LIVE: Kwibuka Jenoside mu Rwanda

    • Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Kigali
  • Yatangajwe

Ikaze mu muhango wo Kwibuka i Kigali

Tubahaye ikaze ku makuru ajyanye n'umuhango wo kwibuka jenoside ugiye kubera muri Kigali Arena.

Ibyo wamenya ku muhango w'uyu munsi

Uyu muhango uratangirira ku rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Abategetsi batumiwe barashyira indabo ku mva zishyinguyemo abazize Jenoside

Abategetsi batumiwe n'abaturage basanzwe barerekeza muri Kigali Arena

Aho haravugirwa amagambo agendanye n'uyu munsi

Nimugoroba haraba igikorwa cya Walk to Remember n'ijoro ryo kwibuka

Cyril Ramaphosa i Kigali mu buryo butari bwitezwe

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y'Epfo yaraye ageze i Kigali, byatangajwe ko yaje kwitabira iyi mihango yo kwibuka.

Ni uruzinduko rwatunguranye kuko imibanire y'u Rwanda na Afurika y'Epfo itifashe neza cyane kuva Pretoria yakohereza kandi igasa n'iyoboye ibikorwa by'ingabo za SADC ziri gufasha igisirikare cya Congo kurwana n'umutwe wa M23.

Leta y'u Rwanda ibona ibyo nko gufatanya n'umutwe wa FDLR urwanya Kigali, inzobere za ONU zivuga ko uwo mutwe ukorana n'ingabo za FARDC, ibyo Kinshasa ihakana. Izo nzobere kandi zivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ibyo Kigali nayo ihakana.

Bamwe bavuga ko uruzinduko rwa rwa Ramaphosa i Kigali rwaba rurimo ibindi birenze imihango yo kwibuka.

Clinton, Abiy Ahmed, N'Guesso, Touadéra...Abategetsi bari i Kigali

Bill Clinton wari perezida wa Amerika ubwo jenoside yabaga mu Rwanda, ni we ukuriye itsinda ryoherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryaje muri uyu muhango wo Kwibuka.

Abandi bategetsi bahari:

  • Hari Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo
  • Hari Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania
  • Hari Perezida Isaac Herzog wa Israel
  • Hari Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Centrafrique
  • Hari Perezida Denis Sassou-N'Guesso wa Congo-Brazzaville
  • Hari Perezida Mialy R. Rajoelina wa Madagascar
  • Hari Perezida Petr Pavel wa Czech Republic
  • Hari Perezida Mohamed Cheikh El Ghazouani wa Mauritania
  • Hari Abiy Ahmed, minisitiri w'intebe wa Ethiopia
  • Hari Jessica Alupo Visi Perezida wa Uganda
  • Visi Perezida Rigathi Gachagua wa Kenya
  • Hari Moussa Faki ukuriye komisiyo y'umuryango w'Ubumwe bwa Africa
  • Hari Charles Michel perezida w'inama y'Ubumwe bw'Uburayi
  • Guinea ihagarariwe na Lauriane Doumbouya, umugore wa Perezida Mamady Doumbouya
  • Ubwongereza buhagarariwe na Andrew Mitchell, minisitiri w'terambere na Africa
  • Hari Audrey Azoulay, umuyobozi mukuru wa UNESCO
  • Hitezwe kuza kumvwa ijambo rya video rya Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa
  • Ibindi bihugu bitandukanye byohereje ababihagarariye

Nta bindi bikorwa bikorwa kuri uyu munsi

Tariki 07 Mata uba ari umunsi w'ikiruhuko mu Rwanda, abantu basabwa gukurikirana imihango ku rwego rw'igihugu no kwitabira ibiganiro bibera ku nzego z'umudugudu n'utugali.

Iyi ni itariki iri mu minsi y'umwaka yubahirizwa cyane mu Rwanda.

Mu mujyi wa Kigali imihanda irimo imodoka nkeya cyane, inzu z'ubucuruzi nyinshi zirafunze. Nta rujya n'uruza rw'abantu ruboneka.

Mu gace ka Kimironko, nko muri gare, ku isoko, ku kiriziya, n'ahandi hakunze kuba haboneka abantu benshi, imihanda irimo abantu mbarwa.

Iyi tariki ya 07 Mata yagenwe n'Umuryango w'Abibumbye nk'"umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana jenoside yakorewe Abatutsi".

Bamwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Rwanda banenga ko kwibuka gutegurwa na leta hari abatabyibonamo kuko badahabwa amahirwe yo kwibuka ababo bazize ubundi bwicanyi bwabaye mu 1994.

Leta y'u Rwanda ivuga ko nta muntu ubuzwa kwibuka abe, gusa ikavuga ko umuhango wo kuri iyi tariki ari uwo kwibuka Abatutsi bazize jenoside.

10:30 - Gutangiza kwibuka ku rwibutso rwa Kigali - Amafoto