Bujumbura: U Rwanda n'u Burundi ntibyatangiye neza mu irushanwa ry'abagore

Sada Nahimana na Hoziane Kitambala mu mukino bakinnye n'abakobwa bo muri Ukraine na Romanie kuwa kabiri

Ahavuye isanamu, @BurundiTennis

Insiguro y'isanamu, Sada Nahimana na Hoziane Kitambala (wambaye ingofero) mu mukino bakinnye n'abakobwa bo muri Ukraine na Romanie kuwa kabiri
Yatangajwe

Sada Nahimana na Hoziane Kitambala, abakobwa bahagarariye u Burundi uyu munsi barongera guseruka mu irushanwa mpuzamahanga rya Tennis y’abagore ririmo kubera i Bujumbura kuva kuwa mbere.

Iri rushanwa ry’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis ku isi (ITF) rihuriyemo abakinnyi barengeje imyaka 18, ni ubwa mbere ribereye mu karere k’ibiyaga bigari.

Iri rushanwa rizamara ibyumweru bibiri, ririmo abakinnyi biganjemo ababigize umwuga baturuka mu bihugu birenga 23 ku isi.

Mu gukina ari babiri babiri, kuwa kabiri Nahimana na Kitambala batsinzwe seti ebyiri ku busa ku mukino wabo na Cristina Dinu (Roumanie) na Valeriya Strakhova (Ukraine).

U Rwanda ruhagarariwe na Sonia Tuyishime na Olive Tuyisenge, nabo batsinzwe umukino wabo kuwa kabiri kuri seti ebyiri ku busa na Anna Ureke na Stephanie Judith Visscher bo mu Buholandi.

Abitabira iri rushanwa baba baharanira kubona amanota yo kubageza mu marushanwa akomeye kurushaho ya Tennis ku isi.

Sada usanzwe ukinira mu Bufaransa yagarutse iwabo mu Burundi muri weekend ishize gushaka amanota muri iri rushanwa

Ahavuye isanamu, @BurundiTennis

Insiguro y'isanamu, Sada usanzwe ukinira mu Bufaransa yagarutse iwabo mu Burundi muri weekend ishize gushaka amanota muri iri rushanwa i Bujumbura

Gilbert Nibigirwe ukuriye ishyirahamwe rya Tennis mu Burundi yabwiye BBC Gahuzamiryango ati:

“Nka Sada arimo aritegura kugira ngo bazamushyire mu bice bya mbere muri Roland-Garros, ni yo mpamvu yaje hano yiteguye kugira ngo akomeze kubona amanota yamugeza kuri ‘qualifications’ agashobora gukina Roland-Garros hamwe na Jeux Olympiques izaba mu Bufaransa mu mwaka uza.”

Roland-Garros ni rimwe mu marushanwa ane akomeye cyane ku isi muri tennis azwi nka 'Grand slam' (Australian Open, Roland-Garros, Wimbledon na US Open).

Mu mikino y’iri rushanwa iteganyijwe none kuwa gatatu, Sada Nahimana w’imyaka 21 ubusanzwe ukinira i Nice mu Bufaransa akaba uwa 267 ku rutonde rw’isi rwa ITF, arakina na Tiffany William w’imyaka 28 wo mu Bwongereza, uri ku mwanya wa 933 ku rutonde rwa ITF.

Naho Hoziane Kitambala w’imyaka 19 wabonye ubutumire muri iri rushanwa kuko ryakiriwe n’igihugu cye, arakina na Valeriya Strakhova w’imyaka 27 wo muri Ukraine uri kumwanya wa 349 ku rutonde rwa ITF.

Olive Tuyisenge uri mu bahagarariye u Rwanda ku ifoto y'umwaka ushize ari mu irushanwa i Kigali

Ahavuye isanamu, @tennis_rwanda

Insiguro y'isanamu, Olive Tuyisenge uri mu bahagarariye u Rwanda ku ifoto y'umwaka ushize ari mu irushanwa i Kigali

Gilbert Nibigirwe avuga ko u Burundi bwahawe kwakira iri rushanwa nyuma y’igenzura ryasanze bwujuje ibisabwa.

Yagize ati: “Mu Burundi dufite ibibuga 14 bya ‘terre battue’ (igitaka cyumye) - nka bimwe byo muri Roland-Garros biri ahantu hamwe bikwije ibyangombwa, si henshi biri muri Africa.”

Akomeza gusobanura impamvu u Burundi bwahawe kwakira iri rushanwa, Nibigirwe yongeraho ati: “Mu kwezi kwa mbere twateguye irushanwa rya junior (abakiri bato) ry’ibihugu byo muri zone ya kane ya Africa [Africa y’iburasirazuba] ryagenze neza.”