Irekurwa rya Rusesabagina: 'Iyo adasaba kuva mu gihugu yari kujyanwa i Mutobo'

Insiguro y'amajwi, Paul Rusesabagine yiteze kubonana vuba n'umuryango weg
Yatangajwe

Leta y'u Rwanda ivuga ko abantu 19 bakatiwe hamwe na Paul Rusesabagina bahamwe n’ibyaha bijyanye n'iterabwoba, bakaza kurekurwa hamwe nawe mu cyumweru gishize ku mbabazi z'umukuru w'igihugu, bajyanywe muri iki cyumweru mu kigo cya Mutobo.

Icyo kigo gitangirwamo amasomo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare.

Aho ni mugihe Paul Rusebagina we yemerewe gusohoka mu gihugu kugirango ajye kubana n'umuryango we uba muri Amerika aho asanzwe atuye.

Hari abakomeje kwibaza impamvu Rusesabagina we atabanjije kunyuzwa i Mutobo cyangwa se abo bafungiwe ibyaha bimwe bo batahise bataha iwabo.

Twashatse kumva uko leta y'u Rwanda ibisobanura maze Jacques Niyitegeka avugana n'umuvugizi wayo wungirije, Alain Mukuralinda (Umva ikiganiro bagiranye aho hejuru).