Trump avuga ko agiye kureka ibitero kuri Iran niba amasezerano agezweho 'byihuse'

Donald Trump yicaye mu nama y'abaminisitiri i Camp David, ku itariki ya 31 Nyakanga (7) mu 2026. Yambaye ikositimu y'ubururu bwijimye, karuvati y'ubururu bwerurutse irimo uturongo tuberamye tw'umukara, ishati y'umweru hamwe n'umudari w'ibendera ry'Amerika wometse ku ikoti rye. Abumbuye umunwa areba ahari 'camera'.

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Trump ubwo yari ari mu nama y'abaminisitiri ku wa gatanu i Camp David muri leta ya Maryland
    • Umwanditsi, James Chater
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Perezida w'Amerika Donald Trump avuga ko yaretse ibitero kuri Iran niba amasezerano na Iran agezweho "byihuse".

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social, Perezida w'Amerika yavuze ko yasabwe na Iran n'ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati "kureka" ikindi gitero icyo ari cyo cyose mu gihe "imirongo migari" y'amasezerano yemeranyijweho, yavuze ko izaba irimo kongera gufungura Umuhora wa Hormuz no gukuraho inkeke ya nikleyeri ya Iran.

Si ubwa mbere Trump aburiye akoresheje amagambo atyaye ariko nyuma akaza kwisubiraho agashimangira ko dipolomasi (ibiganiro) ikwiye guhabwa amahirwe.

Ibiro ntaramakuru bya leta ya Iran mu buryo bw'igice byitwa Mehr byahakanye ko Tehran yasabye Amerika kuba iretse gukora ikindi gikorwa cya gisirikare, bivuga ko amagambo ya Trump "si ikintu na kimwe kitari ikinyoma gishya".

Minisitiri w'ingabo w'agateganyo wa Iran Majid Ibn al-Reza yavuze ko Tehran ifata igikangisho icyo ari cyo cyose cy'abanzi bayo nk'"icy'ukuri kandi cyo kwizerwa" niyo cyaba kiri mu rwego rw'intambara yo mu bitekerezo.

Yagize ati: "Ntituzatungurwa cyangwa ngo dukomeze kuba aho nta cyo dukora."

Uku kuzamura imvugo kubaye mu gihe ibitangazamakuru byo muri Amerika byatangaje ko Washington ishobora kuba irimo gutegura ibindi bitero bikaze kuri Iran mu mpera y'icyumweru.

Mbere yaho ku wa gatandatu, Tehran yashinje Amerika kongera ubushyamirane, ivuga ko igihugu icyo ari cyo cyose cyo muri ako karere gikorana na Washington "kizamirwa n'indimi z'umuriro w'intambara".

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Hagati aho, leta y'Amerika yashishikarije Abanyamerika bari mu Burasirazuba bwo Hagati kuba maso no kuba biteguye kuhava "ibintu biramutse bifashe indi ntera" muri ako karere.

Itangazo ryo ku wa gatandatu ryo kubaburira ku bw'umutekano rigira riti: "Abanyamerika ubu bari mu Burasirazuba bwo Hagati bakwiye kwigengesera no kuba maso ku rwego rwo hejuru ndetse bakwiye kuba biteguye ko ingendo z'indege zaburizwamo, gufungwa kw'ikirere kwa hato na hato, no kuba hashobora kubaho ihungabana ry'ingendo."

Mbere, abantu benshi bari babwiye igitangazamakuru CBS News, gikorana na BBC muri Amerika, ko Amerika na Israel byari birimo gutegura kimwe mu bitero bikaze cyane byo kumisha ibisasu ku bikorwa-remezo by'ingufu byo muri Iran bibayeho kugeza ubu.

Abo bantu babwiye CBS News ko iyo gahunda yavugiwe mu nama y'abaminisitiri yayobowe na Trump ku wa gatanu.

Mu butumwa yatangaje, Trump yanavuze ko Amerika "irafunze kandi irapakiye [nk'imbunda ifunze irimo amasasu] kandi yiteguye kurwana na Repubulika ya Kisilamu ya Iran, ku bigero by'Iterabwoba, Imbaraga, n'Ingufu bitari bwigere byongera kubonwa kuva mu Ntambara ya Kabiri y'Isi".

Yavuze ko kureka icyo gitero byaba ari "ku bw'inyungu z'isi zo mu gihe kiri imbere ndetse, cyo kimwe, no gukomeza kubaho kwa Iran iteye imbere kandi irimo uburumbuke".

Muri iyo nama yo ku wa gatanu, CBS News yatangaje ko Trump yumvikanye avuga, ubwo abanyamakuru bari bakiri mu cyumba, ati: "[Abanya-Iran] Tuzabakubita bikomeye cyane. Hari aho bizagera bavuge bati, 'Ntitukibashije.'"

Igitangazamakuru Axios cyo muri Amerika cyatangaje ko Igikomangoma kizima ingoma cy'Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman, cyavuganye na Trump kuri telefone ku wa gatandatu kigaragaza "uguhangayika" gitewe n'ibyo bitero bishobora kugabwa. Ibiro ntaramakuru Reuters na byo byatangaje ko icyo kiganiro cyabayeho.

Washington na Tehran byakomeje kugabanaho ibitero byafashe indi ntera hamwe n'ibitero byo kwihorera, kuva agahenge ko muri Mata (4) kari kagamije guhagarika intambara gahirimye muri Kamena (6) uyu mwaka.

Muri iki cyumweru, Amerika yavuze ko yarangije "icyiciro kiremereye" cy'ibitero kuri Iran byo kwihorera ku gitero cyageragejwe cya misile zo mu bwoko bwa 'ballistic' ku ngabo z'Amerika ziri muri ako karere.

Amerika yabujije urujya n'uruza ku byambu bya Iran ndetse imisha ibisasu ku hantu hanyuranye muri Iran, mu gihe Iran yarashe ibisasu bya misile ikanohereza indege nto z'intambara zitajyamo umupilote (zitwa 'drones') ku bikorwa by'Amerika biri mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, ikanarasa ku mato yo mu Muhora wa Hormuz, inzira y'ingenzi cyane yo mu mazi inyuramo ibikomoka kuri peteroli byinshi bikoreshwa ku isi.

Amerika na Israel byatangiye kugaba ibitero kuri Iran ku itariki ya 28 Gashyantare (2) uyu mwaka. Itangira ry'iyo ntambara ryatumye ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli bikomeza guhindagurika cyane.

Si igitutu cy'amahanga gusa kiri kuri perezida w'Amerika. Ikigo cy'ubushakashatsi Pew Research Centre cyo muri Amerika kivuga ko Abanyamerika bagera kuri 60% batemera intambara na Iran, ibyo bikaba bigira uruhare mu kuba gukundwa kwa Trump gukomeje kugabanuka.

Kuba intambara yafata indi ntera ni nkaho byaba byizewe ko ibyo bizatuma ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli bizamuka, bikarushaho gushegesha abaguzi bo muri Amerika.

Mu gihe amatora y'ingenzi cyane yo hagati muri manda ari hafi kuba muri Amerika – mu Gushyingo (11) kw'uyu mwaka, perezida arabizi ko ibyemezo bye byo mu mahanga bishobora kugira ingaruka zikomeye imbere mu gihugu ku butegetsi bwe.