AfroBasket Abagore: Nigeria yegukanye igikombe cya Africa cya kane yikurikiranya

Umukinnyi wa Nigeria yishimira igikombe
    • Umwanditsi, Samba Cyuzuzo
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe

Nigeria yegukanye igikombe cya Africa cya basketball mu bagore (AfroBasket) ku nshuro ya kane yikurikiranya nyuma yo gutsinda Senegal ku manota 84 kuri 74 muri Kigali Arena yari yuzuye abafana ahamaze iminsi hafi 10 habera iri rushanwa.

Nigeria igeze kuri uyu muhigo wo gutwara ibikombe bine yikurikiranya wari ufitwe na Senegal yabikoze hagati ya 1970 na 1981.

Ifanya Okoro yatsindiye Nigeria amanota 16 afasha umutoza we Rena Wakama – umugore wenyine watozaga ikipe y’igihugu muri iri rushanwa – kuba umugore wa mbere w’umutoza uryegukanye.

Nyuma yo gutwara iri rushanwa Wakama yabwiye abanyamakuru ati: “Uyu mwaka wambereye muremure. Nasabye Imana ikimenyetso, none iki gikombe nicyo kiruta ibindi”.

Nigeria ihabwa igikombe na minisitiri w'imikino w'u Rwanda Aurore Munyangaju

Nigeria itwaye iki gikombe idatsinzwe umukino n’umwe i Kigali nyuma yo gutsinda DR Congo, Misiri, u Rwanda n’uyu mukino wa nyuma.

Nigeria yafashijwe cyane na Amy Okonkwo wahembwe nk’umukinnyi warushije abandi bose mu irushanwa (Most Valuable Player, MVP).

Okonkwo yagize ati: “Muri iyi mpeshyi nakinaga muri Mexico, nishimira ko nagize amahirwe yo kuza nkayobora iyi kipe. Naribwiye nti 'ntabwo ngiye i Kigali gutsindwa'. Kuba mbaye MVP ni ishema rikomeye.”

Ku mukino wa nyuma Ciarra Dillard yatsindiye Senegal amanota 19 ariko ibi ntibyayifashije muri uru rugamba yifuzagamo gutwara iki gikombe cyari kuba icya 12 cyayo.

Mbere uyu munsi, ikipe ya Mali yafashe umwanya wa gatatu itsinze u Rwanda ku manota 51 – 89.

Kapiteni w’u Rwanda Charlotte Umugwaneza yagize ati: “Iri ni irushanwa rinini, twagerageje ibyo dushoboye ariko biranga.” Ni ubwa mbere u Rwanda rugeze mu makipe ane ya mbere.

Nigeria yakomeje kuba imbere ya Senegal kugeza umukino warimo imbaraga nyinshi urangiye
Insiguro y'isanamu, Nigeria yakomeje kuba imbere ya Senegal kugeza umukino warimo imbaraga nyinshi urangiye
Amy Okonkwo niwe watowe nka MVP w'iri rushanwa
Insiguro y'isanamu, Amy Okonkwo (ufite umupira) niwe watowe nka MVP w'iri rushanwa
Jannon Otto wa Uganda niwe wahembwe nk'uwatsinze amanota menshi (128) muri iri rushanwa
Insiguro y'isanamu, Jannon Otto wa Uganda niwe wahembwe nk'uwatsinze amanota menshi, hafi 130, muri iri rushanwa
Rena Wakama (wambaye ikoti ry'iroza) yabaye umutoza wa mbere w'umugore utwaye iri rushanwa atoza ikipe y'igihugu
Insiguro y'isanamu, Rena Wakama (wambaye ikoti ry'iroza) yabaye umutoza wa mbere w'umugore utwaye iri rushanwa atoza ikipe y'igihugu