France: Macron ahatanye mu matora n'umukandida ukomeye ku bya kera

Ahavuye isanamu, Getty Images
- Umwanditsi, Paul Kirby
- Igikorwa, BBC News, Paris
- Yatangajwe
Abatora bo mu Bufaransa berekeje ku biro by'itora kuri iki cyumweru mu cyiciro cya mbere cy'amatora ya perezida gishobora gusaba ko habaho ikindi cyiciro cy'amatora.
Emmanuel Macron ahatanye bikomeye na Marine Le Pen wo mu murongo w'ibitekerezo by'ubuhezanguni mu gukomera ku bya kera, uyu yongerewe imbaraga n'ibikorwa bye byo kwiyamamaza byagenze neza.
Abantu miliyoni 49 ni bo bemerewe gutora bahitamo babiri, mu bakandida 12 bose hamwe, bakwiye kujya mu cyiciro cya kabiri cy'amatora.
Perezida Macron yamaze igihe gito mu bikorwa byo kwiyamamaza, ahubwo yibanda ku buryo Uburayi bwitwaye ku ntambara Uburusiya bwagabye muri Ukraine.
Hari ingingo imwe yagarutsweho cyane kurusha izindi muri aya matora: kuzamuka gukomeye kw'ikiguzi cy'imibereho mu bijyanye no kuriha ibikomoka ku ngufu ndetse no guhaha bisanzwe.
Ubwo yagera ku butegetsi hamwe n'ishyaka rishya mu 2017, Emmanuel Macron yahinduye ibintu ku kuntu Abafaransa bari basanzwe bayoboka amashyaka, ndetse ubu amashyaka abiri akomeye mu gihugu aracyarimo kwiyomora ibikomere yasigiwe icyo gihe.

Ahavuye isanamu, Reuters
Anne Hidalgo, umukandida w'umusosiyalisti, yagowe no kumvwa n'abatora, mu gihe Valérie Pécresse, ukomeye ku bya kera ariko mu buryo bworoheje buri mu rugero, yananiwe kwigarurira abashaka impinduka.
Ubu, guhatana kw'ingenzi kuri Bwana Macron, w'imyaka 44, kurimo kuva kuri Madamu Le Pen, w'imyaka 53, umuhezanguni mu gukomera ku bya kera, no kuri Jean-Luc Mélenchon, w'imyaka 70, umuhezanguni mu gushaka impinduka.
Hari bamwe barimo no guteganya ko Perezida ashobora gutsindwa.
Ikiguzi cy'imibereho
Ubukungu bw'Ubufaransa buhagaze neza, ndetse ikigero cy'abadafite akazi cyaragabanutse kigera kuri 7,4%, ariko abatora ntibumva inyungu yabyo mu mibereho yabo ya buri munsi.
Impamvu ni uko ibiciro birimo kuzamuka ku bintu byose, mu maduka, mu masoko, kuri stasiyo z'ibitoro ndetse no mu kuriha ibikomoka ku ngufu bikoreshwa mu ngo. Imvugo igarukwaho hose muri iki gihugu ni pouvoir d'achat - bishatse kuvuga ubushobozi bw'umuguzi ku isoko agiye guhaha.

Thierry, uba mu nkengero za Paris akaba afite iduka ry'inkweto, avuga ko ibiciro byatumbagiye. Ati: "Ikiguzi cy'inkweto cyazamutseho 20% kugeza kuri 30% kandi imisoro yose na yo yarazamutse".
Ni yo mpamvu benshi mu bakandida barimo gusezeranya kongera umushahara-fatizo (w'ibanze), hamwe na hamwe bagasezeranya kuwongeraho ama-euro abarirwa mu magana. Byitezwe ko uziyongera mu ntangiriro y'ukwezi kwa gatanu ukagera hafi ku ma-euro 1,300 (miliyoni 1 n'ibihumbi 400 mu mafaranga y'u Rwanda) ku kwezi hamaze kuvanwaho ay'umusoro.
Gutora mu mijyi ikomeye nko mu murwa mukuru Paris, Lyon na Marseille, byatangiye kuva saa mbili za mu gitondo (8h) kugeza saa mbili za nijoro (20h) ku isaha yaho, ari na yo yo mu Rwanda no mu Burundi. Ndetse icyiyongera ku rujijo rw'ushobora gutsinda, ni uko iminsi micye mbere y'aya matora, ikusanyabitekerezo ry'ikigo Ipsos ryavuze ko abantu bagera kuri 37% bari batarafata umwanzuro ku mukandida bazatora.
Brice Teinturier, wo mu kigo Ipsos, ati: "Guhatana mu matora ntibirangiye na gato".










