Somalia meteorite: Abahanga babonye ubutare bw’agaciro butigeze buboneka mbere ku isi

Ibango ry'iriya meteworite y'i El Ali mu cyaro cyo muri Somalia ubu riri muri University of Alberta muri Canada

Ahavuye isanamu, SUPPLIED TO UNIVERSITY OF ALBERTA

Insiguro y'isanamu, Ibango ry'iriya meteworite y'i El Ali mu cyaro cyo muri Somalia ubu riri muri University of Alberta muri Canada
Yatangajwe

Meteworite nini yaguye ku isi basanze ifitemo ubutare bw’agaciro butari bwigere buboneka mbere kuri uyu mubumbe, nk’uko abahanga muri siyanse babivuga. 

Abashakashatsi bo muri Canada babonye iryo buye mu cyaro cyo muri Somalia mu myaka ibiri ishize, ariko abaturage baho bavuga ko rihamaze igihe kinini cyane. 

Iryo buye baryita Ikigwajoro, bavuga kandi ko riri mu bisigo, indirimbo n’imbyino zimaze ibisekuru bitanu. Kugeza ubu barikoresha mu gutyaza ibyuma gusa. 

Amazina yahawe ubutare bw’agaciro bushya abahanga barisanzemo ni elaliite na elkinstantonite. 

Ubu butare bwerekanywe n’abahanga muri siyanse bo muri University of Alberta bafashe igihe cyo kwiga ku ibango rya garama 70 ry’iri buye ripima toni 15. 

Abahanga bizeye kuzasubira kuri iyi meteworite gukora ubundi bushakashatsi

Ahavuye isanamu, Supplied: University of Alberta

Insiguro y'isanamu, Abahanga bizeye kuzasubira kuri iyi meteworite gukora ubundi bushakashatsi

Bivugwa ko iyi meteworite ari ibuye rya cyenda rinini ryageze kuri iyi si kandi rigizwe n’ubutare bwa iron na nickel kuri 90%. 

Izina "elaliite" rigendanye n’agace ryacukuwemo mu karere ka El Ali ka Somalia, naho "elkinstantonite" ni ku nzobere mu by’isanzure ya NASA yitwa Lindy Elkins-Tanton. 

Profeseri Chris Herd ukuriye ibikorwa bya University of Alberta byo kwiga za meteworite ati: “Lindy yakoze akazi gakomeye ku buryo imibumbe iteye, n’uburyo iron na nickel byikora. Rero bifite ishingiro kumwitirira ubutare mu gushima uruhare rwe muri siyanse.” 

Ubundi butare bwa gatatu, ariko butarasobanuka burimo kwigwa n’abashakashatsi b’iriya kaminuza ubu bizeye ko bazongera kubona uko bagera kuri iriya meteworite – atari ukureba gusa ikindi bavumbura, ahubwo n’icyo yakoreshwa kuri iyi si.  

Prof Herd ati: “Buri gihe iyo hari ubutare bw’agaciro bushya bumenyekanye, abahanga muri byo bagira amatsiko menshi kuko bushobora gukoreshwa ibintu byinshi mu bantu.”