Umushikiranganji wa Israel yahakanye ko abakozi batanga imfashanyo barashwe bigambiriwe

    • Umwanditsi, Fiona Nimoni
    • Igikorwa, BBC News
  • Yatangajwe

Umushikiranganji wa Israel yahakanye amakuru avuga ko ingabo za Israel zagabye igitero zigambiriye kwica abakozi barindwi bo mu muryango ufasha, World Central Kitchen, (WCK ), i Gaza.

Uwashinze uwo muryango WCK, Jose Andres, yareze Israel ko yarashe imodoka imwe ku yindi ibigambiriye.

Ariko umushikiranganji wa Israel ushinzwe ubukungu, Nir Barkat, yabwiye BBC News ko ibyo Andres yavuze "nta shingiro bifite".

Israel ivuga ko ibyo bitero byahitanye abo bakozi ari ikosa rikomeye kandi ko yijeje gukora iperereza.

Avugana n’umunyamakuru wa BBC Caitriona Perry, Barkat yavuze ko Israel ibabajwe byimazeyo n’iyicwa ry’abo bakozi barindwi ariko ko ntako wagira mu ntambara habaho ibikorwa nk’ibyo byo kurasa mugenzi wawe. Yavuze ko urupfu rw’abo bakozi hamwe n’abaturage ari "bimwe mu bibaho mu ntambara".

Asubiza ku mpungenge Andres yagaragaje z’uko abakozi be bari bagerageje guhamagara igisirikare cya Israel igihe hagabwaga ibyo bitero kandi ko ari bo byari bigambiriye, Barkat yagize ati: "Ibyo nta gaciro bifite, mumbabarire."

Yagize ati: "Mu byubahiro byose mbagomba, nta kuntu mu isi yose Israel yagambirira kwica abantu baje gutanga imfashanyo."

Yongeyeho ko Hamas yagambiriye kugaba ibitero ku midugudu yo muri Israel ku itariki 7 z’ukwa 10, ifata ku ngufu kandi yica abagore.

Umuryango WCK uravuga ko imodoka zari zitwaye abakozi bayo zagabweho ibitero zivuye ku nyubako ibikwamo ibintu iri i Deir al-Balah, "aho zari zimaze gupakurura amatoni arenga 100 y’ibiribwa ajyanywe i Gaza bakoresheje inzira y’amazi".

Yavuze ko zari imodoka eshatu, ebyiri muri zo zari zikozwe mu buryo bukingira amasasu, zifite ikirangantego kigaragaza neza ko ari iz'uwo muryango ufasha.

Izo modoka zari zitandukanijwe n’ibilometero bibiri n’igice (2.5km), kandi zose uko ari eshatu zararashwe.

Avugana n’ibiro ntaramakuru Reuters ejo kuwa gatatu, umutetsi wabigize umwuga w'icyamamare w'Umunya-Espagne ufite n'ubwenegihugu bw'Amerika, yagize ati:

"Ibi ntabwo ari ibyago aho uvuga ngo 'ooo twibeshye', twarekuriye igisasu ahantu hatari ho."

Mu kindi kiganiro yahaye igitangazamakuru Channel 12 cyo muri Israel, Andres yavuze ko cyari "igitero cyagabwe neza neza ku modoka zari zizwi na buri wese mu gisirikare cya Israel (IDF)".

Imirambo itandatu (6) y’abakozi ba WCK baturuka mu mahanga, yajyanywe mu Misiri kugira ngo izashobore gutahukanwa iwabo, naho mugenzi wabo w’Umunya-Palestine wari ufite imyaka 25 yashyinguwe iwabo i Rafah, mu majyepfo ya Gaza, kuwa kabiri.

Umuryango WCK watangaje kuwa kabiri ko uhagaritse by’agateganyo ibikorwa byawo, bituma ibikorwa by’ubutabazi i Gaza bijya mu gihirahiro.

COGAT, urwego rwo muri minisiteri y'ingabo ya Israel rushinzwe gahunda za gisivile mu gace igenzura ka West Bank no muri Gaza, yavuze ko WCK ari yo itanga 60 kw’ijana (60%) by’imfashanyo itari iya leta yinjira muri Gaza.

WCK yavuze ko yari yaratanze imfashanyo y'amafunguro miliyoni 42 muri Gaza - yahageze mu makamyo arenga 1.700 y’ibiribwa ndetse n'amafunguro agera hafi ku bihumbi 435 yacishijwe mu mazi.

Umuryango w’Abibumbye nawo watangaje ko ubaye uhagaritse ibikorwa byawo mw’ijoro mu gihe cy'amasaha 48 ari imbere, kugira ngo ubanze ugenzure uko umutekano wifashe.

Undi muryango ufasha wo muri Amerika, American Near East Refugee Aid (ANERA), wakoranaga bya hafi na WCK, wabwiye BBC ko wahagaritse ibikorwa byawo i Gaza.

Kuwa kabiri, umushikiranganji wa mbere wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko icyo gitero kitari kigambiriwe. Ati: "Ibyo bibaho mu ntambara, turabigenzura byose, turi kuganira n’amaleta kandi tuzakora ibishoboka byose kugira ngo bitongera kubaho."

Umugaba w’ingabo za Israel, Herzi Halevi, yavuze ko ririya ari ikosa rikomeye, yongeraho ko bitari bikwiye kubaho, kandi ko byatewe no guhabwa imyirondoro itari yo.

Perezida w’Amerika Joe Biden yamaganye icyo gitero, arega Israel ko itari gukora ibyangombwa kugira ngo irinde abakozi batanga imfashanyo n’abaturage.

Biden yavuze ko Amerika yakomeje gusaba Israel gutandukanya intambara irwanyamo Hamas n’ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo idahutaza abaturage.

Batatu mu bakozi bishwe, bari bafite ubwenegihugu bw’ubwongereza. Umwe yari uwo muri Pologne, undi umwe wo muri Australia, undi umwe akaba Umunya-Palestine, hamwe rero n’undi warufite ubwenegihugu bubiri: ubw'Amerika n’ubwo muri Canada.

Kuva mu kwezi kwa 10 mu mwaka ushize, abakozi bo mu miryango itanga imfashanyo barenga 196 barishwe i Gaza, nkuko bitangazwa n’ikigo gifashwa n'Amerika kireba umutekano w’abakozi batanga imfashanyo. Iki kigo kigaragaza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikomeye bikorerwa abakozi b’imiryango ifasha. Ntabwo bose bishwe bari mu kazi.

Uduce twinshi two muri Gaza twarashegeshwe kuva aho igisirikare cya Israel gitangiriye ibikorwa byo guhashya umutwe wa Hamas wagabye ibitero mu majyepfo ya Israel ku itariki 7 z’ukwa 10 mu 2023, ukica abantu 1.200, ugashimuta abandi 253.

Muri abo, abagera ku 130 baracyafashwe bugwate, bigakekwa ko 34 bo bamaze gupfa.

Muri Gaza, kuva icyo gihe, abaturage barenga 32.916 barishwe, nkuko bitangazwa n’ubushikiranganji bwa Gaza bushinzwe ubuzima bugenzurwa na Hamas.