RD Congo: Icyorezo cya Ebola cyabaye icya mbere cyishe benshi mu mateka y'iki gihugu

Ahavuye isanamu, Getty Images
Icyorezo cya Ebola cya 17 cyibasiye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) cyamaze kuba icya mbere cyishe abantu benshi kurusha ibindi byose mu mateka y’icyo gihugu, nyuma y’amezi atatu gusa gitangajwe ku mugaragaro.
Imibare mishya yatangajwe na minisiteri y’ubuzima igaragaza ko ubu bwoko bwa virusi ya Ebola budakunze kubaho bwa Bundibugyo bumaze kwica abantu 2,325 mu bantu 4,945 bari bamaze kwandura kugeza ku itariki ya 15 Kanama (8) mu 2026.
Ibi bivuze ko hafi 47% by’abanduye bamaze gupfa, mu gihe abantu 1,040 bamaze gukira nyuma yo guhabwa ubufasha bwo kwa muganga no kuvurwa ibimenyetso by’iyi ndwara.
Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemewe kuvura cyangwa gukumira ubwoko bwa Ebola Bundibugyo.
Icyakora, igeragezwa ku barwayi ry'inkingo zishobora kwemezwa ryatangiye mu kwezi gushize.
Abashinzwe ubuzima bari kandi gukoresha urukingo rwa 'Ervebo', rwari rwarakorewe kurwanya ubwoko bwa Ebola bwa Zaïre, nyuma y'uko ubushakashatsi bugaragaje ko rushobora no gufasha kurinda abantu ubu bwoko bushya n'ububushamikiyeho (ibizwi nka 'cross-protection').
Iki cyorezo kimaze gukwirakwira byihuse mu ntara esheshatu, cyane cyane mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa RDC. Umubare w’uturere tw’ubuzima iki cyorezo cyagezemo wariyongereye uva kuri ducye cyane wari uriho muri Gicurasi (5) ugera kuri 55.
Mu ntangiriro, Ebola yari yibasiye cyane Ituri na Kivu ya Ruguru, ariko ubu abanduye bamaze kugaragara no muri Kivu y’Epfo, Haut-Uélé, Tshopo, ndetse n’aho iherutse kugaragara, muri Bas-Uélé.
Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki kiza, kuko ifite 84.8% by’abamaze kwandura bose ndetse na 88.1% by'abanduye bashya. Kuri ubu, abarwayi 730 bari kwitabwaho mu byumba by’akato no mu bigo byihariye byakira abarwaye Ebola.
Iki cyorezo cya Ebola kimaze kurenga ku mibare y’icyabaye hagati y'umwaka wa 2018 n'uwa 2020, cyamaze amezi 23 kikica abantu 2,299 mu bantu 3,481 bari baranduye.
Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagaragaje impungenge zikomeye ku muvuduko iki cyorezo kiri kwanduriraho, agira ati:
“Iki cyorezo cya Ebola cyamaze kuba icya kabiri gikomeye cyane kurusha ibindi mu mateka, kiri gukwira vuba cyane kurusha ikindi kiza cya Ebola icyo ari cyo cyose cyabayeho mbere. Niba gikomeje kuri uyu muvuduko, gishobora kurenga icyorezo cya Ebola cyabaye muri Afurika y’uburengerazuba hagati ya 2014 na 2016.”
Izindi nkuru wasoma:
Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza









