Kenya: Polisi irataburura umukerarugendo wa UK wapfiriye mu 'isengesho' i Mombasa

Ahavuye isanamu, IMRAN ADMANI
Polisi ya Kenya kuri uyu wa gatatu irataburura umubiri w’umukerarugendo w’Umwongerezakazi wapfuye mu myaka ibiri ishize kugira ngo baperereze ku cyamwishe.
Luftunisa Kwandwalla, wari ufite imyaka 44, yapfuye muri Kanama(8) 2020 mu nzu y’umukuru w’imigenzo y’idini itavugwaho rumwe i Mombasa mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Kenya.
Icyo gihe batangaje ko yishwe n’umutima, ariko umuryango we uvuga ko yahotowe bakihutira guhamba umurambo we ngo bahishe ibimenyetso.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, urukiko rwo muri Kenya rwategetse ko umubiri we utabururwa kugira ngo hakorwe ikizamini ku mirambo (autopsy) ngo barebe niba yarishwe.
Umubiri we uratabururwa none kuwa gatatu nyuma ya saa sita imbere ya bamwe mu bo mu muryango we, ikizami kuri wo gikorwe nyuma muri uyu munsi.
Kwandwalla yageze muri Kenya avuye mu Bwongereza muri Kanama 2019 aje gusura abo mu muryango w’umugabo we.
Yagombaga gusubira mu Bwongereza nyuma y’amezi, ariko ibyemezo bya guma mu rugo byo kwirinda Covid bimubuza gusubira iwabo i Leicester mu Bwongereza.
Ni muri icyo gihe umuryango we uvuga ko ari bwo mu buryo atari azi yagiye mu masengesho atavugwaho rumwe muri uriya mujyi uri ku nyanja wa Mombasa.
Umuryango we uvuga ko yiciwe muri icyo gikorwa mu rugo rw’umuvugabutumwa w’umusilamu ushinjwa kuyobora mu ibanga agashami k’iryo dini.










