Ghana: Uburakari nyuma yuko umunyapolitike ukomeye utavuga rumwe n'ubutegetsi akatiwe gufungwa imyaka 20 kubera ubucukuzi butemewe

Ahavuye isanamu, Chairman Wontumi / Facebook
Ishyaka rya mbere rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Ghana ryarakajwe n’igihano cyo gufungwa imyaka 20 cyakatiwe umwe mu bategetsi bakomeye baryo, kiri kumwe no gukora imirimo y’agahato, nyuma yuko urukiko rumuhamije ibyaha by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko.
Ishyaka NPP ryavuze ko iryo ryakitwa rya mbere ribayeho mu mateka muri urwo rwego rya Bernard Antwi Boasiako, umukuru w’iryo shyaka mu karere ka Ashanti, rishingiye ku mpamvu za politike.
Boasiako, uzwi cyane ku izina rya "Chairman Wontumi", ni we mutegetsi wa mbere wo ku rwego rwo hejuru muri Ghana uhamijwe ibyaha by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko kuva leta itangiye guhashya ubucukuzi nk’ubwo mu mwaka wa 2017.
Uretse gukatirwa icyo gifungo, Boasiako, wari wahakanye ibyo aregwa, yanategetswe kuriha amande arenga 10,000 y’amadolari y’Amerika, ni ukuvuga arenga miliyoni 14 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda.
Yagaragaye aguye mu kantu ubwo ku wa mbere umucamanza yamukatiraga icyo gihano mu rukiko rwo mu murwa mukuru Accra.
Uwo munyapolitike wo mu ishyaka NPP yahamwe no “gutanga ibyemezo byo gucukura amabuye y’agaciro nta ruhushya” no “korohereza igikorwa cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kidafite uruhushya” abinyujije muri kompanyi ye y’ubucukuzi, Akonta Mining.
Ghana ni cyo gihugu cya mbere gicukurwamo zahabu nyinshi muri Afurika ariko igice kinini cy’amazi n’ibidukikije byayo cyahumanyijwe n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko, ibizwi muri icyo gihugu nka "galamsey".
Mu myaka ishize, ubutegetsi bwa Ghana uko bwagiye busimburana bwagerageje guhangana n’icyo kibazo, ndetse bugaba n’ingabo muri icyo gikorwa, ariko nta kintu kinini ibyo byagezeho.
Nyuma yuko Boasiako ahamwe n'icyaha, umunyamabanga mukuru w’ishyaka NPP, Justin Kodua Frimpong, yabwiye abanyamakuru ati:
“Urugamba rwo kurwanya ubucukuzi bunyuranyije n’amategeko ntirushobora kwizerwa igihe gusa rugambirira abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri politike badafitiwe ibimenyetso byuko hari ikibi bakoze.”
Yavuze ko umucamanza yirengagije “ibimenyetso bigaragara” byari kuba byaratumye Boasiako akurwaho icyaha.
Abashinjacyaha bavuga ko uwo munyapolitike wo mu ishyaka NPP yemereye abantu babiri, Henry Okum na Michael Gyedu Ayisi, gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kirombe cya kompanyi Akonta Mining nta ruhushya babifitiye rwa minisitiri w’ubutaka n’umutungo kamere.
Impirimbanyi ziharanira ibungwabungwa ry’ibidukikije zishimiye icyo gifungo yakatiwe ku wa mbere, zivuga ko kizabera isomo abandi banyapolitike n’abacuruzi batanga amafaranga mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.
Izindi nkuru wasoma:






