IKIBIRIRAHO, RD Congo: Icyorezo cya Ebola cyabaye icya mbere cyishe benshi mu mateka y'iki gihugu

Imibare mishya yatangajwe na minisiteri y’ubuzima igaragaza ko ubu bwoko bwa virusi ya Ebola budakunze kubaho bwa Bundibugyo bumaze kwica abantu 2,325 mu bantu 4,945 bari bamaze kwandura kugeza ku wa gatandatu ushize.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. RD Congo: Icyorezo cya Ebola cyabaye icya mbere cyishe benshi mu mateka y'iki gihugu

    Umukozi wo kwa muganga, yambaye ama 'gants' arimo arambika mugenzi we ibikoresho n'imyambaro y'ubwirinzi.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Icyorezo cya Ebola cya 17 cyibasiye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) cyamaze kuba icya mbere cyishe abantu benshi kurusha ibindi byose mu mateka y’icyo gihugu, nyuma y’amezi atatu gusa gitangajwe ku mugaragaro.

    Imibare mishya yatangajwe na minisiteri y’ubuzima igaragaza ko ubu bwoko bwa virusi ya Ebola budakunze kubaho bwa Bundibugyo bumaze kwica abantu 2,325 mu bantu 4,945 bari bamaze kwandura kugeza ku itariki ya 15 Kanama (8) mu 2026.

    Ibi bivuze ko hafi 47% by’abanduye bamaze gupfa, mu gihe abantu 1,040 bamaze gukira nyuma yo guhabwa ubufasha bwo kwa muganga no kuvurwa ibimenyetso by’iyi ndwara.

    Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemewe kuvura cyangwa gukumira ubwoko bwa Ebola Bundibugyo.

    Icyakora, igeragezwa ku barwayi ry'inkingo zishobora kwemezwa ryatangiye mu kwezi gushize.

    Abashinzwe ubuzima bari kandi gukoresha urukingo rwa 'Ervebo', rwari rwarakorewe kurwanya ubwoko bwa Ebola bwa Zaïre, nyuma y'uko ubushakashatsi bugaragaje ko rushobora no gufasha kurinda abantu ubu bwoko bushya n'ububushamikiyeho (ibizwi nka 'cross-protection').

    Iki cyorezo kimaze gukwirakwira byihuse mu ntara esheshatu, cyane cyane mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa RDC. Umubare w’uturere tw’ubuzima iki cyorezo cyagezemo wariyongereye uva kuri ducye cyane wari uriho muri Gicurasi (5) ugera kuri 55.

    Mu ntangiriro, Ebola yari yibasiye cyane Ituri na Kivu ya Ruguru, ariko ubu abanduye bamaze kugaragara no muri Kivu y’Epfo, Haut-Uélé, Tshopo, ndetse n’aho iherutse kugaragara, muri Bas-Uélé.

    Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki kiza, kuko ifite 84.8% by’abamaze kwandura bose ndetse na 88.1% by'abanduye bashya. Kuri ubu, abarwayi 730 bari kwitabwaho mu byumba by’akato no mu bigo byihariye byakira abarwaye Ebola.

    Iki cyorezo cya Ebola kimaze kurenga ku mibare y’icyabaye hagati y'umwaka wa 2018 n'uwa 2020, cyamaze amezi 23 kikica abantu 2,299 mu bantu 3,481 bari baranduye.

    Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagaragaje impungenge zikomeye ku muvuduko iki cyorezo kiri kwanduriraho, agira ati:

    “Iki cyorezo cya Ebola cyamaze kuba icya kabiri gikomeye cyane kurusha ibindi mu mateka, kiri gukwira vuba cyane kurusha ikindi kiza cya Ebola icyo ari cyo cyose cyabayeho mbere. Niba gikomeje kuri uyu muvuduko, gishobora kurenga icyorezo cya Ebola cyabaye muri Afurika y’uburengerazuba hagati ya 2014 na 2016.”

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  2. Guverineri w'agateganyo avuga ko abantu batandatu bishwe n'ibitero bya Ukraine mu Burusiya

    Umugore urimo kugenda anyura iruhande rw’inyubako ya banki yangirikiye mu gitero cya ‘drone’ Ukraine yagabye i Belgorod, mu Burusiya, ku itariki ya 9 Kanama (8) mu 2026

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Mu cyumweru gishize, ibitero bya Ukraine byishe abantu na bwo byibasiye akarere ka Belgorod ko mu Burusiya

    Abantu batandatu bishwe naho abandi bane barakomereka mu bitero bya misile Ukraine yagabye mu karere ka Belgorod ko mu Burusiya mu ijoro ryacyeye, nkuko guverineri w'agateganyo wako yabivuze.

    Kuri uyu wa mbere, Alexander Shuvaev yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwa Telegram ko umwana w’imyaka 14 ari umwe muri abo bakomeretse.

    Abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko abantu babiri biciwe mu bitero by’indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone) Uburusiya bwagabye mu ijoro ryacyeye mu karere ka Sumy, kari hafi y’umupaka n’Uburusiya, gakunze kugabwaho ibitero.

    Ibi bitero bibaye ijoro rimwe nyuma y’icyo abategetsi bo mu Burusiya bise igitero “cya mbere kinini cyane” kigabwe na Ukraine muri uyu mwaka, cyiciwemo abantu nibura barindwi. Ibitero by’Uburusiya kuri Ukraine byanishe abantu nibura barindwi ndetse bikomeretsa abandi barenga 39 mu ijoro ryo ku wa gatandatu.

    Uburusiya bwagabye igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022, ndetse ubu bugenzura hafi kimwe cya gatanu cy’ubutaka bwa Ukraine.

    Shuvaev yavuze ko ibi bitero bishya bya Ukraine byatwitse inyubako ndetse byangiza imodoka mu cyaro cya Koloskovo cyo mu karere ka Valuysky, kari hafi n’umupaka Uburusiya buhana na Ukraine.

    Yongeyeho ko uwo mwana wakomeretse yajyanwe ku bitaro, mu gihe abandi bantu babiri bavuwe.

    Mu byumweru bicye bishize, Ukraine yakajije umurego mu bitero bya ‘drone’ igaba imbere kure mu Burusiya.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Cameroun yegukanye bwa mbere igikombe cya WAFCON itsinze Malawi

    Ikipe ya Cameroon yishimira intsinzi

    Ahavuye isanamu, BACKPAGE PIX

    Ikipe y’igihugu ya Cameroon (Cameroun) y’abagore yatsinze Malawi ibitego 3-0, yegukana ku nshuro ya mbere mu mateka yayo igikombe cy’Afurika cy’abagore (WAFCON).

    Cameroon yatangiye umukino neza, maze ku munota wa 20 Marie Ngah Manga atsinda igitego cya mbere n’umutwe ari hafi y’izamu. Naomi Eto yahise atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 30, mu mukino wabereye i Rabat, mu murwa mukuru wa Maroc.

    Cameroon yabonye igitego cya gatatu ku munota wa gatatu wo mu gihe cy'iminota y’inyongera y’igice cya mbere. Eto yacenze umunyezamu wa Malawi, Mercy Sikelo, ahereza umupira Ngah Manga wari uhagaze neza, wahise atsinda igitego cya gatatu. Iki cyari igitego cye cya gatanu muri iri rushanwa.

    Malawi, igihugu cyari ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’isi mu makipe yitabiriye WAFCON 2026, aho yari iri ku mwanya wa 153, yageze ku mukino wa nyuma ishingiye cyane ku bushobozi bwo gutsinda bw’abavandimwe Tabitha Chawinga na Temwa Chawinga.

    Marie Ngah Manga, umukinnyi wa Cameroon, azamuye amaboko afunze ibipfunsi

    Ahavuye isanamu, BACKPAGE PIX

    Insiguro y'isanamu, Ibitego bibiri Marie Ngah Manga yatsindiye Cameroon muri uwo mukino wa nyuma byatumye anganya ibitego bitanu na Temwa Chawinga na Barbra Banda muri WAFCON 2026

    Icyakora, aba bakinnyi bombi ntibabonye umwanya wo gukina neza, kuko ba myugariro ba Cameroon babakurikiraniraga hafi. Ibyo byatumye Malawi inanirwa kurangiza neza urugendo rwayo rutari rwitezwe muri iri rushanwa.

    Ngah Manga yari hafi gutsinda igitego cya gatatu cye muri uyu mukino (hat-trick) no kwegukana wenyine igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi, ariko ku munota wa gatatu w’igice cya kabiri ntiyabashije kubyaza umusaruro uwo mwanya. Yacenze umunyezamu Sikelo, ariko ari hafi y’izamu cyane birangira umupira awuteye hanze.

    Amahirwe akomeye Malawi yabonye yaje nyuma y’isaha imwe y’umukino, ubwo Tabitha Chawinga yateraga ishoti yo hasi ariko umunyezamu wa Cameroon Michaely Bihina akayikuramo. Umupira wasubiye kuri murumuna we Temwa Chawinga, na we arawutera ariko ujya hanze.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  4. Meta niramuka itsinzwe uru rubanza, Instagram na Facebook bishobora guhinduka burundu

    Mark Zuckerberg yambaye ikote ry'ubururu bwijimye, ishati y'umweru na karuvati y'umutuku wijimye

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Meta, ifite imbuga nkoranyambaga za Facebook na Instagram, imaze gutsindwa inshuro zitandukanye mu manza zijyanye n'uko izo mbuga zigira ingaruka mbi ku rubyiruko.

    Ariko urubanza ruzaburanishwa ku wa kabiri, rushobora kuba ari rwo rukomeye cyane kurusha izindi zose Meta yigeze ihura na zo, rushobora guteza ibibazo ku mikorere yayo.

    Uru rubanza rushingiye ku kirego cyatanzwe mu mwaka wa 2023 na leta 30 mu zigize Amerika, zirimo California na New York, zishinja Meta kurenga ku mategeko yo ku rwego rw'izo leta n'ayo ku rwego rw'igihugu ajyanye no kurengera ubuzima bwite bw’abana.

    Uretse gusaba Meta kwishyura amafaranga arenga tiriyari imwe y’amadolari, izo leta ziranasaba ko ihindura uburyo Instagram na Facebook bikora.

    Mu mpinduka basaba, harimo gukuraho umubare w’abantu bakunze cyangwa bakanda ‘Like’ ndetse no guhagarika uburyo bwo gukomeza kumanura ureba andi makuru utarangiza (infinite scroll).

    Mu gihe Meta yaba itsinzwe uru rubanza, ishobora gutegekwa guhindura uburyo urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga.

    Leta zareze Meta zirasaba n’izindi mpinduka nyinshi ku buryo Instagram na Facebook bikoreshwa n’urubyiruko.

    Zirasaba Meta:

    • Gushyiraho uburyo ababyeyi bagenzura ikoreshwa ry'izo mbuga ku bangavu n'ingimbi
    • Guhindura uburyo bw’ikoranabuhanga (algorithms) bugaragaza ibikurura abakoresha izi mbuga hagamijwe kubagumisha igihe kirekire ku mbuga
    • Gukuraho ‘filters’ nyinshi zihindura uko umuntu agaragara mu mafoto
    • Guhagarika uburyo videwo zitangira kwikina ubwazo (autoplay)
    • Kubuza umuntu gufungura konti nyinshi zitandukanye
    • guhagarika “inyandiko cyangwa amafoto” bibura nyuma y’igihe runaka, nka 'Instagram Stories'.

    Izi leta zivuga ko iyi mikorere yagenewe gutuma abakoresha izi mbuga, harimo abana, ingimbi n’abangavu, bamara igihe kinini kuri izi mbuga kandi bakazigarukaho kenshi bishoboka.

    Zishinja Meta kandi ko ituma bigora urubyiruko kugabanya igihe rumara kuri izi mbuga, nko kohereza kenshi ubutumwa bwibutsa (notifications) bugamije gutuma urubyiruko rugaruka kuri izi mbuga kenshi.

    Meta yakomeje guhakana ibyo birego.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Zambia: Leta ishinja umukuru w'abatavuga rumwe na yo kugirana isano no kwigomeka kwitwaje intwaro

    Umukandida perezida Brian Mundubile apepera abamushyigikiye ubwo yari asohotse muri radio Hot FM, i Lusaka, mu murwa mukuru wa Zambia, ku itariki ya 12 Kanama (8) mu mwaka wa 2026.

    Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

    Leta ya Zambia yashinje umukandida mu matora ya perezida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Brian Mundubile, kuba afite aho ahuriye n’ahantu abashinzwe umutekano bataye muri yombi abantu benshi ndetse bakahafatira intwaro za gisirikare zo ku rwego rwo hejuru.

    Abategetsi bavuze ko icyo gikorwa gifitanye isano na gahunda yo kwigomeka mu buryo bwitwaje intwaro.

    Mu itangazo yasohoye, umunyamabanga wa leta ya Zambia, Patrick Kangwa, yashinje abo bantu kugirana isano na “gahunda za gisirikare zirimo abanyamahanga n’ibigo by’imyitozo ya gisirikare binyuranyije n’amategeko, ku bw’ibyo bikaba biteje inkeke ikomeye ku mutekano w’igihugu”.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Umukinnyi wa filime Hayden Panettiere yapfuye afite imyaka 36

    Umukinnyi wa filime Hayden Panettiere yambaye ikote rijya kuba ikigina n'umwenda w'umukara imbere, yicaye mu ntebe y'imisego, amwenyura

    Ahavuye isanamu, NBC via Getty Images

    Umukinnyi wa filime w’Umunyamerika Hayden Panettiere yapfuye afite imyaka 36, nk’uko uhagarariye inyungu ze yabitangarije ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.

    Mu itangazo ryasubiwemo n'ibitangazamakuru byo muri Amerika, se, Skip Panettiere, yagize ati: "Tubabajwe cyane no gutangaza urupfu rubabaje rw’umukobwa wacu dukunda cyane Hayden.

    "Yari umuntu wihariye, ufite imbaraga n’urukundo, wazanaga ibyishimo byinshi ku bamukikije ndetse no kuri za miliyoni z’abamukurikiraga kuri televiziyo."

    Kugeza ubu, amakuru arambuye ku rupfu rwe cyangwa icyaruteye ntabwo aratangazwa.

    Hayden Panettiere yamenyekanye cyane kubera uruhare yagize muri filime Heroes yacaga kuri televiziyo, aho byamugize umwe mu bakinnyi bakunzwe. Nyuma yaje no gukina muri Nashville, ndetse agaragara no muri filime zitandukanye zirimo Remember the Titans na Raising Helen.

    Se wa Panettiere, Skip Panettiere, yasabye ko ubuzima bwite bw’umuryango bwubahirizwa, mu gihe “umuryango wacu ufashe igihe cyo kwakira no gusobanukirwa uru rupfu rutari rwitezwe”. Ibi yabivuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara binyuze kw'uhagarariye inyungu za Panettiere.

    Panettiere yatangiye umwuga wo gukina filime akiri umwana muto cyane. Yari afite imyaka ine gusa ubwo yatoranywaga gukina muri filime y’uruhererekane (soap opera) yakunzwe cyane muri Amerika yitwa One Life to Live.

    Mu ntangiriro y’uyu mwaka, yasohoye igitabo kivuga ku buzima bwe yise This Is Me: A Reckoning, aho yasobanuye ibibazo yahuye na byo nk'umukinnyi wa filime watangiye akiri umwana, ibibazo byo kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga, ihohoterwa yanyuzemo, ndetse n’urugendo rwe rwo kongera kwiyubaka.

    Panettiere asize umwana w'umukobwa Kaya, yari yarabyaranye n’uwahoze ari umukunzi we, Wladimir Klitschko, umukinnyi w’iteramakofe (boxing) wo muri Ukraine.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  7. Kushner, intumwa ya Trump, yahuye n'umukuru wa Hamas muri gahunda y'amahoro ya Gaza

    Umugore w’Umunye-Palestine arimo kugenda n’amaguru ari kumwe n’abana, bari mu muhanda ukikijwe n’ibirundo by’ibyasenyutse, mu gace ka Sheikh Radwan, ko mu mujyi wa Gaza

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, ONU igereranya ko abantu hafi miliyoni 1.9 – bangana na 90% by’abaturage ba Gaza – bataye ingo zabo kuva intambara itangiye

    Jared Kushner, intumwa ya Trump mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, yagiranye ibiganiro by’imbonekarimwe n’umutwe wa Hamas byo kwiga ku ishyirwa mu ngiro rya gahunda y’amahoro muri Gaza ishyigikiwe n’Amerika.

    Umutegetsi w’Umunye-Palestine yabwiye BBC ko iyo ntumwa, isanzwe ari n’umukwe wa Trump, ku cyumweru yahuye n’intumwa ziyobowe n’umukuru mushya wa Hamas, Khalil al-Hayya, bagahurira mu Misiri.

    Mu kwezi gushize, umuryango witwa Inteko y’Amahoro (cyangwa Board of Peace) wa Trump wavuze ko wageze ku masezerano na Hamas n’undi mutwe witwaje intwaro yo “gushyira intwaro hasi byuzuye” muri Gaza. Mu cyumweru gishize, Israel yanze gahunda igizwe n’ingingo 15 ya Trump, gahunda inasaba ko ingabo za Israel ziva muri Gaza ndetse na Gaza ikongera kubakwa ku butegetsi bushya bwa gisivile bw’Abanye-Palestine.

    Perezida wa Misiri Abdel Fattah el-Sisi arimo kuganira na Jared Kushner ku bibera mu Burasirazuba bwo Hagati

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Jared Kushner (imbere ibumoso) ku cyumweru yanahuye na Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi (imbere hagati)

    Ibihugu umunani by’abayisilamu byasohoye itangazo ku cyumweru byamagana kuba Israel yaranze iyo gahunda.

    Trump ni we uyoboye iyo Nteko y’Amahoro – yashinzwe nk’umuryango mpuzamahanga mbere wari ugamije kuzana amahoro muri Gaza, ariko nyuma waje kwaguka uba ugamije kurangiza intambara zo ku isi.

    Iyo nama ya Kushner na Hayya bivugwa ko ari yo ya mbere yo kuri uru rwego kuva habaye amasezerano y’agahenge muri Gaza yo mu mwaka ushize.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Trump avuga ko Amerika igiye kugabanya imyitozo ya gisirikare ikorana na Koreya y’Epfo nyuma y’uko itifatanyije na yo mu ntambara na Iran

    Perezida Trump na Kim Jong Un

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko Amerika igiye kugabanya kuburyo bugaragara imyitozo ya gisirikare ihuriweho na Koreya y’Epfo, avuga ko afitanye “umubano mwiza cyane” n’umutegetsi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un.

    Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social, Trump yavuze kandi ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga kwifatanya n’Amerika mu bikorwa byo gukuraho gahunda ya nikleyeri ya Iran.

    Trump yagize ati: "Iyi myitozo ya gisirikare ntabwo ihenze gusa, kuko igice kinini cy’amafaranga ayikoresha gitangwa n’Amerika (nk’uko bisanzwe!), ahubwo inatanga ubutumwa budakwiye na gato kandi bw’ubushyamirane.”

    Ku ruhande rwayo, Seoul yatangaje ko imyitozo ya gisirikare ihuriweho n’Amerika izakomeza nk’uko yari iteganyijwe. Koreya ya Ruguru yo nta cyo yari yatangaza kuri iki cyemezo cya Trump.

    Ibi bibaye nyuma y’uko muri uku kwezi Koreya ya Ruguru yakoze igeragezwa rya misile zo mu bwoko bwa ‘ballistique’, ibikorwa byabujijwe n’Umuryango w’Abibumbye.

    Ku cyumweru Trump yavuze ko “igihe cyo guhagarika iyo myitozo cyari cyarenze”, kuko Amerika na Koreya y’Epfo byari biteganyijwe ko bitangira imyitozo yabyo ngarukamwaka ku wa mbere.

    Yongeyeho ati: “Nubwo ibi bisa nk’aho bidafitanye isano (?), mperutse kubaza Perezida wa Koreya y’Epfo niba bashaka kwifatanya natwe mu gukuraho intwaro za kirimbuzi muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran, maze baransubiza bati: ‘Oya, murakoze!’”

    Trump atangaje ibi nyuma y’amasaha atageze kuri 24 ashyize ku rubuga rwe ifoto ya kera yafotowe ari kumwe na Kim Jong Un mu 2019. Trump yavuze ko bombi ari inshuti zikomeye, “nubwo kuri iyi foto tutagaragaza ubushuti”.

    Mu cyumweru gishize, abategetsi b’ingabo z’Amerika na Koreya y’Epfo bavuze ko iyo myitozo izamara iminsi 11 kandi ko izaba iri ku rwego nk’urw’iyakozwe mu myaka yashize. Biteganyijwe ko izitabirwa n’abasirikare ba Koreya y’Epfo bagera hafi ku 18,000.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  9. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.