.

Ibikorwa by'ubutabazi biri gukorwa
Insiguro y'isanamu, Ibikorwa by'ubutabazi biri gukorwa
Hari ubwoba ko hari abantu baba bagwiriwe muri iyi gorofa yari ituyemo imiryango 46
Insiguro y'isanamu, Hari ubwoba ko hari abantu baba bagwiriwe muri iyi gorofa yari ituyemo imiryango 46