Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Venezuela: Abakora ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse imitingito yishe abantu nibura 235

Abantu nibura 4,300 bakomeretse nyuma yuko imitingito ibiri y'ubukana burenze karindwi yari yegereye ubutaka yajegeje Venezuela, umwe ukaba nyuma y'amasegonda undi ubaye.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Côte d'Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y'Igikombe cy'Isi

    Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru ya Côte d’Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y’igikombe cy’isi, ibikesheje ibitego bibiri byatsinzwe na Nicolas Pépé, byatumye isezerera ikipe nto ya Curaçao.

    Abanya-Côte d’Ivoire bari bakeneye inota rimwe gusa kugira ngo bagere mu cyiciro cya 1/16, nyuma yo gusezererwa mu matsinda mu nshuro eshatu bari bamaze kwitabira igikombe cy’isi.

    Igitego cya mbere cyinjiye ku munota wa 7, ubwo ba myugariro ba Curaçao bagaragaye badahagaze neza inyuma maze bakamburwa umupira na Yan Diomandé, wahise awuhereza Pépé agatsinda byoroshye.

    Ku munota wa 65, Pépé, wahoze akinira Arsenal ,wari warasizwe mu bakinnyi b’ikipe ya Côte d’Ivoire mu gikombe cy'Afurika cy’uyu mwaka yatsinze igitego cye cya kabiri, ubwo yateraga umupira n’ikirenge cy’ibumoso ugana mu nguni yo hejuru, awurenza umunyezamu wa Curaçao, Eloy Room.

    Ibi byatumye Côte d’Ivoire isoza iri ku mwanya wa kabiri mu itsinda E n’amanota atandatu, yandika amateka yo gutsinda imikino ibiri mu gikombe cy’isi ku nshuro ya mbere.

  2. Venezuela: Abakora ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse imitingito yishe abantu nibura 235

    Abakora ubutabazi barimo gushakisha byihuse mu byasenyutse ngo barebe niba hari abo barokora nyuma yuko imitingito ibiri ikomeye yibasiye Venezuela hafi y’umurwa mukuru Caracas, ikica abantu nibura 235, igakomeretsa abandi nibura 4,300.

    I Caracas no mu mujyi bituranye wa La Guaira uri ku nkombe y’inyanja ya Atlantika, abantu bashoboraga kumvikana basaba ubufasha bari munsi y’ibisigazwa by’inyubako zahirimye.

    Umutingito wa mbere w’ubukana bwa 7.2 ku gipimo cya Richter waje gukurikirwa nyuma y’amasegonda n’undi ukomeye cyane kurushaho w’ubukana bwa 7.5, nkuko bitangazwa n’ikigo cy’Amerika gikurikirana iby’imitingito, US Geological Survey (USGS), cyavuze ko yombi yabereye hafi y’ubutaka, byatumye ishobora gusenya mu buryo bukomeye.

    Hari ubwoba ko abandi bantu benshi bapfuye, mu gihe abandi basigaye badafite aho kwikinga cyangwa bakaba bafite ubwoba bwinshi cyane bwo gukomeza kuba mu nzu zangiritse kandi zidatekanye, bakaba baryamye mu mihanda nyuma y’ibyo byago.

    Iyo mitingito yabaye ku wa gatatu ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’iminota 4 z’umugoroba (18:04) ku isaha yaho, umunsi wari uw’ikiruhuko muri Venezuela, bivuze ko abantu benshi bari bari mu ngo zabo kurusha uko ubundi biba bimeze ku munsi usanzwe w’icyumweru.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.