Côte d'Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y'Igikombe cy'Isi
Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru ya Côte d’Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y’igikombe cy’isi, ibikesheje ibitego bibiri byatsinzwe na Nicolas Pépé, byatumye isezerera ikipe nto ya Curaçao.
Abanya-Côte d’Ivoire bari bakeneye inota rimwe gusa kugira ngo bagere mu cyiciro cya 1/16, nyuma yo gusezererwa mu matsinda mu nshuro eshatu bari bamaze kwitabira igikombe cy’isi.
Igitego cya mbere cyinjiye ku munota wa 7, ubwo ba myugariro ba Curaçao bagaragaye badahagaze neza inyuma maze bakamburwa umupira na Yan Diomandé, wahise awuhereza Pépé agatsinda byoroshye.
Ku munota wa 65, Pépé, wahoze akinira Arsenal ,wari warasizwe mu bakinnyi b’ikipe ya Côte d’Ivoire mu gikombe cy'Afurika cy’uyu mwaka yatsinze igitego cye cya kabiri, ubwo yateraga umupira n’ikirenge cy’ibumoso ugana mu nguni yo hejuru, awurenza umunyezamu wa Curaçao, Eloy Room.
Ibi byatumye Côte d’Ivoire isoza iri ku mwanya wa kabiri mu itsinda E n’amanota atandatu, yandika amateka yo gutsinda imikino ibiri mu gikombe cy’isi ku nshuro ya mbere.