Igikombe cy'isi kiri kugenda gifata indi ntera, aho hateganyijwe imikino itandatu ku munsi kugeza ku mpera y'icyiciro cy'amatsinda. Ibyo bigatuma kuyireba bisa nk'akazi ka buri munsi.
Urebye uko ni ko bimeze kuri Kevin Akoto na Austin Franklin. Aba bafana bombi bari guhembwa buri umwe amadolari y'Amerika 50,000 (angana na miliyoni 73 FRW) kugira ngo barebe imikino yose uko ari 104 y'igikombe cy'isi.
Côte d'Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y'Igikombe cy'Isi
Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Nicolas Pépé yabaye Umunya-Côte d’Ivoire wa mbere watsinze ibitego bibiri mu mukino umwe w’igikombe cy’isi kuva Aruna Dindané abikoze mu 2006
Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru ya Côte d’Ivoire yageze mu byiciro byo gukuranwamo ku nshuro ya mbere mu mateka y’igikombe cy’isi, ibikesheje ibitego bibiri byatsinzwe na Nicolas Pépé, byatumye isezerera ikipe nto ya Curaçao.
Abanya-Côte d’Ivoire bari bakeneye inota rimwe gusa kugira ngo bagere mu cyiciro cya 1/16, nyuma yo gusezererwa mu matsinda mu nshuro eshatu bari bamaze kwitabira igikombe cy’isi.
Igitego cya mbere cyinjiye ku munota wa 7, ubwo ba myugariro ba Curaçao bagaragaye badahagaze neza inyuma maze bakamburwa umupira na Yan Diomandé, wahise awuhereza Pépé agatsinda byoroshye.
Ku munota wa 65, Pépé, wahoze akinira Arsenal ,wari warasizwe mu bakinnyi b’ikipe ya Côte d’Ivoire mu gikombe cy'Afurika cy’uyu mwaka yatsinze igitego cye cya kabiri, ubwo yateraga umupira n’ikirenge cy’ibumoso ugana mu nguni yo hejuru, awurenza umunyezamu wa Curaçao, Eloy Room.
Ibi byatumye Côte d’Ivoire isoza iri ku mwanya wa kabiri mu itsinda E n’amanota atandatu, yandika amateka yo gutsinda imikino ibiri mu gikombe cy’isi ku nshuro ya mbere.
I Caracas no mu mujyi
bituranye wa La Guaira uri ku nkombe y’inyanja ya Atlantika, abantu bashoboraga kumvikana basaba ubufasha bari munsi y’ibisigazwa by’inyubako zahirimye.
Umutingito wa mbere w’ubukana
bwa 7.2 ku gipimo cya Richter waje gukurikirwa nyuma y’amasegonda n’undi
ukomeye cyane kurushaho w’ubukana bwa 7.5, nkuko bitangazwa n’ikigo cy’Amerika gikurikirana
iby’imitingito, US Geological Survey (USGS), cyavuze ko yombi yabereye hafi y’ubutaka,
byatumye ishobora gusenya mu buryo bukomeye.
Hari ubwoba ko abandi
bantu benshi bapfuye, mu gihe abandi basigaye badafite aho kwikinga cyangwa bakaba
bafite ubwoba bwinshi cyane bwo gukomeza kuba mu nzu zangiritse kandi
zidatekanye, bakaba baryamye mu mihanda nyuma y’ibyo byago.
Iyo mitingito yabaye ku wa gatatu ku isaha ya
saa kumi n’ebyiri n’iminota 4 z’umugoroba (18:04) ku isaha yaho, umunsi wari uw’ikiruhuko
muri Venezuela, bivuze ko abantu benshi bari bari mu ngo zabo kurusha uko ubundi
biba bimeze ku munsi usanzwe w’icyumweru.